• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Editorial 24 Aug 2017 Mu Rwanda

Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame nyuma yo kurahirira kuyobora u Rwanda mu myaka irindwi iri imbere yavuze ko kuri ubu u Rwanda ari urw’ Abanyarwanda bose yongeraho ko ntawe rubona nk’ umwanzi haba imbere mu gihugu ndetse no hanze yacyo.

Umukuru w’ u Rwanda akaba n’ umugaba mukuru w’ ikirenga yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Kanama 2017 nyuma yo kurahira.

Ingingo y’ 102 mu itegeko nshinga ry’ u Rwanda ivuga ibijyanye no kurahira k’umukuru w’ igihugu iyi ngingo ivuga ko Perezida w’ urukiko rw’ ikirenga ariwe urahiza Perezida watowe n’ abaturage bigakorwa mu gihe kitarenze iminsi 30 atowe.

Uyu muhango wabereye muri sitade nini u Rwanda rufite ariyo sitade Amahoro I Remera witabirwa n’ abakuru b’ ibihugu bitandukanye by’ Afurika abandi bakuru b’ ibihugu bohereza ababahagarara.

Nyuma yo kurahira Perezida Kagame yashimiye abanyamahanga n’ Abanyarwanda bitabiriye uyu muhango. Ashimira Afurika yabaye hafi y’ u Rwanda. Yanashimiye kandi amashyaka 8 yari amushyigikiye mu bikorwa byo kwiyamamaza. Paul Kagame yari umukandida w’ ishyaka RPF inkotanyi rimaze imyaka 23 riyoboye u Rwanda.

Yakomoje ku bimaze kugerwaho avuga ko kuri ubu abagore n’ abagabo bafite uburenganzira bumwe kandi bahabwa amahirwe angana, yongeraho kuri u Rwanda nta mwanzi rufite.

Yagize ati “… uyu munsi u Rwanda ntawe rubona nk’ umwanzi, yaba uri imbere mu gihugu cyangwa mu mahanga. Igihugu ni icya buri Munyarwanda. Inzego zose zitahiriza umugozi umwe”

Perezida Kagame yakomoje ku banyaburayi bashaka kwigisha Abanyafurika demukarasi y’ I Burayi avuga abayobozi b’ Afurika bakwiye gukorera abaturage babo ibibakwiriye kuko bishoboka kandi bidahenze.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo urubyiruko rwitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza agaragaza ko azakomeza gukorana narwo hubakirwa kubimaze kugerwaho.

Perezida Kagame yanakomoje ku ndirimbo “Nta ntambara yantera” ayisobanurira abatumva ururimi rw’ Ikinyarwanda agaragaza ko iyo ndirimbo abaturage bayikoreshe mu bikorwa byo kwiyamamaza bagaragaraza ko nta ntambara yatera u Rwanda ubwoba kuko Imana iri mu ruhande rw’ u Rwanda.

Nyuma yo kurahira kwa Perezida Kagame azashyiraho Minisitiri w’ intebe amufashe gushyiraho abagize guverinoma nshya. Umwaka utaha nibwo u Rwanda ruzasubira mu bikorwa by’ amatora hatorwa abagize inteko ishinga amategeko.

Umukuru w’ igihugu yashimye uburyo itora rya Perezida ryagenze avuga ko itora ryagenze neza rikarangira nta kosa ribayemo.

-7674.jpg

-7673.jpg

-7671.jpg

-7672.jpg

-7670.jpg

2017-08-24
Editorial

IZINDI NKURU

RDF yabonye Umuvugizi mushya

RDF yabonye Umuvugizi mushya

Editorial 10 Oct 2017
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017
Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Editorial 15 Dec 2017
U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

U Rwanda ni igihugu cy’icyitegererezo n’ishema by’Afurika

Editorial 28 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri CAR bahaye imfashanyo imfubyi zaho

Editorial 17 Apr 2017
Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere
Amakuru

Ubufatanye burakenewe mu gutanga amakuru nyayo ku buzima bw’imyororokere

Editorial 02 May 2024
Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza
Mu Mahanga

Kantengwa Angélique wayoboraga RSSB agizwe umwere ari mu Buhinde kwivuza

Editorial 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru