• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

  • Perezida Tshisekedi ahanganye n’ihuriro rikomeye: Katumbi na AFC/M23 bashyigikiye igaruka rya Kabila   |   26 May 2025

  • Burundi: Bombori bombori hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’Intebe Ndirakobuca   |   26 May 2025

  • Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu   |   25 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside
Lieutenant-colonel Guillaume Ancel

Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Editorial 16 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Lieutenant-colonel Guillaume Ancel wahoze ari umusirikare w’umufaransa uyu munsi arasohora igirabo yise « Rwanda, la fin du silence ». Aho avuga kuri ‘Opération Turquoise’ y’ingabo z’Ubufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. yatangaje ko ibikorwa bakoraga atari ibyo gutabara abantu nk’icyabazanye ahubwo byari ibigamije gusubizaho Guverinoma yakoraga Jenoside. Imyaka 24 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi Leta y’Ubufaransa ntiyemeye uruhare iregwa kugira mu byabaye mu Rwanda, uwari Perezida Nicolas Sarkozy ubwo yasuraga u Rwanda muri Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaga mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa kuva icyo gihe uhoramo igitotsi kuko Leta y’u Rwanda inashinja iy’Ubufaransa gucumbikira benshi mu bashinjwa uruhare muri Jenoside no kugenda biguru ntege mu kubaburanisha.

Uyu mugabo wavuye mu ngabo z’ubufaransa mu 2005 afite ipeti rya Lieutenant-colonel yaganiriye n’ikinyamakuru JeuneAfrique mbere gato y’uko iki gitabo gisohoka avuga igitabo cye ari icyo “kunenga Abafaransa aho kubabeshya ku ntego ya Operation yakozwe mu izina ryabo.”

Kandi ati “Ntibinakwiye guceceka, imbere ya miliyoni yazize Jenoside, uruhare Ubufaransa rwabigizemo. Guceceka uko kuri ni ukwemera ko amahano nk’ariya ashobora gusubira.”

Guillaume mu ngabo yari inzobere mu inzobere mu kurashisha indege z’intambara. Yazanywe mu Rwanda kuko bakoresheje bene izi ndege. Nyuma yanajyanywe mu butumwa nk’ubu mu cyahoze ari Yougoslavie. Nyuma yo kuva mu ngabo akajya muri ‘business’ yagiye yandika kuri ubu butumwa yakozemo nk’umusirikare.

Nta kuri kwari muri Opération Turquoise

Yabwiye Jeune Africa ko nk’uko byanditse mu gitabo cye, amabwiriza yahawe agiye kujya muri Opération Turquoise atandukanye n’ukuri kwakorwaga aho bayikoreye {mu Rwanda}.  

Ati “Mu kuri yari operation y’intambara yariigamije gusubizaho Guverinoma y’u Rwanda yari mu kaga. Iyo wohereje indege z’intambara n’ingabo z’intoranywa za unite ya ‘Force d’action rapide’ ni gacye cyane baba bagiye muri ‘mission’ yo gutabara abantu.”

Ingabo za Leta ngo ntizanahishaga ko ziri kwica abantu

Avuga ko icyo yabonye kibabaje ari ukubona ingabo za Leta (FAR), Abajandarume n’imitwe yitwaje intwaro- batarihishiraga n’isegonda na rimwe ko bari kwica abantu. Ati “Nibyo birindaga kubicira mu maso yacu ariko nta na rimwe bahakanaga ko bari kurimbura Abatutsi.”

Guillaume avuga ko  ingabo z’Ubufaransa icyo zakoze ari ukurinda Guverinoma yariho nibura ikabasha guhunga ingabo za FPR ziyobowe na Paul Kagame zariho zihuta cyane.

Ati “Mu matariki ya mbere ya Nyakanga 1994 mu nkambi yabo muri Zaïre, niboneye ubwanjye Ubufaransa bwoherereza intwaro izi ngabo za Leta {yatsinzwe} mu gihe twari tuzi neza tudashidikanya ko iyi Leta yakoze Jenoside.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bari muri Operation mu Rwanda, kimwe na we, yabonaga muri bagenzi be kwishisha ibyo bajemo, ariko ngo mu gisirikare iyo ubangamiwe n’ikintu runaka wirinda kukivugaho.

Ati “Urugero nanditse uburyo naganiriye n’umusirikare wacu wari umujyanama mu bya gisirikare wa Guverinoma (y‘u Rwanda). Mubajije niba atabona ko hari ibimenyetso bitegura Jenoside ahita aruca ararumira. Nahise numva ko iyi atari ingingo yo kuganira. Kuva Opération Turquoise yatangira byaragaragaraga ko hari ikintu gikomeye cyo guhakana ukuri.”

Guillaume yemeza ko no mu bikorwa harimo urujijo mu ngabo z’Abafaransa kuko byitwaga ko baje kurengera abaturage bari mu kaga ariko mu butumwa buhishe bwo gufasha kugera ku ndunduro Guverinoma yakoraga Jenoside.

Yashatse gutanga ubuhamya mu 1998 arabuzwa     

Guillaume yavuze ko no mu cyahoze ari Yougoslavie naho yagiye mu butumwa bwo kurinda abaturage kwicwa ariko uwari abayoboye akababuza kubuza abishi kwica maze bakareberera ubwicanyi bwabereye i Srebrenica.

Mu bo bari kumwe muri Yougoslavia harimo n’abo bari barajyanye mu Rwanda, n’ubu ngo baracyumva umujinya; wo kwemera mu izina ry’Ubufaransa, gukora akazi katari ko.

Yavuze ko mu 1998 yemeye gutanga ubuhamya imbere y’Inteko y’Ubufaransa kubyo yabonye muri Operation Turquoise, Minisiteri y’ingabo inyoherereza intumwa integeka guceceka. Imubwira ko atari we ugomba gufata umwanzuro wo gutanga ubuhamya .

Ati “Bambwiye mu by’ukuri ko ingabo z’Ubufaransa zitagomba guhamya ukuri imbere y’igihugu.”

 

2018-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Editorial 05 Dec 2019
Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Editorial 20 Nov 2018
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Ngo urusha nyina w’umwana imbabazi ….Umunyamakuru Asuman Bisiika wa Daily Monitor akwiye kwisuzumisha ikibazo afite mu mutwe, aho kwitwaza Nyakwigendera Joy Agaba

Editorial 05 Dec 2019
Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Maj. Gen. Muganga yasimbuye Gen Ibingira nk’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara

Editorial 20 Nov 2018
RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

RNC- Uganda : Deo Nyirigira na Christophe Busigo mu mazi abira nyuma yo guheka impyisi

Editorial 09 Apr 2020
Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Burundi: Byinshi ku butegetsi bw’igitugu buri mu marembera  bwa Petero Nkurunziza bushimuta abantu umunsi ku wundi  

Editorial 12 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru