• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Editorial 04 Dec 2016 Mu Mahanga

Kuri iki Cyumweru, Perezida Kagame na Madamu bahuye n’abana bato basaga 200 baturutse mu turere twose tw’igihugu, mu gikorwa ngarukamwaka gihuza abana n’abayobozi bakuru b’Igihugu hagamijwe kubifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Ni ibirori byaranzwe n’imikino inyuranye y’abana, harimo abagaragaje ubuhanga mu kuvuga amazina y’inka, imivugo, kubyina, n’indi mikino yagenewe gufasha abana kwidagadura no gusabana.

Perezida Kagame yashimye Unity Club yateguye iyi gahunda, avuga ko ari ikimenyetso cy’uko bashaka kuzirikana aba bana, kugira ngo uburere babona mu mashuri no mu ngo, buhabwe umwanya hamwe n’umuco w’Abanyarwanda.

Ati “Birashimishije kubona abana bato nk’abangaba bahoze bivuga, bakora byinshi, muri iki gihe ndetse abenshi batazi cyangwa batashobora, n’abakuru muri twe. Imivugo, kwivuga, kuririmbira inka… ntabwo ari benshi babishobora ariko ni umuco wacu. Kubona rero abana b’imyaka 8, 10, bashobora kujya imbere yacu bakadukorera ibi birori, nagira ngo mbashimire.’’

Yasabye ababyeyi gukomeza guteza umuco imbere, uburere bwiza, abana bagakurira mu mashuri ariko ubumenyi bwiza bukaba ubushingira ku muco. Perezida Kagame yavuze ko bahuye n’abana ngo babifurize gusoza neza umwaka wa 2016 no gutangira neza umushya wa 2017, bakabigiramo amahirwe yaba abana ubwabo, ababyeyi n’abarimu.

Ati “Twagira ngo tubonereho uyu mwanya tubifurize ibihe byiza, ubuzima bwiza, tunabifuriza ko mwakomeza akazi keza, kurera neza ni ukubaka igihugu. Igihugu cyacu gikomeze kigire uburezi bwiza, kibe igihugu gitera imbere mu majyambere y’igihe tugezemo, ariko dukomeze dushingire kucyo turi cyo, ku muco wacu duhereye ku bana.’’

“Dukomeze tubashyiremo kwizera, kumva ko mu gihe kiri imbere aho bazaba bafite uruhare runini, bishoboka, kandi aribo bazageza igihugu ibyo byiza byose bishoboka, mu bihe biri imbere.”

Perezida Kagame yasabye aba bana kugeza ubu butumwa ku bandi bana batitabiriye iki gikorwa, ndetse hari n’ubwo hazabaho igihe cyo kubasanga aho bari.

Ati “Bana rero mwese muri hano, abahungu, abakobwa, ndabashimiye cyane kandi ndagira ngo mbabwire ko uyu mwanya twawuhaye n’agaciro kawo, mukomereze aho, ubwo aho mugana naho igihugu kibatezeho byinshi, mukomeze mugire ubuzima bwiza.’’

Abatanyurwa bategereje iki…

Umwana uhagarariye abandi ku rwego rw’igihugu, Uwase Hirwa Honorine, yafashwe n’ikiniga ubwo yashimiraga Perezida Kagame ibyo adahwema gukorera Abanyarwanda n’abana by’umwihariko, yibaza icyo abanenga imiyoborere y’u Rwanda bashingiraho.

Ati “Gukurira mu Rwanda rufite umutekano, u Rwanda rufite urukundo, tugakurira mu Rwanda ruturinze, rurinda ababyeyi guhohoterwa, rurinda abana rukabaha agaciro ndetse n’uburenganzira bwabo, ruha ijambo buri wese mu rugero rwose, none n’abana tukaba dufite inteko yacu, ni iki cyatuma tudashima?’’

Yavuze ko kuba abana bose bafite uburere, bajya mu mashuri kandi abakoze neza bagashimirwa binyuze muri Imbuto Foundation, atumva impamvu yatuma badashima.

Uyu munsi mukuru ngarukamwaka uhuza abana bari hagati y’imyaka 7 na 12 mu gihe cy’iminsi mikuru, baturuka mu turere twose tw’igihugu, basanzwe bahura na Madamu Jeannette Kagame ariko uyu munsi wabaye umwihariko bahura na Perezida Kagame.

Abo bana baturuka mu turere basabana n’ab’abakozi bo mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, Imbuto Foundation na Unity Club ihuza abari n’abahoze muri guiverinoma. Batoranywa harebwe uko bitwaye mu ishuri hakazirikanwa n’abo mu miryango itishoboye cyangwa abafite ubumuga bwihariye.

Ngabo Cedric uturuka mu karere ka Kicukiro wiga muwa Gatandatu ku Ishuri ribanza ry’Umubano, yavuze ko yashimishijwe no “kubonana na Perezida kuko ni ubwa mbere namubona. Nari nsanzwe mubona kuri televiziyo, ariko nyine uko namubonaga ntabwo yahindutse.’’

-4908.jpg

-4905.jpg

-4907.jpg

-4906.jpg

2016-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo-Kinshasa imaze kugera kuri 266

Editorial 19 Apr 2023
Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Editorial 22 Mar 2024
Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Polisi mpuzamahanga mu guhashya ibyaha ndenga mipaka

Editorial 08 Mar 2016
Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere

Amakosa 5 Umucamanza Theodor Meron asabirwa gukurwaho icyizere

Editorial 23 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia
ITOHOZA

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Editorial 17 Apr 2018
Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza
ITOHOZA

Kayibanda washimutiwe i Kampala yagejejwe mu Rwanda nyuma yo kumara iminsi 49 muri gereza

Editorial 02 Mar 2019
Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima
Amakuru

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Editorial 18 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru