• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Ubwanditsi 22 Nov 2017 ITOHOZA

Umugabo witwa Bosco Tukamuhabwa washinjwaga gukubita umugore we, Maniriho Nkinamubanzi, mu mezi 7 ashize, kuri ubu arashinjwa icyaha cyo kumwica nyuma y’aho umurambo w’uyu mugore ubonekeye kuwa 10 Ugushyingo yarawuhishe aho babika imyenda mu rugo rwabo ahitwa Providence muri Leta ya Rhode Island muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Igipolisi cya Rhodes Islands kikaba kivuga ko uyu muryango wari uw’Abakongomani b’impunzi, imiryango nka Family Service of Rhode Island ndetse na Dorcas International Institute of Rhode Island  ikaba yahamagariwe gufasha abana ba Nkinamubanzi. Nkinamubanzi ngo akaba yari amaze imyaka 2 ageze muri Amerika nyuma yo kumara imyaka 10 mu nkambi y’impunzi muri Uganda.

Bosco Tukamuhabwa w’imyaka 46 yari yarekuwe muri gereza atanze ingurane atemerewe kugira uwo babonana kuva muri Mata, ubwo igipolisi cyasangaga Maniriho Nkinamubanzi w’imyaka 44 arimo kuririra mu gikoni cye aho bari batuye kuri 79 Ontarion St.

Umukobwa wabo w’imyaka 20 ari nawe mukuru mu bana bane b’uyu muryango, niwe wasobanuriraga mu giswahili nyina abwira igipolisi uko umugabo we yamennye ibyo kurya ndetse akamusunika akitura hasi akamuhondagura kugeza amuciye mu myanya y’intoki.

Iyi nkuru dukesha Chicagotribune.com irakomeza ivuga ko, umunsi wakurikiyeho igipolisi cyataye muri yombi Tukamuhabwa ariko akaza kurekurwa atanze ingurane mu gihe yari ategereje ko aburanishwa. Icyo gihe akaba Atari yemerewe kwegera umugore we.

Nyuma rero, uyu mugore Nkinamubanzi yaje kuburirwa irengero kuwa kane, itariki 07 Ugushyingo, abana be bahamagara igipolisi barabikimenyesha maze gitangira gushakisha mu nzu no hafi aho kiramubura.

Nyuma y’amasaha abiri y’ishakisha, abana b’uyu mugore baje gusanga umurambo we afite ibikomere ku mutwe mu kabati kabikwamo imyenda mu cyumba yararagamo nk’uko byemezwa na raporo ya polisi.

Police make arrest in killing of Providence mother

Ntibyatinze igipolisi kiza gusanga tukamuhabwa arimo kwinjira mu modoka ye kuri Hanover Street, aho ngo yagaragaye yasinze akabanza kujyanwa ku Bitaro bya Rhodes Island kugirango babanze bamuvomemo izo nzoga.

Kuwa Gatatu, 15 Ugushyingo, Maj. David Lapatin yatangaje ko abapolisi bashinzwe iperereza bashinja Tukamuhabwa icyaha cy’ubwicanyi, aho yagombaga kugezwa imbere y’urukiko rw’akarere bukeye bwaho.

Source : Bwiza

2017-11-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Umukobwa wigaga mu cyaho ari KIE bamusanze mu nzu yabagamo yimanitse mu mugozi

Ubwanditsi 12 May 2017
Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Perezida wa Koreya ya Ruguru yiyemeje kunganya ingufu za gisirikare n’iza Amerika

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Kayonza Abayobozi b’ibigo by’amashuri 2 bamaze guhunga igihugu kubera Bank Lamberi

Ubwanditsi 08 Mar 2019
Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Uganda: Hari byinshi leta ya Museveni igomba gusobanurira abaturage bayo kurusha gukwirakwiza ibihuha ku buzima bw’abayobozi mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017
Amakuru

Amafoto – Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid yasezeranye na Elsa Iradukunda wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017

Ubwanditsi 02 Mar 2023
Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana
Mu Rwanda

Pasiteri Kamanzi wari umuhuzabikorwa wa Rwanda Shima Imana yitabye Imana

Ubwanditsi 30 Jul 2018
Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yaburijemo ubujura bwa Banki, bane babifatiwemo

Ubwanditsi 08 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru