• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 10 Mar 2017 Mu Rwanda

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yamaganye inkuru yanditswe n’Ikinyamakuru cyo muri Canada, The Globe and Mail, kuwa 24 Gashyantare 2017 yari ifite umutwe ugira uti ‘ Intwaro yafashwe isobanura ibyari iyobera kuri Jenoside yo mu Rwanda’, ivuga ko mu buryo bukomeye inyuranya n’amateka azwi.

Icyo kinyamakuru kivuga ko cyabonye raporo y’Intumwa z’Umuryango w’Abibumbye ziri kugarura amahoro muri Congo, Monusco, ivuga ko ingabo za Leta ya Congo Kinshasa, zafashe imbunda ihuje ibirango n’iby’ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana.

Iyo raporo ikomeza ivuga ko imibare iranga imbunda (serial number) n’igihe yakorewe bigaragaza ko iyo mbunda irasa missile yafashwe ifite ibimenyetso bihura na missile ebyiri zahanuye indege ya Habyarimana.

Ikomeza ivuga ko iyo mbunda yafatanywe umwe mu mitwe yitwaje intwaro wo mu Burasirazuba bwa Congo nawo ukaba wari warayambuye undi bivugwa ko wafashwaga n’u Rwanda mu mirwano yo mu 1998.

-6018.jpg

Ibisigazwa by’Indege ya HABYARIMANA

Mu itangazo CNLG yashyize ahagaragara ryashyizweho Umukono n’Umunyamabanga Mukuru wayo, Dr Bizimana Jean Damascene, rivuga ko abanditsi ba Globe and Mail bari bakwiye kumenya ko Missile zitirirwa raporo ya Monusco yo muri Nzeri 2016 zidashobora guhuzwa n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryo kuwa 6 Mata 1994, ryagaragaye nk’imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni.

CNLG ivuga ko raporo ebyiri zavuzwe muri iyo nkuru zirimo iy’impuguke za Loni yo mu 2010 n’iy’itsinda ryakoraga igenzura ku ntwaro nto yo mu 2015, zombi zigaragaza izo missile nk’izo mu bwoko bwa SAM-7s. Iti “ Mu gihe iperereza ry’Abafaransa ryagaragajwe mu nkuru ryo rigaragaza ko indege yahanuwe na SAM-16s”.

Ibi ngo ni urujijo rugaragara mu nkuru ziswe iz’ubuvugizi zitapfa kwizerwa zimaze iminsi zikorwa n’Abanyamakuru barimo Geoffrey York na Judi Rever by’umwihariko ‘zisa n’izigamije kugira uruhare mu iperereza ry’abacamanza z’Abafaransa ngo ritazakorwa ngo rifungwe burundu’.

CNLG ikomeza igira iti “Ibi bituma umuntu yibaza niba nta nzego zo ku ruhande zifite umurongo wa politiki Globe and Mail igenderaho bigatuma igaragaza ukubogama gutera ugushidikanya ku kutabogama kw’ikinyamakuru cyanyu’.

-6017.jpg

Dr. Bizimana J.D

“Ukuri ku bihe bikomeye by’amateka yacu ni ikintu gikomeye ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi n’Abanyarwanda muri rusange. Turasaba Globe and Mail kugenzura yitonze niba gukomeza gutangaza inkuru muri ubu buryo bidapfobya kimwe mu byaha bikomeye byabayeho mu kinyejana cya 20.”

2017-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Amakipe yo mu ntara y’i Burasizuba arimo Bugesera FC, Sunrise FC na Etoile de l’Est arimo kugana mu kiciro cya kabiri

Ubwanditsi 22 Apr 2024
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ubwanditsi 28 Jan 2022
FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

FERWAFA ndetse n’Ishyirahamwe ry’imikino yo mu mashuri basinye amasezerano y’ubufatanye agamije guteza imbere umupira w’amaguru 

Ubwanditsi 11 Mar 2022
Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ikipe ya AS Kigali yatangaje ko Mike Muteebi ari umutoza wayo mushya naho Bugesera FC itangaza Ndayiragije Etienne

Ubwanditsi 19 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye
ITOHOZA

Leta yashatse kwica Bobi Wine- Besigye

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier
POLITIKI

Uganda – U Rwanda : “Twizeye ko tugiye gusasa inzobe.”- Nduhungirehe Olivier

Ubwanditsi 16 Sep 2019
CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$
HIRYA NO HINO

CAF yaciye Ishyirahamwe rya ruhago mu Burundi ibihumbi 10$

Ubwanditsi 02 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru