• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Imbere y’imbaga y’abakirisitu be, Apotre Gitwaza yarahiye izina ry’Imana ko atahunze igihugu

Ubwanditsi 25 Apr 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’amezi asaga 7 Intumwa Dr Paul Gitwaza amaze aba hanze y’u Rwanda avuga ko yari yaragiye mu ivuga butumwa, hakumvikana amakuru y’uko yahunze igihugu, kuri iki cyumweru yamaze impungenge abakristo be ababwira ko nta kibazo na kimwe afitanye na Leta y’u Rwanda.

Kuri iki cyumweru tariki ya 24 Mata 2016 mu rusengero rwa Zion Temple rwo mu Gatenga, Apotre Paul Gitwaza yarahiye mu izina ry’Imana isumba byose abivuga akomeje ko atigeze ahunga igihugu kuko niyo haba hari ibibazo afitanye na Leta, umwanzuro ngo utari uwo guhunga ahubwo yari kuguma hamwe akabanza akabikemura.

Nyuma yo kujya hanze y’u Rwanda agasangayo umuryango we wose (umugore n’abana) bamwe mu bakristo ba Zion Temple kimwe n’abandi benshi bo mu yandi matorero bagize impungenge z’uko yaba atazagaruka mu Rwanda ahanini bashingiye ku kuba ngo hari ibibazo afitanye na Leta y’u Rwanda.

Gitwaza yabamaze impungenge ababwira ko yari mu ivugabutumwa ndetse ko mu kwezi kwa 6 uyu mwaka, umugore n’abana nabo ngo bazaza mu Rwanda kuko abana be biga hanze bagiye kujya mu kiruhuko.

Ese ibyo bibazo bivugwa ko Apotre Gitwaza yaba yari afitanye na Leta ni ibihe?

Nubwo nyiri ubwite Apotre Gitwaza atigeze agira byinshi abivugaho ndetse na Leta y’u Rwanda ikaba itarigeze itangaza ko yaba ifitanye ibibazo na Apotre Gitwaza, mu mpera z’umwaka ushize wa 2015, Apotre Paul Gitwaza yanenze abadepite ko bakuye interuro “Imana isumba byose”mu itegeko Nshinga,ibyo bikaba ngo byaratumye ahinda umushyitsi nkuko yabishyize mu itangazo yanditse.

Kubera ibyo yatangaje akavuga ko atabyishimiye, nyuma yaho nibwo hatangiye kuvugwa ko ashobora kuzabiryozwa bituma kujya hanze kwe no kugumayo byitwa ko yahunze igihugu.

Ejo ku cyumweru yagize ati : Muri iki gitondo,ndagirango mbabwize ukuri, ni ukuri kw’Imana ntabwo nahunze(igihugu),uwakubwiye ko nahunze yarakubeshye uko niko kuri kose, n’uwakubwiye amagambo ngo yarahunze yarakubeshye. Gusa ndabimenyereye kuva mu 2000 iyo ngiye ngatinda bavuga byinshi ariko naza bagaceceka. Bakozi b’Imana turi mu murimo.

Apotre Paul Gitwaza yavuze ko muri gahunda ye yari kuzamara umwaka wose aba hanze y’u Rwanda ariko kubera ibyavuzwe byinshi kuri we ko yahunze igihugu akaba yahisemo kugaruka mu Rwanda kugirango abinyomoze.

Yiyeretse abakristo be abasaba kwamamaza iyo nkuru y’uko yagarutse kandi adafitanye ikibazo na kimwe na Leta. Yashimiye cyane abakristo be bagumye mu rugo muri Zion Temple ashimira n’abandi bari baragiye ariko bakaba bagarutse kubera ko nawe yagarutse avuga ko ibyo ari ibintu bisanzwe mu bantu.

Ku bijyanye n’abibaza impamvu yagiye hanze y’igihugu akajyana n’umuryango we wose, yavuze ko Intumwa ubusanzwe akazi kayo ari ugushinga amatorero hirya no hino ku isi bityo kuba mu murimo w’Imana yari kumwe n’umuryango we bikaba byari bikwiye kubashimisha aho kubateza impagarara.

Yavuze ko mu mezi asaga 7 amazeyo amaze gutangiza amatorero menshi muri Amerika no mu Burayi ndetse no muri Israel bakaba bafiteyo ishami. Yavuze kandi uburyo byamugoye kuza gushyingura mukuru we Bishop Ruben Kajabika uherutse kwitaba Imana apfiriye mu Burundi akaba ariwe wafashije Zion Temple kubona ibyangombwa muri icyo gihugu.

Yagize ati: Ndabashimira ko mwagumye mu rugo ndashimira abakozi b’Imana abapasiteri aba Bishops, bagumye mu rugo turashimira n’abakristo mwagumye mu rugo n’abandi ko mwagarutse, bibaho ko umuntu agenda ariko akongera akagaruka, ngo amazi arashyuha ariko ntiyibagirwa iwabo wa mbeho, mwakoze ko mwagarutse iwanyu mu mbeho,muze mu bushyuhe bw’Imana.

Ndabizi ko kugenda kwanjye kwazanye ibintu byinshi amagambo n’ibigambo byinshi niko bimera niko abantu bamera kuko umuntu yishakira ibibazo yarangiza agashaka igisubizo kandi akacyamamaza. Ibinyamakuru, abantu ngo narahunze .

Ese kuki Apotre Gitwaza akunze kugaruka cyane mu Itangazamakuru kandi avugwaho ibintu bitari byiza?

Ubwo yavugaga kuri iki kibazo,Apotre Paul Gitwaza yavuze ko itorero Zion Temple ririmo kwaguka cyane ugereranyije n’igihe ryatangiriye, ibyo bigatuma hari abanyamadini n’abakristo benshi bagirira ishyari Zion Temple n’ubuyobozi bwayo bukuriwe na Apotre Paul Gitwaza bitewo no kuba ari gufungura amatorero menshi ku migabane itandukanye mu gihe bo mu myaka myinshi cyane bamaze batari babigeraho.

-2726.jpg

Apotre Gitwaza Paul

Apotre Gitwaza yatangaje ibyo abikomeje ku kuba hari abakristo bo mu yandi matorero ya hano mu Rwanda ngo bagiye mu matwi y’abakristo ba Zion Temple bakabaca intege babumvisha ko Apotre Gitwaza atazagaruka mu Rwanda kubera ibibazo ngo afitanye na Leta. Hari benshi mu bakristo ba Zion Temple bumvise ibyo bihuha babifata nk’ukuri bamwe bayivamo bigira mu yandi matorero.

Iby’uko abakristo b’andi matorero bibaza impamvu Zion Temple yaguka umunsi ku wundi, mu myaka itambutse nabwo Apotre Gitwaza yabivuzeho avuga uburyo Kiliziya Gaturika yamusanze ikamuneka ngo irebe niba nta zindi mbaraga zimukoresha kuko abakristo bayo bajyaga kubwinshi muri Zion Temple. Icyo gihe Papa Yohana Pawulo II ngo yamubajije impamvu afite abakristo benshi mu gihe gito amaze atangije itorero, amubaza n’ibindi bibazo bigera ku 120.

Source: Inyarwanda

2016-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye  kubera ubuyobozi bwiza

Perezida wa Benin, Patrice Talon yavuze ko u Rwanda rwamenyekanye kubera ubuyobozi bwiza

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Dec 2016
IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Ubwanditsi 08 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15
Amakuru

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Ubwanditsi 15 Dec 2021
Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi
UBUKUNGU

Banki ya Kigali igiye gucuruza imigabane ku isoko ry’imari rya Nairobi

Ubwanditsi 18 May 2018
Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye
IMIKINO

Ibihugu bizakina 1/2 cya CHAN 2016 byose byamenyekanye

Ubwanditsi 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru