• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside
Lieutenant-colonel Guillaume Ancel

Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Editorial 16 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Lieutenant-colonel Guillaume Ancel wahoze ari umusirikare w’umufaransa uyu munsi arasohora igirabo yise « Rwanda, la fin du silence ». Aho avuga kuri ‘Opération Turquoise’ y’ingabo z’Ubufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. yatangaje ko ibikorwa bakoraga atari ibyo gutabara abantu nk’icyabazanye ahubwo byari ibigamije gusubizaho Guverinoma yakoraga Jenoside. Imyaka 24 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi Leta y’Ubufaransa ntiyemeye uruhare iregwa kugira mu byabaye mu Rwanda, uwari Perezida Nicolas Sarkozy ubwo yasuraga u Rwanda muri Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaga mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa kuva icyo gihe uhoramo igitotsi kuko Leta y’u Rwanda inashinja iy’Ubufaransa gucumbikira benshi mu bashinjwa uruhare muri Jenoside no kugenda biguru ntege mu kubaburanisha.

Uyu mugabo wavuye mu ngabo z’ubufaransa mu 2005 afite ipeti rya Lieutenant-colonel yaganiriye n’ikinyamakuru JeuneAfrique mbere gato y’uko iki gitabo gisohoka avuga igitabo cye ari icyo “kunenga Abafaransa aho kubabeshya ku ntego ya Operation yakozwe mu izina ryabo.”

Kandi ati “Ntibinakwiye guceceka, imbere ya miliyoni yazize Jenoside, uruhare Ubufaransa rwabigizemo. Guceceka uko kuri ni ukwemera ko amahano nk’ariya ashobora gusubira.”

Guillaume mu ngabo yari inzobere mu inzobere mu kurashisha indege z’intambara. Yazanywe mu Rwanda kuko bakoresheje bene izi ndege. Nyuma yanajyanywe mu butumwa nk’ubu mu cyahoze ari Yougoslavie. Nyuma yo kuva mu ngabo akajya muri ‘business’ yagiye yandika kuri ubu butumwa yakozemo nk’umusirikare.

Nta kuri kwari muri Opération Turquoise

Yabwiye Jeune Africa ko nk’uko byanditse mu gitabo cye, amabwiriza yahawe agiye kujya muri Opération Turquoise atandukanye n’ukuri kwakorwaga aho bayikoreye {mu Rwanda}.  

Ati “Mu kuri yari operation y’intambara yariigamije gusubizaho Guverinoma y’u Rwanda yari mu kaga. Iyo wohereje indege z’intambara n’ingabo z’intoranywa za unite ya ‘Force d’action rapide’ ni gacye cyane baba bagiye muri ‘mission’ yo gutabara abantu.”

Ingabo za Leta ngo ntizanahishaga ko ziri kwica abantu

Avuga ko icyo yabonye kibabaje ari ukubona ingabo za Leta (FAR), Abajandarume n’imitwe yitwaje intwaro- batarihishiraga n’isegonda na rimwe ko bari kwica abantu. Ati “Nibyo birindaga kubicira mu maso yacu ariko nta na rimwe bahakanaga ko bari kurimbura Abatutsi.”

Guillaume avuga ko  ingabo z’Ubufaransa icyo zakoze ari ukurinda Guverinoma yariho nibura ikabasha guhunga ingabo za FPR ziyobowe na Paul Kagame zariho zihuta cyane.

Ati “Mu matariki ya mbere ya Nyakanga 1994 mu nkambi yabo muri Zaïre, niboneye ubwanjye Ubufaransa bwoherereza intwaro izi ngabo za Leta {yatsinzwe} mu gihe twari tuzi neza tudashidikanya ko iyi Leta yakoze Jenoside.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bari muri Operation mu Rwanda, kimwe na we, yabonaga muri bagenzi be kwishisha ibyo bajemo, ariko ngo mu gisirikare iyo ubangamiwe n’ikintu runaka wirinda kukivugaho.

Ati “Urugero nanditse uburyo naganiriye n’umusirikare wacu wari umujyanama mu bya gisirikare wa Guverinoma (y‘u Rwanda). Mubajije niba atabona ko hari ibimenyetso bitegura Jenoside ahita aruca ararumira. Nahise numva ko iyi atari ingingo yo kuganira. Kuva Opération Turquoise yatangira byaragaragaraga ko hari ikintu gikomeye cyo guhakana ukuri.”

Guillaume yemeza ko no mu bikorwa harimo urujijo mu ngabo z’Abafaransa kuko byitwaga ko baje kurengera abaturage bari mu kaga ariko mu butumwa buhishe bwo gufasha kugera ku ndunduro Guverinoma yakoraga Jenoside.

Yashatse gutanga ubuhamya mu 1998 arabuzwa     

Guillaume yavuze ko no mu cyahoze ari Yougoslavie naho yagiye mu butumwa bwo kurinda abaturage kwicwa ariko uwari abayoboye akababuza kubuza abishi kwica maze bakareberera ubwicanyi bwabereye i Srebrenica.

Mu bo bari kumwe muri Yougoslavia harimo n’abo bari barajyanye mu Rwanda, n’ubu ngo baracyumva umujinya; wo kwemera mu izina ry’Ubufaransa, gukora akazi katari ko.

Yavuze ko mu 1998 yemeye gutanga ubuhamya imbere y’Inteko y’Ubufaransa kubyo yabonye muri Operation Turquoise, Minisiteri y’ingabo inyoherereza intumwa integeka guceceka. Imubwira ko atari we ugomba gufata umwanzuro wo gutanga ubuhamya .

Ati “Bambwiye mu by’ukuri ko ingabo z’Ubufaransa zitagomba guhamya ukuri imbere y’igihugu.”

 

2018-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Administrator 16 Oct 2025
Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Editorial 16 May 2018
Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Editorial 24 May 2024
Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda hafi y’umupaka n’u Rwanda

Editorial 08 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi
ITOHOZA

Hari abakoze Jenoside bari mu Gihugu biyita Abapagasi

Editorial 14 Jan 2017
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports
Amakuru

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Editorial 19 Mar 2022
Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco
Mu Mahanga

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Editorial 03 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru