• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Rwanda Day y’uyu mwaka yahawe umwihariko wo kuganira ku muco

Ubwanditsi 03 Sep 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda n’inshuti zabo bazitabira umunsi ngarukamwaka wa Rwanda Day uzabera muri i San Francisco muri California, muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ku itariki ya 24 Nzeri 2016.

Uyu mwaka, Rwanda Day yahawe izina ryihariye yitwa Rwanda Cultural Day hagamijwe ahanini kurushaho kwita ku muco.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti ‘Agaciro: Umurange wo kwiyubaha’, nk’uko bigaragara ku rubuga rwayo rwa http://rwandaday.org/2016/

Biteganijwe ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari we uzaba umushyitsi mukuru muri ibi birori nk’uko bisanzwe.

Binyuze mu bikorwa bitandukanye bizaba kuri uyu munsi, Abanyarwanda bazibutswa uburyo umuco ari inkingi ya mwamba mu kubaka igihugu nk’insanganyamatsiko yihariye yahawe uyu mwaka.

Iyi Rwanda Day y’uyu mwaka izaba ari umwanya mwiza wo kugaragaza uburyo umuco nyarwanda ari isoko ya byinshi.

Hazishimirwa ubwiza n’umwimerere by’umuco nyarwanda n’akamaro kawo mu guhindura u Rwanda rukaba igihugu cya mbere gifite iterambere ry’ubukungu ryihuse muri Afurika.

Abanyarwanda n’abashyitsi bazitabira uyu munsi bazagaragarizwa indangagaciro nyarwanda zirimo ubumwe n’ubwiyunge. Hazaganirwa uko u Rwanda rwabashije kwishakira ibisubizo rugendeye ku muco gakondo n’uko ibi byabaye imwe mu nkingi zifasha igihugu gukemura ibibazo.

Hazagaragazwa kandi uko umuco wafashije Abanyarwanda guhangana n’imbogamizi ruhura nazo mu butabera n’ubwiyunge, uko umuco wafasha mu kugabanya ubukene no kwimakaza imiyoborere inoze.

-3946.jpg

Perezida Paul Kagame

-3948.jpg

-3947.jpg

Rwanda Day ya mbere yabereye i Bruxelles mu Bubiligi ku itariki ya 4 Ukuboza 2010.

Izindi Rwanda Day zabereye i London, Boston, Paris, Toronto, Chicago, Atlanta, Dallas Netherlands na Texas.

Kuva Rwanda Day yatangira mu mwaka wa 2011 imaze kwitabirwa n’abantu basaga 35,000.

Iyi RwandaDay izitabirwa n’Abanyarwanda, inshuti zabo, abayobozi bakuru bo mu nzego za Leta n’abikorera.

Source : Izuba rirashe

2016-09-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Kirehe: Polisi yafunze abantu bakekwaho ubujura bw’inka

Ubwanditsi 21 Jun 2016
CNLG  aravuga ko Amerika ari intangarugero  igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Ubwanditsi 29 Sep 2016
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024
Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Ubwanditsi 06 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda
POLITIKI

Museveni yameje ko Bobi Wine ari umwanzi wa Uganda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuzeko nta ngabo z’u Rwanda zibarizwa ku butaka bwa Kongo

Ubwanditsi 28 Apr 2020
U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi
Mu Mahanga

U Rwanda rwamaganye ibyo kugaba igitero mu Burundi

Ubwanditsi 07 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru