• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’amezi asaga 7 Intumwa Dr Paul Gitwaza amaze aba hanze y’u Rwanda avuga ko yari yaragiye mu ivuga butumwa, hakumvikana amakuru y’uko yahunze igihugu, kuri iki cyumweru yamaze impungenge abakristo be ababwira ko nta kibazo na kimwe afitanye na Leta y’u Rwanda.

Kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mata 2016 mu rusengero rwa Zion Temple rwo mu Gatenga, Apotre Paul Gitwaza yarahiye mu izina ry’Imana isumba byose abivuga akomeje ko atigeze ahunga igihugu kuko niyo haba hari ibibazo afitanye na Leta, umwanzuro ngo utari uwo guhunga ahubwo yari kuguma hamwe akabanza akabikemura.

Nyuma yo kujya hanze y’u Rwanda agasangayo umuryango we wose (umugore n’abana) bamwe mu bakristo ba Zion Temple kimwe n’abandi benshi bo mu yandi matorero bagize impungenge z’uko yaba atazagaruka mu Rwanda ahanini bashingiye ku kuba ngo hari ibibazo afitanye na Leta y’u Rwanda.

Gitwaza yabamaze impungenge ababwira ko yari mu ivugabutumwa ndetse ko mu kwezi kwa 6 uyu mwaka, umugore n’abana nabo ngo bazaza mu Rwanda kuko abana be biga hanze bagiye kujya mu kiruhuko.

Ese ibyo bibazo bivugwa ko Apotre Gitwaza yaba yari afitanye na Leta ni ibihe?

Nubwo nyiri ubwite Apotre Gitwaza atigeze agira byinshi abivugaho ndetse na Leta y’u Rwanda ikaba itarigeze itangaza ko yaba ifitanye ibibazo na Apotre Gitwaza, mu mpera z’umwaka ushize wa 2015, Apotre Paul Gitwaza yanenze abadepite ko bakuye interuro “Imana isumba byose”mu itegeko Nshinga,ibyo bikaba ngo byaratumye ahinda umushyitsi nkuko yabishyize mu itangazo yanditse.

Kubera ibyo yatangaje akavuga ko atabyishimiye, nyuma yaho nibwo hatangiye kuvugwa ko ashobora kuzabiryozwa bituma kujya hanze kwe no kugumayo byitwa ko yahunze igihugu.

Ejo ku cyumweru yagize ati : Muri iki gitondo,ndagirango mbabwize ukuri, ni ukuri kw’Imana ntabwo nahunze(igihugu),uwakubwiye ko nahunze yarakubeshye uko niko kuri kose, n’uwakubwiye amagambo ngo yarahunze yarakubeshye. Gusa ndabimenyereye kuva mu 2000 iyo ngiye ngatinda bavuga byinshi ariko naza bagaceceka. Bakozi b’Imana turi mu murimo.

Apotre Paul Gitwaza yavuze ko muri gahunda ye yari kuzamara umwaka wose aba hanze y’u Rwanda ariko kubera ibyavuzwe byinshi kuri we ko yahunze igihugu akaba yahisemo kugaruka mu Rwanda kugirango abinyomoze.

Yiyeretse abakristo be abasaba kwamamaza iyo nkuru y’uko yagarutse kandi adafitanye ikibazo na kimwe na Leta. Yashimiye cyane abakristo be bagumye mu rugo muri Zion Temple ashimira n’abandi bari baragiye ariko bakaba bagarutse kubera ko nawe yagarutse avuga ko ibyo ari ibintu bisanzwe mu bantu.

Ku bijyanye n’abibaza impamvu yagiye hanze y’igihugu akajyana n’umuryango we wose, yavuze ko Intumwa ubusanzwe akazi kayo ari ugushinga amatorero hirya no hino ku isi bityo kuba mu murimo w’Imana yari kumwe n’umuryango we bikaba byari bikwiye kubashimisha aho kubateza impagarara.

Yavuze ko mu mezi asaga 7 amazeyo amaze gutangiza amatorero menshi muri Amerika no mu Burayi ndetse no muri Israel bakaba bafiteyo ishami. Yavuze kandi uburyo byamugoye kuza gushyingura mukuru we Bishop Ruben Kajabika uherutse kwitaba Imana apfiriye mu Burundi akaba ariwe wafashije Zion Temple kubona ibyangombwa muri icyo gihugu.

Yagize ati: Ndabashimira ko mwagumye mu rugo ndashimira abakozi b’Imana abapasiteri aba Bishops, bagumye mu rugo turashimira n’abakristo mwagumye mu rugo n’abandi ko mwagarutse, bibaho ko umuntu agenda ariko akongera akagaruka, ngo amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho, mwakoze ko mwagarutse iwanyu mu mbeho,muze mu bushyuhe bw’Imana.

Ndabizi ko kugenda kwanjye kwazanye ibintu byinshi amagambo n’ibigambo byinshi niko bimera niko abantu bamera kuko umuntu yishakira ibibazo yarangiza agashaka igisubizo kandi akacyamamaza. Ibinyamakuru, abantu ngo narahunze .

Ese kuki Apotre Gitwaza akunze kugaruka cyane mu Itangazamakuru kandi avugwaho ibintu bitari byiza?

Ubwo yavugaga kuri iki kibazo,Apotre Paul Gitwaza yavuze ko itorero Zion Temple ririmo kwaguka cyane ugereranyije n’igihe ryatangiriye, ibyo bigatuma hari abanyamadini n’abakristo benshi bagirira ishyari Zion Temple n’ubuyobozi bwayo bukuriwe na Apotre Paul Gitwaza bitewo no kuba ari gufungura amatorero menshi ku migabane itandukanye mu gihe bo mu myaka myinshi cyane bamaze batari babigeraho.

-2726.jpg

Apotre Gitwaza Paul

Apotre Gitwaza yatangaje ibyo abikomeje ku kuba hari abakristo bo mu yandi matorero ya hano mu Rwanda ngo bagiye mu matwi y’abakristo ba Zion Temple bakabaca intege babumvisha ko Apotre Gitwaza atazagaruka mu Rwanda kubera ibibazo ngo afitanye na Leta. Hari benshi mu bakristo ba Zion Temple bumvise ibyo bihuha babifata nk’ukuri bamwe bayivamo bigira mu yandi matorero.

Iby’uko abakristo b’andi matorero bibaza impamvu Zion Temple yaguka umunsi ku wundi, mu myaka itambutse nabwo Apotre Gitwaza yabivuzeho avuga uburyo Kiliziya Gaturika yamusanze ikamuneka ngo irebe niba nta zindi mbaraga zimukoresha kuko abakristo bayo bajyaga kubwinshi muri Zion Temple. Icyo gihe Papa Yohana Pawulo II ngo yamubajije impamvu afite abakristo benshi mu gihe gito amaze atangije itorero, amubaza n’ibindi bibazo bigera ku 120.

Source: Inyarwanda

2016-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Kigali yatorewe kuba umujyi wa mbere utekanye muri Afrika, n’uwa 39 ku isi yose

Ubwanditsi 26 Nov 2021
Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Perezida Ndayishimiye yiyemereye ko yatanze ruswa ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 08 Apr 2025
Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano

Polisi y’u Rwanda irasaba abantu kwirinda gukoresha amafaranga y’amiganano

Ubwanditsi 03 May 2016
Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Gicumbi: Abamotari bibukijwe akamaro ko gutangira amakuru ku gihe

Ubwanditsi 04 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura
Mu Rwanda

Kenya:Umukobwa W’umunyaburanga Yarashwe Ashinjwa Ubujura

Ubwanditsi 15 May 2017
CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria
IMIKINO

CHAN 2018: Maroc yatangiye itanga isomo rya ruhago, u Rwanda ruritegura Nigeria

Ubwanditsi 14 Jan 2018
Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM
INKURU NYAMUKURU

Jean Baptiste Mugimba yemereye urukiko ko yari afite imigabane muri RTLM

Ubwanditsi 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru