• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

  • Umujyi wa Kigali wahagaritse inkunga ya Miliyoni 250FRW yahaga amakipe ya Kiyovu Sports na Gasogi United   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside
Lieutenant-colonel Guillaume Ancel

Uwahoze mungabo z’Ubufaransa yamennye ibanga ry’Ingabo zabo n’Uruhare bagize muri Jenoside

Ubwanditsi 16 Mar 2018 INKURU NYAMUKURU

Lieutenant-colonel Guillaume Ancel wahoze ari umusirikare w’umufaransa uyu munsi arasohora igirabo yise « Rwanda, la fin du silence ». Aho avuga kuri ‘Opération Turquoise’ y’ingabo z’Ubufaransa mu Rwanda mu gihe cya Jenoside. yatangaje ko ibikorwa bakoraga atari ibyo gutabara abantu nk’icyabazanye ahubwo byari ibigamije gusubizaho Guverinoma yakoraga Jenoside. Imyaka 24 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi Leta y’Ubufaransa ntiyemeye uruhare iregwa kugira mu byabaye mu Rwanda, uwari Perezida Nicolas Sarkozy ubwo yasuraga u Rwanda muri Gashyantare 2010 yemeye ko igihugu cye cyakoze amakosa mu gufata imyanzuro ku byabaga mu Rwanda.

Umubano w’u Rwanda n’Ubufaransa kuva icyo gihe uhoramo igitotsi kuko Leta y’u Rwanda inashinja iy’Ubufaransa gucumbikira benshi mu bashinjwa uruhare muri Jenoside no kugenda biguru ntege mu kubaburanisha.

Uyu mugabo wavuye mu ngabo z’ubufaransa mu 2005 afite ipeti rya Lieutenant-colonel yaganiriye n’ikinyamakuru JeuneAfrique mbere gato y’uko iki gitabo gisohoka avuga igitabo cye ari icyo “kunenga Abafaransa aho kubabeshya ku ntego ya Operation yakozwe mu izina ryabo.”

Kandi ati “Ntibinakwiye guceceka, imbere ya miliyoni yazize Jenoside, uruhare Ubufaransa rwabigizemo. Guceceka uko kuri ni ukwemera ko amahano nk’ariya ashobora gusubira.”

Guillaume mu ngabo yari inzobere mu inzobere mu kurashisha indege z’intambara. Yazanywe mu Rwanda kuko bakoresheje bene izi ndege. Nyuma yanajyanywe mu butumwa nk’ubu mu cyahoze ari Yougoslavie. Nyuma yo kuva mu ngabo akajya muri ‘business’ yagiye yandika kuri ubu butumwa yakozemo nk’umusirikare.

Nta kuri kwari muri Opération Turquoise

Yabwiye Jeune Africa ko nk’uko byanditse mu gitabo cye, amabwiriza yahawe agiye kujya muri Opération Turquoise atandukanye n’ukuri kwakorwaga aho bayikoreye {mu Rwanda}.  

Ati “Mu kuri yari operation y’intambara yariigamije gusubizaho Guverinoma y’u Rwanda yari mu kaga. Iyo wohereje indege z’intambara n’ingabo z’intoranywa za unite ya ‘Force d’action rapide’ ni gacye cyane baba bagiye muri ‘mission’ yo gutabara abantu.”

Ingabo za Leta ngo ntizanahishaga ko ziri kwica abantu

Avuga ko icyo yabonye kibabaje ari ukubona ingabo za Leta (FAR), Abajandarume n’imitwe yitwaje intwaro- batarihishiraga n’isegonda na rimwe ko bari kwica abantu. Ati “Nibyo birindaga kubicira mu maso yacu ariko nta na rimwe bahakanaga ko bari kurimbura Abatutsi.”

Guillaume avuga ko  ingabo z’Ubufaransa icyo zakoze ari ukurinda Guverinoma yariho nibura ikabasha guhunga ingabo za FPR ziyobowe na Paul Kagame zariho zihuta cyane.

Ati “Mu matariki ya mbere ya Nyakanga 1994 mu nkambi yabo muri Zaïre, niboneye ubwanjye Ubufaransa bwoherereza intwaro izi ngabo za Leta {yatsinzwe} mu gihe twari tuzi neza tudashidikanya ko iyi Leta yakoze Jenoside.”

Uyu musirikare avuga ko ubwo bari muri Operation mu Rwanda, kimwe na we, yabonaga muri bagenzi be kwishisha ibyo bajemo, ariko ngo mu gisirikare iyo ubangamiwe n’ikintu runaka wirinda kukivugaho.

Ati “Urugero nanditse uburyo naganiriye n’umusirikare wacu wari umujyanama mu bya gisirikare wa Guverinoma (y‘u Rwanda). Mubajije niba atabona ko hari ibimenyetso bitegura Jenoside ahita aruca ararumira. Nahise numva ko iyi atari ingingo yo kuganira. Kuva Opération Turquoise yatangira byaragaragaraga ko hari ikintu gikomeye cyo guhakana ukuri.”

Guillaume yemeza ko no mu bikorwa harimo urujijo mu ngabo z’Abafaransa kuko byitwaga ko baje kurengera abaturage bari mu kaga ariko mu butumwa buhishe bwo gufasha kugera ku ndunduro Guverinoma yakoraga Jenoside.

Yashatse gutanga ubuhamya mu 1998 arabuzwa     

Guillaume yavuze ko no mu cyahoze ari Yougoslavie naho yagiye mu butumwa bwo kurinda abaturage kwicwa ariko uwari abayoboye akababuza kubuza abishi kwica maze bakareberera ubwicanyi bwabereye i Srebrenica.

Mu bo bari kumwe muri Yougoslavia harimo n’abo bari barajyanye mu Rwanda, n’ubu ngo baracyumva umujinya; wo kwemera mu izina ry’Ubufaransa, gukora akazi katari ko.

Yavuze ko mu 1998 yemeye gutanga ubuhamya imbere y’Inteko y’Ubufaransa kubyo yabonye muri Operation Turquoise, Minisiteri y’ingabo inyoherereza intumwa integeka guceceka. Imubwira ko atari we ugomba gufata umwanzuro wo gutanga ubuhamya .

Ati “Bambwiye mu by’ukuri ko ingabo z’Ubufaransa zitagomba guhamya ukuri imbere y’igihugu.”

 

2018-03-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Byakomeye muri CNRD/FLN, Col Bazambanza yafashwe mpiri naho uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru Mukiza David yicwa n’umutima kubera igitutu cya FARDC

Ubwanditsi 28 Nov 2020
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Ubwanditsi 08 Sep 2025
Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ishimwe kuri Rurangirwa, umwe mu batabawe na Perezida Kagame mu mvururu zo mu Misiri mu 2011

Ubwanditsi 06 Aug 2018
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi
Mu Mahanga

Abarwanyi ba M23 baherutse guhungira mu Rwanda bimuriwe i Karongi

Ubwanditsi 02 Feb 2017
Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019
HIRYA NO HINO

Abangavu b’u Rwanda n’aba Uganda bazahagararira Zone V muri Afrobasket 2019

Ubwanditsi 17 Jun 2019
INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA  IREMBO
Mu Mahanga

INZEGO ZIBANZE KU ISONGA MUGUHINDURA IMITANGIRE YA SERIVISI HIFASHISHIJWE URUBUGA IREMBO

Ubwanditsi 09 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru