• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Yoweri K.Museveni arasiga ibye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi

Editorial 04 Nov 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko byatangajwe na Okello ORYEM, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Uganda, Perezida w’icyo gihugu Kaguta Yoweri Museveni arifuza inama y’igitaraganya y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’afrika y’ Uburasirazuba, ngo kugirango barebe icyo bafasha Ethiopia, bityo intambara hagati y’ingabo za Leta y’icyo gihugu n’abarwanyi ba TPLF ihagarare. N’ubwo bagenzi be bamwumvira bakitabira iyo nama, ariko se Museveni yaba ajyanyemo irihe jambo?

Abumvise icyifuzo cya Perezida Museveni bibajije ingano y’icyizere afitiwe mu karere no ku rwego mpuzamahanga, ku buryo bagenzi be bazaha ibitekerezo bye gufasha abanya Ethiopia kubona igisubizo cy’ibibazo barimo, mu gihe ari imvano y’ibibazo mu gihugu cye no mu karere kose.

Urugero abasesenguzi batanga, ni uko Perezida Museveni nawe ubwe yugarijwe n’ibibazo bya politiki biri muri Uganda, bishingiye ahanini ku kugundira ubutegetsi, igitugu na ruswa bikabije, byamuteranyije n’abaturage be ndetse n’ibihugu byahoze ari inshuti za Uganda.

Abanya Uganda barashinja Museveni guhindura igihugu cyabo akarima k’umuryango we, ku buryo ukigaraguza agati uko ubyifuza. Muri byinshi Abagande batishimiye, harimo kuba Museveni yasimbukishije inzego nyinshi mu gisirikari umuhungu we Muhoozi Kainerugaba, akamugira Umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka kandi mu by’ukuri nta bushobozi abifitiye.

Ikigamijwe ni ukugirango Muhoozi abungabunge imitungo umuryango wa Museveni n’agatsiko ko mu ishyaka NRM bigwijeho, ariko cyane cyane umugambi wa Museveni ni ugutegura umuhungu we ngo azamusimbure ku mwanya wa Perezida wa Uganda.

Nimwibaze umuperezida ufata umugore we akamugira Ministiri! Ibi byo kwikubira umutungo w’igihugu kandi ubwo biraba mu gihe abapolisi ba Uganda binubira bikomeye gutuzwa mu macumbi ameze nk’imisarani, adakwiye abantu bashinzwe umutekano w’abanyagihugu. Abaturage bavuga ko gufatwa nabi ariho abo bapolisi bakura kwitwara nk’ibyihebe, barya ruswa, banahohotera abaturage.

Ikindi gituma ababikurikiranira hafi basanga Perezida Museveni atakiri mu bavuga rikumvikana, ni uruhare rwe mu gutobera ibihugu bituranye na Uganda. Aha naho ingero zirivugira.
1. Hari imyitwarire ya Museveni mu gufasha imitwe y’iterabwoba ishaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi Abanyarwanda baba cyangwa batemberera muri Uganda. Iki ni kimwe mu bituma uyu mukambwe ushaje nabi nta jambo akwiye mu kunga abaturage bo mu bindi bihugu, mu gihe yajujubire abaturanyi.

2. Uganda ni umufatanyabikorwa ukomeye wa ADF, umutwe w’iterabwoba ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo. Ibimenyetso bifatika bigaragaza ko murumuna wa Museveni, Salim Saleh, akorana ubucuruzi na ADF, amafaranga bishyurana akanyuzwa mu mabanki yo muri Uganda, umuryango wa Museveni ufitemo imigabane.

3. Ubu Kenya na Uganda birarebana ay’ingwe kubera Museveni ushaka kwivanga mu matora ateganyijwe muri Kenya umwaka utaha. Mu minsi ishize inzego z’umutekano muri Kenya zatagiriye Visi-Perezida w’icyo gihugu, William Ruto, washakaga kujya muri Uganda kubonana na Museveni, bagategura imigambi abayobozi ba Kenya batahuye ko yari mibisha. Ibyo kuvangira Kenya biherutse no kwemezwa n’umunyapolitiki ukomeye muri Uganda, Bobi Wine, wanahanganye na Museveni mu matora aheruka , mu kwezi gushize akaba yarasabye ku mugaragaro abaturage ba Kenya kwanga ko Museveni abagenera uko bayobora igihugu cyabo, nk’uko yabigerageje ku Rwanda bikamunanira.

Nguwo rero Yoweri K. Museveni uvuga ko yatanga umusanzu mu gufasha Ethiopia kuva mu bibazo by’intambara irimo, mu gihe nawe ubwe yakaniwe kurangiza ikibazo kimaze imyaka n’imyaniko hagati ye na LRA ya Joseph KONY. Nguko uko Perezida Museveni ashaka gusiga ibiseke bye bita imitemeri akajya gupfundikira iby’abandi!

2021-11-04
Editorial

IZINDI NKURU

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Mu gihe Perezida Tshisekedi ahakana gukorana na FDLR inzego z’ubutasi bw’u Rwanda zamuhaye ibimenyetso simusiga

Editorial 14 Mar 2023
Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Perezida Museveni yategetse gukaza umutekano w’umupfakazi wa Kaweesi bivugwa ko arimo guterwa ubwoba

Editorial 20 Jun 2018
Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Gushyira igitutu ku Rwanda ngo Paul Rusesabagina arekurwe, Lantos Foundation irabiterwa n’ikimwaro cyo kuba yarahaye igihembo umugizi wa nabi

Editorial 14 Oct 2021
Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Editorial 11 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC
ITOHOZA

Gen. Ngendahimana yasezerewe muri RDF atanga ubutumwa kuri FDLR yakoreye na RNC

Editorial 07 Jul 2018
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Editorial 17 Jul 2016
Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.
INKURU NYAMUKURU

Moïse Katumbi yagize icyo avuga ku mpapuro yashyiriweho zo kumuta muri yombi.

Editorial 21 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru