• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege

Yannick Mukunzi na Rutanga barekuwe

Editorial 21 Nov 2017 ITOHOZA

Polisi y’Igihugu ivuga ko abakinnyi ba Rayon Sports Yannick Mukunzi na Rutanga Eric nta byaha bakurikiranweho. Ivuga ko bari bahamagajwe mu rwego rw’iperereza.

Urubuga rwa Twitter rwa Polisi y’Igihugu ruvuga ko ubu aba bakinnyi bamaze kurekurwa.

Polisi ivuga ko bitabye ubugenzacyaha ngo batange amakuru ku byaha umutoza wabo Olivier Karekezi akurikiranweho.

Ku wa 15 Ugushyingo, Karekezi Olivier yatawe muri yombi akurikiranweho ibyo byaha by’ikoranabuhanga.

Icyo gihe Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege yavuze ko Karekezi yahamagajwe n’ishami ry’Ubugenzacyaha muri Polisi (CID), kugira ngo abazwe ibyaha akekwaho.

Yagize ati “Hari ibyo akurikiranweho tutarashaka ko bisobanurwa cyane kubera impamvu z’iperereza rigitangira.”

Karekezi yaje mu Rwanda muri Nyakanga uyu mwaka aturutse mu gihugu cya Suwedi, aho yari aje gutoza ikipe ya Rayons Sports nyuma y’aho uwari umutoza mukuru wayo, Masudi Djuma yeguye.

 

Karekezi azwi cyane mu mupira w’amaguru mu Rwanda, aho yamenyekanye cyane mu ikipe ya APR FC ndetse no mu ikipe y’Igihugu, akaba ari umwe mu bagejeje u Rwanda mu marushanwa y’igikombe cya Afurika CAN mu mwaka wa 2004, mu gihugu cya Tuniziya.

Biravugwa ko Karekezi akekwaho ibyaha byo kugambanira ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, aho ngo yagiye ahererekanya ubutumwa bwari bugamije kuyigambanira kugira ngo itazabona itike yo kwerekeza muri Maroc mu mikino ya CHAN.

Inkuru y’itabwa muri yombi kwa Yannick na Rutanga yari yasakaye hose, aho n’ubuyobozi bwa Rayon Sports bwari bwasabye abakunzi bayo kwitonda bakirinda kwivanga mu byo inzego z’umutekano ziri gukora.

Ubu buyobozi kandi bwanandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA burisaba ko kubera ko abo bakinnyi bari bari mu maboko ya polisi ndetse n’umutoza imikino ari bafite guhera kuri uyu wa 20 Ugushyingo kugeza ku wa 10 Ukuboza yakwimurwa,

Mu ibaruwa isubiza, FERWAFA yemereye Rayon Sports ko iyo mikino yimuwe, aho ngo bazabamenyesha igihe izasubukurirwa.

Ikipe ya Rayons Sport kandi mu mezi ashize yapfushije  umuzamu wayo wungirije n’umutoza wayo wungirije Ndikumana Katauti wapfuye mu cyumweru gishize mu buryo butunguranye.

 

2017-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe  Intwaro  ku bwa Col Bagosora

Banki ikomeye mu Bufaransa yajyanwe mu nkiko ishinjwa gutanga amafaranga yaguzwe Intwaro ku bwa Col Bagosora

Editorial 29 Jun 2017
Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Jenerali Cirimwami wiyise ‘intare’, ku nshuro ya mbere yabonye mu maso h’Intare za Sarambwe yahise asezera ku birayi

Editorial 24 Jan 2025
Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo  i San Fransisco muri  Rwanda Day

Umuhanzi Teta Diana yaciye agahigo i San Fransisco muri Rwanda Day

Editorial 28 Sep 2016
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Editorial 03 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Perezida Kim Jong-un yitwaje umutekano udasanzwe mu biganiro na Moon Jae-in wa Koreya y’Epfo

Editorial 27 Apr 2018
Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo
Mu Mahanga

Rurageretse hagati ya Turukiya na Amerika, abaturage bari kubigenderamo

Editorial 09 Oct 2017
Rayon Sports isezereye Police FC igera muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Mukura VS
Amakuru

Rayon Sports isezereye Police FC igera muri 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro aho izahura na Mukura VS

Editorial 03 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru