• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Ubwanditsi 03 Sep 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda n’inshuti zabo bazitabira umunsi ngarukamwaka wa Rwanda Day uzabera muri i San Francisco muri California, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku itariki ya 24 Nzeri 2016.

Uyu mwaka, Rwanda Day yahawe izina ryihariye yitwa Rwanda Cultural Day hagamijwe ahanini kurushaho kwita ku muco.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Agaciro: Umurange wo kwiyubaha’, nk’uko bigaragara ku rubuga rwayo rwa http://rwandaday.org/2016/

Biteganijwe ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari we uzaba umushyitsi mukuru muri ibi birori nk’uko bisanzwe.

Binyuze mu bikorwa bitandukanye bizaba kuri uyu munsi, Abanyarwanda bazibutswa uburyo umuco ari inkingi ya mwamba mu kubaka igihugu nk’insanganyamatsiko yihariye yahawe uyu mwaka.

Iyi Rwanda Day y’uyu mwaka izaba ari umwanya mwiza wo kugaragaza uburyo umuco nyarwanda ari isoko ya byinshi.

Hazishimirwa ubwiza n’umwimerere by’umuco nyarwanda n’akamaro kawo mu guhindura u Rwanda rukaba igihugu cya mbere gifite iterambere ry’ubukungu ryihuse muri Afurika.

Abanyarwanda n’abashyitsi bazitabira uyu munsi bazagaragarizwa indangagaciro nyarwanda zirimo ubumwe n’ubwiyunge. Hazaganirwa uko u Rwanda rwabashije kwishakira ibisubizo rugendeye ku muco gakondo n’uko ibi byabaye imwe mu nkingi zifasha igihugu gukemura ibibazo.

Hazagaragazwa kandi uko umuco wafashije Abanyarwanda guhangana n’imbogamizi ruhura nazo mu butabera n’ubwiyunge, uko umuco wafasha mu kugabanya ubukene no kwimakaza imiyoborere inoze.

-3946.jpg

Perezida Paul Kagame

-3948.jpg

-3947.jpg

Rwanda Day ya mbere yabereye i Bruxelles mu Bubiligi ku itariki ya 4 Ukuboza 2010.

Izindi Rwanda Day zabereye i London, Boston, Paris, Toronto, Chicago, Atlanta, Dallas Netherlands na Texas.

Kuva Rwanda Day yatangira mu mwaka wa 2011 imaze kwitabirwa n’abantu basaga 35,000.

Iyi RwandaDay izitabirwa n’Abanyarwanda, inshuti zabo, abayobozi bakuru bo mu nzego za Leta n’abikorera.

Source : Izuba rirashe

2016-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Kangwagye na Bahame bahoze ari abameya bahawe imyanya muri Guverinoma

Ubwanditsi 02 May 2016
Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Perezida Kagame yashimiye Donald John Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Perezida Kagame yashimiye Donald John Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Ubwanditsi 09 Nov 2016
Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Uhishira umurozi akakumara ku rubyaro, Umugome Emmanuel ABAYISENGA yasabiwe kwirukanwa mu Bufaransa ntibyahabwa agaciro, none abituye kwica umupadiri wamukingiye ikibaba

Ubwanditsi 10 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United
IMIKINO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Ese ibyo  DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora
ITOHOZA

Ese ibyo DONALD TRUMP yavuze yiyamamaza azabikora

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda
Amakuru

Abajenosideri isi ikomeje kubabana ntoya, Urukiko rw’Ikirenga muri Suwede rwategetse ko ruharwa Jean Paul Micomyiza yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru