• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Editorial 08 Jun 2016 Mu Rwanda

Ku wa mbere tariki ya 6 Kamena 2016, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana yasuye itsinda ry’abapolisi bakorera hamwe (FPU) b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu mujyi wa Jeremie, mu gihugu cya Haiti.

Muri urwo ruzinduko, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yari aherekejwe n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) William Kayitare, Umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikoresho muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) David Butare, n’Umujyanama mu bya gipolisi mu Muryango w’abibumbye, Chief Superintendant of Police (CSP) Boniface Rutikanga.

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yashimye iri tsinda ry’abapolisi b’u Rwanda uko batunganya neza akazi kabo nk’uko babisabwa n’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kubungabunga amahoro muri Haiti (MINUSTAH), abasaba gukomeza kurangwa n’indangagaciro za Kinyarwanda, gukomeza kurangwa n’ubunyamwuga no gukora akazi kabo neza kugira ngo buzuze inshingano bahawe.

Yabasabye gukomeza kuba ba ambasaderi beza b’urwababyaye, kugira ngo ibendera ry’igihugu cyabo rikomeze kuzamurwa ku rwego mpuzamahanga.

Polisi y’u Rwanda imaze imyaka 6 ibungabunga amahoro muri Haiti, kugeza ubu ikaba ifiteyo itsinda ry’abapolisi bakorera hamwe (FPU) bagera ku 160, n’abandi 26 bakora mu bijyanye n’ubujyanama bazwi nka Individual Police Officers (IPOs) bo bakaba bari mu bice bitandukanye by’iki gihugu.

Iri tsinda ry’abapolisi 160 b’u Rwanda rikaba ari rimwe mu matsinda 12 y’abapolisi baturuka mu bihugu 6 bitandukanye by’isi byagiye kubungabunga amahoro muri Haiti aribyo:Senegal, Bangladesh, Jordan, India, Pakistan na Nepal.

Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu, CP Joseph Mugisha yijeje Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda ko abapolisi ayoboye barangwa n’umuhate ndetse n’ubushake mu gusohoza inshingano zabo muri ubu butumwa bw’amahoro.
Mu gihe cy’iminsi itatu yamaze muri Haiti, Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yagiranye inama n’abayobozi ba MINUSTAH ndetse n’abo mu nzego zitandukanye za Leta.

Baganiriye kandi bungurana ibitekerezo ku ngingo z’ingenzi zirimo ubushake bw’u Rwanda mu kugarura no kubungabunga amahoro muri Haiti.

CGP Emmanuel K. Gasana yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti avuye kwitabira Inama Mpuzamahanga y’abakuru ba Polisi z’ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye, iyo nama ikaba yarabereye ku cyicaro gikuru cyawo i New York. Iyo nama yahuje Abaminisiti n’Abayobozi b’Inzego za Polisi baturuka mu bihugu 142 by’ibinyamuryango byawo ku Isi.

-2896.jpg

CGP Emmanuel K. Gasana yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

RNP

2016-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Editorial 02 Mar 2017
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Editorial 07 Jun 2021
Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Amafoto – Imanizabayo Eric uzwi nka Radio yegukanye isiganwa ry’amagare ryavaga I Kigali ryerekeza mu Karere ka Gicumbi

Editorial 28 Nov 2021
Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo  kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Abanyarwanda barasabwa kuba babucyereye kandi ari benshi mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi

Editorial 12 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane
Amakuru

Gicumbi: Ubukene, ubujiji n’indwara byarindimukanye n’ubutegetsi bubi cyane

Editorial 10 Jul 2024
Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame
INKURU NYAMUKURU

Umuyobozi agira abantu be n’abandi batari abe gute?-Kagame

Editorial 29 Mar 2018
Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa  Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League
IMIKINO

Rayon Sports izakirira Mukura VS muri Sitade Amahoro, umukino wa Kiyovu na Police FC wimuwe – iby’umunsi wa 22 wa Rwanda Premier League

Editorial 27 Mar 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru