• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri X (Twitter), Patrick Rugaba agaragara nk’impirimbanyi yo kurengera “Hutu Power”, aho apfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, agasebya Itorero ry’Igihugu, akanibasira ubuyobozi bw’u Rwanda. Uko bigaragara, ibyo akora bifite inkomoko mu murage w’urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside yasizwe na Se umubyara, Sibomana Metusera, umujenosideri ruharwa wahanwe n’inkiko Gacaca.

Tariki ya 12 Kamena 2008, Urukiko Gacaca rwa Murangara B mu Karere ka Karongi rwahamije Sibomana Metusera ibyaha bikomeye bya Jenoside, rumukatira igifungo cy’imyaka 19. Mu byaha yahamijwe harimo kuyobora ibitero byagiye kwica Abatutsi ku bitaro bya Mugonero aho yaririmbaga indirimbo “Tubatsembatsembe”, kwitabira ibitero byo kwica Abatutsi ku Ngoma, Kanyabungo, Gitwa, Murambi, Nyabubare, Muyira na Bisesero, gukoresha grenades mu bwicanyi, gusahura ibintu by’Abatutsi harimo n’iby’ibitaro bya Mugonero, gutwara inka n’ibintu by’abishwe no gusenya amazu yabo.

Mu gitero cyo kuri Ngoma, Sibomana Metusera ni we wabanje gutera grenade mu Banyarwanda b’inzirakarengane mbere y’uko abasirikare bakoresha amasasu. Byose hamwe, Sibomana Metusera yamenyekanye mu bitero simusiga 11 byahitanye Abatutsi batabarika.

Uyu munsi, Patrick Rugaba akoresha imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza ingengabitekerezo ya Jenoside Se yasize, abihisha inyuma y’amagambo ya demokarasi. Asebeje Itorero ry’Igihugu ryigisha urubyiruko indangagaciro z’umuco nyarwanda n’ubumwe, atuka abarokotse Jenoside akabita abiyitirira Jenoside nyamara bararokotse imihoro n’amasasu ya Se, kandi yibasira abayobozi b’u Rwanda aho kwisuzuma ngo agaruke ibuntu, ahubwo akoresha X mu guharabika no gukwirakwiza urwango.

Patrick Rugaba afatanya n’abandi bahakana Jenoside nka Claude Gatebuke, Diane Shima Rwigara n’abana ba Mbonyumutwa Dominique mu gukomeza umurage mubi wo kurwanya u Rwanda. Urugero rwe rwerekana uburyo ingengabitekerezo ya Jenoside ishobora kurasirwa mu miryango no gusigasirwa nk’umurage mubi.

U Rwanda rwiyubatse ku bumwe n’ubwiyunge, ibyo abantu nka Rugaba bahora bashaka gusenya. Ni inshingano z’Abanyarwanda bose kumagana abashaka guha isura nshya abajenosideri, no kwigisha urubyiruko ko amateka atagomba kugorekwa cyangwa guhabwa ubundi busobanuro bw’urwango.

2025-08-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Uganda: Abasirikare bakubise umunyamakuru wa Reuters (Video)

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Mu kugaragaza kurenga umurongo, urwego rw’ubutasi rw’igisirikare cya Uganda CMI gushimuta no kwicurubozo umunyarwanda ukorera LONI

Ubwanditsi 06 Jul 2019
Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Jesse Lingard watijwe na Manchester United muri West Ham United ashobora kugaruka yongererwa amasezerano.

Ubwanditsi 27 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye
Mu Rwanda

Umugabo yasabye urukiko gutaburura Amafaranga yashyizwe mu mva y’umugabo wa Zari kubera ko hari Abantu bakennye bayakeneye

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’
IMIKINO

Teta Diana yageze i Dakar aho agiye gususurutsa abazitabira ‘Next Einstein Forum, NEF’

Ubwanditsi 08 Mar 2016
Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana
INKURU NYAMUKURU

Impamvu Uganda yugarijwe n’ubwicanyi butagira gikurikirana

Ubwanditsi 16 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru