• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Urubanza Mbabazi aregamo Perezida Museveni ruratangira uyu munsi

Editorial 07 Mar 2016 Mu Rwanda

Urubanza uwari kandida Perezida mu matora y’ubushize muri Uganda ruratangira I Kampala uyu munsi tariki 7/3/2016.

Uwo mukandida, John Patrick Amama Mbabazi, yatanze ikirego mu rukiko rw’ikirenga arusaba yuko rwasesa ibyavuye mu matora ku mwanya wa Perezida wa Repubulika ngo kuko amatora yakozwe mu buryo bw’uburiganya, ngo na Yoweri Kaguta Museveni akibirwa amajwi !

Urukiko rw’ikirenga rwatumiye abarebwa bose n’urwo rubanza, runabihanabgiriza yuko hatazagira usiba. Abo barimo abahagarariye ubunyamabanga b’ukuru bwa NRM, Museveni yari abereye kandida Perezida, ababuranira Mbabazi kimwe n’ababuranira Perezida Museveni.

Uretse Amama Mbabazi undi mukandida muri ayo matora ya Perezida wa Repubulika, Kiiza Besigye, nawe nyuma y’aho ibyavuye mu matora bitangarijwe yavuze yuko azatanga ikirego ngo urukiko rutangaze yuko Museveni atigeze atsinda amatora, ariko iminsi irindwi iteganywa n’amategeko irangira icyo kirego ataragishyikiriza urukiko.

Nyuma y’amatora ya 2011 Besigye yatwaye ikirego mu rukiko rw’ikirenga avuga yuko Museveni atari yatsindiye umwanya wa Perezida wa Repubulika ngo ahubwo yari yibiwe amajwi. Yasabaga urukiko yuko rutegeka yuko Museveni ari ku mwanya wa Perezida wa Repubulika mu buryo butemewe n’amategeko, bityo amatora agasubirwamo. Urukiko rwaburanishije urwo rubanza Besigye aratsindwa.

-2388.jpg

Mbabazi na Museveni

Nk’uko byatangajwe na komisiyo y’amatora muri Uganda, muri ayo matora y’ubushize Museveni yabonye amajwi 5,971,872 (60.6 %), Besigye abona amajwi 3,508,687 (35.6) naho Mbabazi abona 136, 519 (1.39 %). Abandi bakandida bane bahataniye uwo mwanya ntawigeze amajwi angana na 1 %.

Casmiry Kayumba

2016-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira  gahunda y’Ikingira

Huye: Bamwe mu rubyiruko rwakingiwe Covid-19 barakangurira abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira gahunda y’Ikingira

Editorial 09 Sep 2021
Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Ingabo zikomeje kuvura abaturage indwara zari zarabazahaje

Editorial 05 May 2018
M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

M23 yakozanyijeho na FARDC hicwa umusirikare 1

Editorial 22 Feb 2017
APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

APR BBC yerekeje muri Senegal gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL izabera mu Rwanda

Editorial 30 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Editorial 31 Oct 2019
FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa
IMIKINO

FIFA yahannye uwari perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika y’Epfo ushinjwa kurya ruswa

Editorial 10 Dec 2016
Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero  hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi
Mu Mahanga

Miliyoni zisaga 21 z’Amarundi zaburiwe irengero hakoreshejwe imbaraga z’imyuka mibi

Editorial 21 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru