• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Uyoboye imishyikirano mu Burundi avugwaho kugemurira Intwaro umutwe wa FDLR

Editorial 27 Jan 2017 ITOHOZA

Brig Gen Francis Ndoluwa ukomoka muri Tanzania uyoboye imishyikirano mu Burundi, yagaragaye mu cyegeranyo cy’umuryango wa bibumbye ashinjwa kugemurira intwaro FDLR.

Brig Gen Ndoluwa ari mu itsinda rya Benjamin Wlliam Mkapa wayoboye Tanzania kuva mu 1995 kugera mu 2005. Yahawe akazi ko guhuza Abarundi bari mu biganiro mu rwego rwo kugarura amahoro mu Burundi.

Abarundi badashyigikiye ubutegetsi bw’u Burundi bagaragaje ko Brig Gen Ndoluwa atari umuntu wahuza Abarundi, kuko yagaragaye mu cyegeranyo cyakozwe n’impuguke z’umuryango w’Abibumbye mu 2009 ko afite imikoranire ya hafi n’ishyaka riri ku butegetsi ndetse no gukorana n’abagemurira intwaro umutwe wa FDLR.

Brig Gen Ndoluwa wahagarariye Tanzania mu Burundi mu 2009, impuguke z’umuryango w’ Abibumbye zisanga afite imikoranire ya hafi n’abagemurira intwaro umutwe wa FDLR bazikura muri Tanzania bakazinyuza mu kiyaga cya Tanganyika bakazisangisha abarwanyi ba FDLR ahitwa Uvira na Fizi.

Muri iki cyegeranyo hagaragazwa Umunye-Congo witwa Bande Ndangundi wari utuye Dar es Salaam muri Tanzania wakoreraga cyane mu Burundi mu 2009, ayobora ibikorwa byo gushyikiriza FDLR ibikoresho bya Gisirikare.

Muri iki cyegeranyo kandi hagaragaramo ko Ndangundi uvuka muri Uvira ahitwa Sange yari amaze imyaka 30 aba Dar es Salaam, aho yanagize uruhare mu bikorwa byo gukorana na FDLR n’umutwe wa FNL na Mai Mai byakoreraga muri Congo.

Bamwe mu bantu icyegeranyo kigaragaza bakoranaga na Ndangundi mu buryo bwihuse barimo Lt Col Felicien Nsanzubukire uzwi ku mazina ya Fred Irakeza. Ubu ni Brig Gen muri CNR ya Col Irategeka Willson witandukanyije na FDLR Foca, ubu yitegura koherezwa Tanzania guhagararirayo uyu mutwe.

Undi muyobozi wa FDLR wakoranaga na Ndangundi wari ushinzwe kwakira intwaro za FDLR zivuye muri Tanzania no mu Burundi, ni Maj Mazuru wakoranaga bya hafi na Col Nakabaka umusirikare mu ngabo za Congo FARDC.

Impuguke zagenzuye Telefoni ya Ndangundi zasanze yaravuganye n’abayobozi ba FDLR bo mu rwego rwo hejuru bari mu duce twa Lemera iri muri Kivu y’Amajyepfo, na Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru n’abasirikare ba Congo bari mu kibaya cya Ruzizi.
Ndangundi uretse gukorana na FNL na FDLR yakoranaga bya hafi n’abayobozi b’u Burundi bari mu ishyaka rya CNDD-FDD, abasirikare bakuru n’abapolisi mu Burundi n’abo muri Tanzania.

Gukurikirana imikorere ya Ndangundi byagaragaje ko akorana n’abayobozi b’ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania n’abasirikare bakuru mu ngabo z’icyo gihugu.

Impuguke zivuga ko zasanze Ndangundi yari umuhuza hagati ya FDLR n’abayobozi b’igisirikare cy’u Burundi na Tanzania, kuko bansanze yaravuganye inshuro 27 na Brig Gen Ndoluwa wari uhagarariye Tanzania mu Burundi.

Iki cyegeranyo gifite nimero S/2009/603 kigaragaza uburyo umutwe wa FDLR wagiye ubona ubushobozi buvuye mu ngabo za Congo binyuze mu bucuruzi bw’amabuye y’agaciro, ariko ubwo bucuruzi bugatuma FDLR igira inshuti ziyiha ubufasha no mu bihugu by’akarere.

Icyegeranyo kandi kigaragaza ko abayobozi ba FDLR bari bafite imikoranire ya hafi n’abayobozi b’igisirikare cya Tanzania n’igisirikare cy’u Burundi, binyuze mu baturage ba Congo baba muri Tanzania.

Iki cyegeranyo cyashyizwe ahagaragara ku itariki 9 Ugushyingo 2009, kigakorwa na Dinesh Mahtani, Raymond Debelle, Mouctar Kokouma Diallo, Christian B. Dietrich na Claudio Gramizzi, kivuga ko bahawe amakuru n’abarwanyi ba FDLR bagize uruhare mu bikorwa bishyikiriza FDLR intwaro.

Abarwanyi bane bavuganye n’impuguke, bavuga ko bagejejweho intwaro ahitwa Uvira na Fizi muri Kivu y’Amajyepfo muri 2008, aho zabageragaho zizanywe n’ubwato bwitwa “Dieu Merci” bwanyuraga Tanganyika.

Imbunda nini 10 zo mu bwoka bwa 82 mm mortars, R-4 assault rifles, AK-47s, n’ibisasu ijana bya katiyusha 107, amasanduku 100 y’amasasu na gerenade byageze kuri FDLR ikambitse ahitwa Lulimba muri Kivu y’Amajyepfo bivuye Tanzania, binyuzwa inzira y’ikiyaga cya Tanganyika.

Muri Mutarama 2009, ahitwa Kigushu muri Uvira, umutwe wa FDLR wakiriye ibisasu bya katiyusha 107, igikorwa cyo kugeza intwaro kuri FDLR zivuye Tanzanira cyari kiyobowe na Lt Col Nsanzubukire.

-5540.jpg

Brig Gen Francis Ndoluwa wari uhagarariye Tanzania mu Burundi muri 2009.

Iki cyegeranyo kivuga ko Nsanzubukire yarakoraga ingendo nyinshi hagati ya Uvira na Kigoma muri Tanzania atumwe na Maj Gen Stanislas Nzeyimana wari umuyobozi wa FDLR azwi ku mazina ya Bigaruka waburiwe irengero muri Tanzania muri 2012.

Maj Mazuru yakoze ingendo zitandukanye hagati ya Kigoma na Uvira anyuze Tanganyika, akaba yari afite itsinda ry’abasirikare rishinzwe kwakira ibikoresho bya FDLR bivuye Tanzania.

Muri 2009, Maj Mazuru yagaragaye muri Tanzania no mu Burundi ajyanye amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa zahabu, agira uruhare mu kwinjiza urubyiruko rw’Abanyarwanda n’Abarundi mu mutwe wa FDLR.

Impuguke kandi zasanze Gen Adolphe Nshimirimana wari ukuriye inzego z’iperereza mu Burundi yari inkingi ya mwamba mu gufasha abarwanyi ba FDLR baba muri icyo gihugu, bagikoreshaga nk’inzira ibajyana Tanzania na Congo.

Gukorana kw’abasirikare b’Abarundi na FDLR bigaragazwa n’impuguke zasanze telefoni ya Colonel Agricole Ntirampeba, wari wungirije Gen Adolphe Nshimirimana, yarahamagaranye na Maj Mazuru inshuro 13 hagati ya Kamena na Kanama muri 2009.

Naho mu kwezi k’Ukwakira 2009 FDLR yakoranye na Gen Adolphe Nshimirimana kugira ngo aborohereze kubona ibikoresho birimo n’imiti.

Source: KT

2017-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Mozambique: Umunyarwanda yarasiwe mu iduka yitaba Imana

Editorial 23 Sep 2017
Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Irakoze Arsene w’imyaka 21 y’amavuko, aracyekwaho kwica nyirakuru, Murekatete Bernadette w’imyaka 68,Aratoroka ubu ntawuzi irengero rye

Editorial 07 Oct 2017
New- RNC na RNC Ishaje :  Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

New- RNC na RNC Ishaje : Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 16 Apr 2017
Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Ibintu 5 bigaragaza ko Kayumba Nyamwasa ari ikigarasha

Editorial 21 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe
SHOWBIZ

Ali Kiba na murumuna we baherutse gukorera ubukwe umunsi umwe

Editorial 06 May 2018
Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC
Amakuru

Ibitego 15 nibyo byatsinzwe ku munsi wa kabiri w’imikino yo guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022, hasimburwa AS Muhanga ndetse na Sunrise FC

Editorial 22 Sep 2021
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka
Amakuru

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashyizeho abasenateri bane barimo Uwizeyimana Evode na Prof Dusingizemungu wayoboraga Umuryango Ibuka

Editorial 16 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru