• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Umuyobozi yatawe muri yombi akekwaho kwaka ruswa no guhishira abacuruza kanyanga

Editorial 07 Oct 2016 Mu Mahanga

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabagendwa, mu Murenge wa Rilima, ari mu maboko ya Polisi aho akekwaho ibyaha byo guhishira no kwaka ruswa abateka n’abacuruza kanyanga mu kagali ayoboye.

Rwamurego Jean de Dieu yatawe muri yombi n’ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ruswa tariki ya 4 Ukwakira 2016, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata.

Uyu muyobozi ngo yakaga ruswa abacuruza n’abateka kanyanga, bakamwoherereza amafaranga binyuze kuri ‘Mobile money’.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’u Burasirazuba, IP Emmanuel Kayigi, avuga ko gitifu Rwamurego ari mu maboko ya polisi akaba akekwaho guhishira no kwaka ruswa abateka n’abacuruza kanyanga mu kagari ayobora.

Yagize ati “Aracyari mu maboko ya polisi ni byo. Uretse gushyigikira no gufasha abateka ibiyobyabwenge, hari n’uwo yabifatanye arangije amwaka ruswa ya bitanu(amafaranga ibihumbi bitanu) ayamwoherereza kuri ‘mobile money’ na kanyanga arayigumana ntiyatanga amakuru.”

Avuga ku mpamvu ibiyobyabwenge bidacika, IP Kayigi yagize ati “Abantu bagenda bahishirana kubera ko ari abo mu miryango imwe, ikindi ugasanga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bisa naho bitabareba kubera inyungu zitandukanye bashobora kuba babigiramo, ugasanga umuntu bashobora kumuhishira kubera amafaranga babonamo cyangwa se kubera ko banabinywa.”

IP Kayigi yakomeje avuga ko Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kurwanya no gukumira ibiyobyabwenge, kandi ko umuntu wese uzabigaragaramo atazihanganirwa, ahubwo azabihanirwa hakurikijwe amategeko.

Yakomeje agira ati “Inzego zose zarabihagurukiye muri iki gihe, ndetse twashyizeho na gahunda yo kujya dufata ababifatiwemo bakajya kuburanira aho bakoreye ibyaha (terrain) kugira ngo bibere isomo abandi. Iyo uri umuyobozi ntabwo uba waratumwe kugira ngo ujye gukora ibyaha, ahubwo uba waratumwe kuyobora abantu.”

Ingingo ya 595 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko Umuntu wese ufasha undi kubona uburyo bumworoheye bwo gukoresha
ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, amuha aho abikoreshereza cyangwa amubonera ubundi buryo ubwo ari bwo bwose, ahanishwa igifungo kuva ku mwaka umwe (1) kugeza ku myaka itatu (3) n‟ihazabu y‟amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atanu
(500.000) kugeza kuri miliyoni eshanu (5.000.000).

-4291.jpg

IP Emmanuel Kayigi

2016-10-07
Editorial

IZINDI NKURU

Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Editorial 23 Mar 2016
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Editorial 23 Feb 2017
Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Editorial 05 May 2018
Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Umujyi wa Kigali wateguye umuganda udasanzwe

Editorial 13 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%
Mu Mahanga

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Editorial 30 Oct 2017
Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19
POLITIKI

Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’Intebe wa Canada ku ngamba zo guhangana na COVID-19

Editorial 26 Mar 2020
Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!
Amakuru

Tumenye inkomoko y’insigamigani:”yahihibikanye mu bitazamuhira uboshye Himbara wa Byabagamba”!

Editorial 22 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru