• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Editorial 04 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame na Madamu bahuye n’abana bato basaga 200 baturutse mu turere twose tw’igihugu, mu gikorwa ngarukamwaka gihuza abana n’abayobozi bakuru b’Igihugu hagamijwe kubifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Ni ibirori byaranzwe n’imikino inyuranye y’abana, harimo abagaragaje ubuhanga mu kuvuga amazina y’inka, imivugo, kubyina, n’indi mikino yagenewe gufasha abana kwidagadura no gusabana.

Perezida Kagame yashimye Unity Club yateguye iyi gahunda, avuga ko ari ikimenyetso cy’uko bashaka kuzirikana aba bana, kugira ngo uburere babona mu mashuri no mu ngo, buhabwe umwanya hamwe n’umuco w’Abanyarwanda.

Ati “Birashimishije kubona abana bato nk’abangaba bahoze bivuga, bakora byinshi, muri iki gihe ndetse abenshi batazi cyangwa batashobora, n’abakuru muri twe. Imivugo, kwivuga, kuririmbira inka… ntabwo ari benshi babishobora ariko ni umuco wacu. Kubona rero abana b’imyaka 8, 10, bashobora kujya imbere yacu bakadukorera ibi birori, nagira ngo mbashimire.’’

Yasabye ababyeyi gukomeza guteza umuco imbere, uburere bwiza, abana bagakurira mu mashuri ariko ubumenyi bwiza bukaba ubushingira ku muco. Perezida Kagame yavuze ko bahuye n’abana ngo babifurize gusoza neza umwaka wa 2016 no gutangira neza umushya wa 2017, bakabigiramo amahirwe yaba abana ubwabo, ababyeyi n’abarimu.

Ati “Twagira ngo tubonereho uyu mwanya tubifurize ibihe byiza, ubuzima bwiza, tunabifuriza ko mwakomeza akazi keza, kurera neza ni ukubaka igihugu. Igihugu cyacu gikomeze kigire uburezi bwiza, kibe igihugu gitera imbere mu majyambere y’igihe tugezemo, ariko dukomeze dushingire kucyo turi cyo, ku muco wacu duhereye ku bana.’’

“Dukomeze tubashyiremo kwizera, kumva ko mu gihe kiri imbere aho bazaba bafite uruhare runini, bishoboka, kandi aribo bazageza igihugu ibyo byiza byose bishoboka, mu bihe biri imbere.”

Perezida Kagame yasabye aba bana kugeza ubu butumwa ku bandi bana batitabiriye iki gikorwa, ndetse hari n’ubwo hazabaho igihe cyo kubasanga aho bari.

Ati “Bana rero mwese muri hano, abahungu, abakobwa, ndabashimiye cyane kandi ndagira ngo mbabwire ko uyu mwanya twawuhaye n’agaciro kawo, mukomereze aho, ubwo aho mugana naho igihugu kibatezeho byinshi, mukomeze mugire ubuzima bwiza.’’

Abatanyurwa bategereje iki…

Umwana uhagarariye abandi ku rwego rw’igihugu, Uwase Hirwa Honorine, yafashwe n’ikiniga ubwo yashimiraga Perezida Kagame ibyo adahwema gukorera Abanyarwanda n’abana by’umwihariko, yibaza icyo abanenga imiyoborere y’u Rwanda bashingiraho.

Ati “Gukurira mu Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rufite urukundo, tugakurira mu Rwanda ruturinze, rurinda ababyeyi guhohoterwa, rurinda abana rukabaha agaciro ndetse n’uburenganzira bwabo, ruha ijambo buri wese mu rugero rwose, none n’abana tukaba dufite inteko yacu, ni iki cyatuma tudashima?’’

Yavuze ko kuba abana bose bafite uburere, bajya mu mashuri kandi abakoze neza bagashimirwa binyuze muri Imbuto Foundation, atumva impamvu yatuma badashima.

Uyu munsi mukuru ngarukamwaka uhuza abana bari hagati y’imyaka 7 na 12 mu gihe cy’iminsi mikuru, baturuka mu turere twose tw’igihugu, basanzwe bahura na Madamu Jeannette Kagame ariko uyu munsi wabaye umwihariko bahura na Perezida Kagame.

Abo bana baturuka mu turere basabana n’ab’abakozi bo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Imbuto Foundation na Unity Club ihuza abari n’abahoze muri guiverinoma. Batoranywa harebwe uko bitwaye mu ishuri hakazirikanwa n’abo mu miryango itishoboye cyangwa abafite ubumuga bwihariye.

Ngabo Cedric uturuka mu karere ka Kicukiro wiga muwa Gatandatu ku Ishuri ribanza ry’Umubano, yavuze ko yashimishijwe no “kubonana na Perezida kuko ni ubwa mbere namubona. Nari nsanzwe mubona kuri televiziyo, ariko nyine uko namubonaga ntabwo yahindutse.’’

-4908.jpg

-4905.jpg

-4907.jpg

-4906.jpg

2016-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 25 Feb 2016
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Editorial 16 Sep 2022
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 25 Feb 2016
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025
Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Ubucamanza bwo mu Bufaransa bwatonetse inkovu z’abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.

Editorial 16 Sep 2022
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 25 Feb 2016
Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni  78

Umukwabu wiswe Usalama III wafatiwemo ibiyobyabwenge bifite agaciro karengeje miliyoni 78

Editorial 08 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru