• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 10 Mar 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yamaganye inkuru yanditswe n’Ikinyamakuru cyo muri Canada, The Globe and Mail, kuwa 24 Gashyantare 2017 yari ifite umutwe ugira uti ‘ Intwaro yafashwe isobanura ibyari iyobera kuri Jenoside yo mu Rwanda’, ivuga ko mu buryo bukomeye inyuranya n’amateka azwi.

Icyo kinyamakuru kivuga ko cyabonye raporo y’Intumwa z’Umuryango w’Abibumbye ziri kugarura amahoro muri Congo, Monusco, ivuga ko ingabo za Leta ya Congo Kinshasa, zafashe imbunda ihuje ibirango n’iby’ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana.

Iyo raporo ikomeza ivuga ko imibare iranga imbunda (serial number) n’igihe yakorewe bigaragaza ko iyo mbunda irasa missile yafashwe ifite ibimenyetso bihura na missile ebyiri zahanuye indege ya Habyarimana.

Ikomeza ivuga ko iyo mbunda yafatanywe umwe mu mitwe yitwaje intwaro wo mu Burasirazuba bwa Congo nawo ukaba wari warayambuye undi bivugwa ko wafashwaga n’u Rwanda mu mirwano yo mu 1998.

-6018.jpg

Ibisigazwa by’Indege ya HABYARIMANA

Mu itangazo CNLG yashyize ahagaragara ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Dr Bizimana Jean Damascene, rivuga ko abanditsi ba Globe and Mail bari bakwiye kumenya ko Missile zitirirwa raporo ya Monusco yo muri Nzeri 2016 zidashobora guhuzwa n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryo kuwa 6 Mata 1994, ryagaragaye nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni.

CNLG ivuga ko raporo ebyiri zavuzwe muri iyo nkuru zirimo iy’impuguke za Loni yo mu 2010 n’iy’itsinda ryakoraga igenzura ku ntwaro nto yo mu 2015, zombi zigaragaza izo missile nk’izo mu bwoko bwa SAM-7s. Iti “ Mu gihe iperereza ry’Abafaransa ryagaragajwe mu nkuru ryo rigaragaza ko indege yahanuwe na SAM-16s”.

Ibi ngo ni urujijo rugaragara mu nkuru ziswe iz’ubuvugizi zitapfa kwizerwa zimaze iminsi zikorwa n’Abanyamakuru barimo Geoffrey York na Judi Rever by’umwihariko ‘zisa n’izigamije kugira uruhare mu iperereza ry’abacamanza z’Abafaransa ngo ritazakorwa ngo rifungwe burundu’.

CNLG ikomeza igira iti “Ibi bituma umuntu yibaza niba nta nzego zo ku ruhande zifite umurongo wa politiki Globe and Mail igenderaho bigatuma igaragaza ukubogama gutera ugushidikanya ku kutabogama kw’ikinyamakuru cyanyu’.

-6017.jpg

Dr. Bizimana J.D

“Ukuri ku bihe bikomeye by’amateka yacu ni ikintu gikomeye ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’Abanyarwanda muri rusange. Turasaba Globe and Mail kugenzura yitonze niba gukomeza gutangaza inkuru muri ubu buryo bidapfobya kimwe mu byaha bikomeye byabayeho mu kinyejana cya 20.”

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu John Mirenge  yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir  ‘ Igitaraganya

Impamvu John Mirenge yakuwe k ‘Ubuyobozi bwa ‘ RwandAir ‘ Igitaraganya

Ubwanditsi 16 May 2017
Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Umuhanzi Bonhomme ari mu gahinda ko kubura umubyeyi umubyara

Ubwanditsi 25 Jun 2021
Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Imibanire hagati ya Adeline Rwigara n’akazu

Ubwanditsi 14 Apr 2021
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa
POLITIKI

Amatora: Emmanuel Macron na Marine Le Pen mu cyiciro cya kabiri cy’abahatanira kuyobora u Bufaransa

Ubwanditsi 23 Apr 2017
Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana
Amakuru

Inda nini isumbye indagu, Donata Uwanyirigira warokotse Jenoside yakorewe abatutsi ageze aho yifatanya n’abayihakana

Ubwanditsi 09 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru