• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Editorial 17 Dec 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nyuma yo kwikoma Kenya ngo icumbikiye abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, ku gicamusi cyo kuri uyu wa gatandatu, tariki 16 Ukuboza 2023, Perezida Tshisekedi yatumije igitaraganya Ambasaderi John Nyakeru Kalunga wari uhagarariye Kongo i Nairobi, kuva muri Gicurasi 2022.

Iki ngo ni ikimenyetso cy’uburakari Tshisekedi afitiye mugenzi we wa Kenya, William Ruto, ngo kuko yemeye ko mu gihugu cye habera umuhango wo gushinga” Alliance Congo River/Alliance Fleuve Congo”, ihuriro ry’abashaka kugarura amahoro muri Kongo.

Biratangaje kuba Tshisekedi nawe yinubira abacumbikiye abamurwanya, mu gihe we adacumbikiye gusa abajenosideri ba FDLR, ahubwo anabafasha mu mugambi wabo wo kugaruka kumena amaraso mu Rwanda.

Kuwa gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, nibwo “Alliance Flruve Congo” yatangijwe ku mugaragaro na Cornelle Nangaa, wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri Kongo, mbere y’uko hagati muri uyu mwaka ahungira i Nairobi muri Kenya, kubera impamvu z’umutekano we.

Mbere yo kuva mu gihugu cye, Corneille Nangaa yakomeje gushinja ubutegetsi bwa Tshisekedi ubushobozi buke mu kuyobora Kongo, ndetse anahishura ko habaye ubujura bw’amajwi mu matora yo mu mwaka wa 2018, yashyize Tshisekedi ku butegetsi.

Corneille Nangaa kandi ni umwe mu Banyekongo Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zafatiye ibihano kubera ruswa ikabije, cyane cyane ariko kubera uburiganya bwabaye muri ayo matora.

Kugeza ubu ihuriro “Alliance Fleuve Congo” ryamaze kubona abanyamuryango benshi, barimo umutwe wa M23, amashyaka ya politiki, imiryango ya sosiyete sivile, n’abantu ku giti cyabo.

Umwuka mubi hagati ya Kenya na Kongo umaze igihe ututumba. Kenya niyo yari ikuriye ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kubungabunga unutekano muri Kongo, Perezida Tshisekedi akaza kwirukana izo ngabo, azishinja kubogamira ku mutwe wa M23.

Abakuru b’Ibihugu bigize uwo Muryango basobanuye kenshi ko amasezerano yohereza ingabo muri Kongo-Kinshasa, atateganyaga kurwanya M23, ko ahubwo zari zahawe inshingano zo guhagarara hagati y’impande zihanganye, igisirikari cya Leta n’umutwe wa M23, kugirango ibiganiro by’amahoro bishoboke.
Ibyo gushyikirana Leta ya Kongo yarabyanze, ihitamo inzira y’intambara yifashishije abajenosideri ba FDLR, abacanshuro n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Kuva ingabo za Kongo zakubura imirwano zimaze gutakaza ibirindiro byinshi cyane muri teritwari za Nyiragongo, Masisi na Rutshuru.

Perezida wa Kenya, William Ruto, aherutse kubwira itangazamakuru ko ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zakoze akazi gakomeye muri Kivu y’Amajyaruguru, ngo kuko iyo zitajyayo ibintu byari kurushaho gukomerera ubutegetsi, dore ko zageze muri Kongo abarwanyi ba M23 basigaje ibilometero 6 gusa ngo bigarurire umujyi wa Goma.

Perezida Tshisekedi n’ibyegera bye bo siko babibona, ahubwo bashinja ubugambanyi cyane cyane Kenya yari ikuriye izo ngabo.

2023-12-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Editorial 29 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Editorial 10 May 2016
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Editorial 29 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yahuguye abayobozi b’inzego z’ibanze basaga 8000 ku buryo bakumira ibyaha

Editorial 10 May 2016
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020
Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Uwari Umuyobozi Mukuru wa Nakumatt agiye gukorwaho iperereza kubera ubujura

Editorial 22 Jun 2018
Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Uganda: Ubuzima bwa Gen Kale Kayihura bwaba butifashe neza aho afungiye

Editorial 29 Jun 2018
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru