• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

UNILAK irakora ubushakashatsi ku buryo bwo kurengera ibidukikije no kurushaho kwirinda ibiza.

Editorial 04 Sep 2017 Mu Rwanda

Mu Rwanda hakunze kugaragara ikibazo cy’ibura ry’amazi rya hato na hato cyane cyane mu gihe cy’impeshyi haba mu mijyi ndetse no byaro bitandukanye,ibi kandi bikaba bijyana n’ibiza bikunze gutungurana mu gihe cy’imvura mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda bitewe n’imihindagurikire y’ikirere.

Ni muri urwo rwego kaminuza yigenga ya Kigali UNILAK yashyizeho ikigo cy’ubushakashatsi bukomatanyije ku mutungo kamere n’ibidukikije muri Afrika y’iburasirazuba, iki kigo kikaba gikorera muri UNILAK.

Iki kigo kandi cyashyizweho mu rwego rwo gukora ubushakashatsi ku mihindagurikire y’ikirere hagamijwe kurengera ibidukikije, kurusaho gukumira ibiza ndetse no guhindura sosiyete mu buryo burambye.

Mu cyumweru dushoje I Kigali hateraniye inama mpuzamahanga ku bidukikije n’iterambere, ikaba yari ihuje abashakashatsi n’inzobere mu bijyanye n’ihindagurika ry’ikirere, kubungabunga ibidukikije no gutunganya imyanda. iyi nama kandi yari yitabiriwe n’inzobere mu gukumira ibiza, guteza imbere ingufu ndetse no guteza imbere imijyi n’ibyaro.

Aganira na rushyashya.net Dr. Ngamije Jean, Umuyobizi wa UNILAK, yavuze ko iyi nama yari igamije kurushaho kongera umusingi w’ubumenyi bugamije ahanini guhindura sosiyete mu buryo burambye , yongeraho kandi ko rwari urubuga rw’abashakashatsi batandukanye barimo abiga mu by’imibanire, ubuzima, ubwubatsi ndetse n’abagira uruhare mu ishyirwaho rya za politike zitandukanye kugira ngo bamurike iby’ubushakashatsi bwabo bwagezeho,ndetse banatange ibitekerzo bitadukanye bigamije iterambere n’uko byashyirwa mu bikorwa mu nzego zitandukanye zifitanye isano n’iterambere rirambye by’umwihariko ibidukikije, ubuzima, ubukungu ndetse n’ibibazo bishingiye ku muco muri sosiyete.

-7875.jpg

Dr.Ngamije Jean

Ni inama yari ije ikurikira izindi eshatu zayibanjirije nazo zigaga ku bidukikije n’iterambere, zose zikaba zarategurwaga na UNILAK, ikaba yari ifite insanganyamatsiko igira iti “ Ubushakashatsi bugamije gushyiraho umusingi w’amajyambere arambye”, igitekerezo cyo kuyitegura kikaba cyaraturutse ku bibazo by’ingutu bigaragara mu gihe cya none n’ikizaza ku isi yose mu burambe bwaba ubw’ubuzima bw’umuntu, ibidukikije n’ubukungu.

Ubushakashatsi bwamuritswe bwari bugamije gusangiza abitabiriye iyi nama ibisubizo bifatika bigamije gushyigikira gahunda yo kubaka ibirama.

Ubushakashatsi bugera mu 100 nibwo bwari bwarashyikirijwe UNILAK, ariko hatoranywamo gusa buke bukaba aribwo bwamurkiwe muri iyi nama.

-7876.jpg

Abitabiriye inama


Norbert Nyuzahayo

2017-09-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Editorial 16 May 2024
Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’

Kicukiro: ‘uwashimuse akanica’ uyu mwana na we ngo ‘yiyahuye’

Editorial 22 May 2018
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Editorial 12 Apr 2018
Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya bahuye baganira ku mutekano w’ibihugu byombi

Editorial 05 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki

Editorial 14 Jan 2019
Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi
ITOHOZA

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Editorial 05 Oct 2016
Mugenzi Thabita Gwiza, Kayumba na  Himbara mu mugambi wabo kwa Rwigara
Mu Rwanda

Mugenzi Thabita Gwiza, Kayumba na Himbara mu mugambi wabo kwa Rwigara

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru