• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri X (Twitter), Patrick Rugaba agaragara nk’impirimbanyi yo kurengera “Hutu Power”, aho apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, agasebya Itorero ry’Igihugu, akanibasira ubuyobozi bw’u Rwanda. Uko bigaragara, ibyo akora bifite inkomoko mu murage w’urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside yasizwe na Se umubyara, Sibomana Metusera, umujenosideri ruharwa wahanwe n’inkiko Gacaca.

Tariki ya 12 Kamena 2008, Urukiko Gacaca rwa Murangara B mu Karere ka Karongi rwahamije Sibomana Metusera ibyaha bikomeye bya Jenoside, rumukatira igifungo cy’imyaka 19. Mu byaha yahamijwe harimo kuyobora ibitero byagiye kwica Abatutsi ku bitaro bya Mugonero aho yaririmbaga indirimbo “Tubatsembatsembe”, kwitabira ibitero byo kwica Abatutsi ku Ngoma, Kanyabungo, Gitwa, Murambi, Nyabubare, Muyira na Bisesero, gukoresha grenades mu bwicanyi, gusahura ibintu by’Abatutsi harimo n’iby’ibitaro bya Mugonero, gutwara inka n’ibintu by’abishwe no gusenya amazu yabo.

Mu gitero cyo kuri Ngoma, Sibomana Metusera ni we wabanje gutera grenade mu Banyarwanda b’inzirakarengane mbere y’uko abasirikare bakoresha amasasu. Byose hamwe, Sibomana Metusera yamenyekanye mu bitero simusiga 11 byahitanye Abatutsi batabarika.

Uyu munsi, Patrick Rugaba akoresha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside Se yasize, abihisha inyuma y’amagambo ya demokarasi. Asebeje Itorero ry’Igihugu ryigisha urubyiruko indangagaciro z’umuco nyarwanda n’ubumwe, atuka abarokotse Jenoside akabita abiyitirira Jenoside nyamara bararokotse imihoro n’amasasu ya Se, kandi yibasira abayobozi b’u Rwanda aho kwisuzuma ngo agaruke ibuntu, ahubwo akoresha X mu guharabika no gukwirakwiza urwango.

Patrick Rugaba afatanya n’abandi bahakana Jenoside nka Claude Gatebuke, Diane Shima Rwigara n’abana ba Mbonyumutwa Dominique mu gukomeza umurage mubi wo kurwanya u Rwanda. Urugero rwe rwerekana uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside ishobora kurasirwa mu miryango no gusigasirwa nk’umurage mubi.

U Rwanda rwiyubatse ku bumwe n’ubwiyunge, ibyo abantu nka Rugaba bahora bashaka gusenya. Ni inshingano z’Abanyarwanda bose kumagana abashaka guha isura nshya abajenosideri, no kwigisha urubyiruko ko amateka atagomba kugorekwa cyangwa guhabwa ubundi busobanuro bw’urwango.

2025-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada

RUSHYASHYA 15 Jun 2026
Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Irumbuka ry’ibitego ku munsi wa 25 wa PNL, Rayon Sports, Gasogi United na Musanze FC muzatsinzwe byinshi – Ibyaranze uyu munsi

Ubwanditsi 03 Apr 2023
Uko  ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Uko ibiganiro Perezida Kagame yagiranye na Museveni muri Uganda byagenze [Amafoto]

Ubwanditsi 25 Mar 2018
Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene
Mu Rwanda

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019
Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ubutegetsi muri Uganda burashaka kwigizayo umukuru wa Polisi bwitwaje u Rwanda

Ubwanditsi 12 Dec 2017
Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1
IMIKINO

Liverpool itsinze Arsenal 4-3.Manchester united inyagira Bournemouth 3-1

Ubwanditsi 14 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru