• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda imodoka 1000 ku mwaka

Editorial 05 Sep 2017 Mu Rwanda

Gahunda y’uruganda rw’Abadage yo gutangira guuteranyiriza imodoka mu Rwanda ngo igeze mu byiciro bya nyuma nk’uko bitangazwa na Thomas Schäfer ukuriye uru ruganda muri Afurika y’Epfo.

Uyu mugabo wari witabiriye umuhango wo Kwita Izina mu mpera z’icyumweru gishize yabwiye umunyamakuru wacu bateganya kutangira mu mpera z’uyu mwaka kandi ngo bakurikije isoko babonye mu Rwanda bakazajya bakora imodoka 1000 ku mwaka.

Schäfer yagize ati “Turashaka gutangira gake. Urebye tuzatangirira ku modoka nk’igihumbi kubera ko tumvise ko isoko ry’ino risaba imodoka hagati ya 2000 na 3000 ku mwaka. Nibyo koko ntizihagije kuri ubu, ariko tuzakora ibishoboka dukore nk’uruganda ruhanganye n’imodoka zinjizwa mu gihugu.”

-7889.jpg

Thomas Schäfer ukuriye Volkswagen muri Afurika y’Epfo ubwo yitabiraga Kwita Izina 2017 (Ifoto/Village Urugwiro)

Mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize, nibwo hashyizwe umukono ku masezerano hagati ya Volkswagen n’u Rwanda nyuma y’aho VW itangira inyigo aho Schäfer avuga ko iyo nyigo yagaragaje ko bishoboka.

Yagize ati “Ni inzira itoroshye isaba ibintu byinshi ariko ubu turi kuyisoza kandi iragaragaza ko bishoboka, ari yo mpamvu twiteguye gutangira. Tuzatangira gukorera imodoka i Kigali.”

Schäfer akomeza agira ati “Turatekereza gutangira mu mpera z’uyu mwaka cyangwa se mu ntangiriro z’umwaka utaha. Ibisigaye bizadutwara amezi make.”

Ngo izi modoka bazajya bateranyiriza mu Rwanda kandi zizaba ari izitangiza ibidukikije.

-7890.jpg

Ubwoko bw’imodoka Volkswagen izajya iteranyiriza mu Rwanda

2017-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Editorial 23 May 2018
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Editorial 29 Apr 2017
Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Côte d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ndetse na Tunisia zageze muri 1/2 cy’irushanwa Nyafurika rya Afrobasket rizasozwa mu mpera z’iki cyumweru

Editorial 03 Sep 2021
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Editorial 11 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali
IMIKINO

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Editorial 08 Mar 2018
Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa
SHOWBIZ

Umuhanzikazi “Saida Karoli”aje kwibutsa abanyarwanda kubyinda injyaruwa

Editorial 08 Mar 2018
L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]
INKURU ZAKUNZWE CYANE

L Mushikiwabo atorewe kuyobora Francophonie [ AMAFOTO ]

Editorial 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru