• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

  • Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Umuyobozi wa Autrichia, Sebastian Kurz, ategerejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 06 Dec 2018 POLITIKI

Sebastian Kurz, Umuyobozi wa Autrichia, akaba na chairman wa E.U muri iki gihe, ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Ibi byemejwe kuri uyu wa Gatatu na Ambasaderi mushya w’iki gihugu mu Rwanda, Christian Fellner nyuma yo gushyikiriza Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, impapuro zimuha uburenganzira bwo guhagararira igihugu cye.

Ambasaderi Fellner ati: “Kuwa Gatanu, umuyobozi wanjye wa Guverinoma Sebastian Kurz araza gusura Kigali. Bombi (na Perezida kagame) bazaganira ku gikorwa kigiye kubera Vienna.”

Uyu muyobozi wa Autrichia ukiri muto kuko afite imyaka 32 y’amavuko, kuri ubu niwe chairman w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (E.U). fellner akaba yemeje ko azazana n’itsinda ry’abanyemari, abagize inteko ishinga amategeko n’abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma ya Autrichia.

Aba banyemari bazaba bahagarariye inzego z’ubuvuzi n’ingufu kimwe n’abakora mu bijyanye no gukora ibinyabiziga bigendera ku migozi (Cable Cars), bakazasura ahantu hatandukanye bareba aho bashora imari.

Kuwa 18 Ukuboza biteganyijwe I Vienna muri Autrichia hazateranira inama yo ku rwego rwo hejuru ihuza Afurika n’u Burayi (High-Level Forum Africa-Europe) izayoborwa na Perezida Kagame na mugenzi we wa Autrichia, Sebastian Kurz.

Izateraniramo abayobozi ba leta na za guverinoma, ba minisitiri b’ububanyi n’amahanga, abayobozi b’ibigo n’ibigo bikomeye ku isi n’abandi. Ni inama izaba ifite insanganyamatsiko mu Cyongereza igira iti: “Taking cooperation to the digital age”. Ugenekereje mu Kinyarwanda ni nko kujyana ubufatanye mu bihe bya digital.

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

2016 : Uko Umunyapolitiki Twagiramungu yataye agaciro burundu

Ubwanditsi 02 Jan 2017
Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Ubwanditsi 14 Aug 2025
RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

RDC: Vital Kamerhe, icyegera cya Tshisekedi yanze kwitaba ubushinjacyaha ku inyerezwa ry’umutungo

Ubwanditsi 07 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byose tubikesha Perezida Kagame
UBUKUNGU

Byose tubikesha Perezida Kagame

Ubwanditsi 13 May 2016
U Rwanda ruhakana kongera ingabo zarwo ku mipaka na Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda ruhakana kongera ingabo zarwo ku mipaka na Uganda

Ubwanditsi 05 Mar 2019
Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC
ITOHOZA

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru