• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ese David Himbara yaba yarose perezida Kagame atari we uyoboye u Rwanda cyangwa ni uguta umutwe?

Ubwanditsi 30 May 2018 ITOHOZA

Iki ni ikibazo cyibajijwe na benshi mu bantu babonye inyandiko yashyize ku rubuga Medium akunze kunyuzaho inkuru ze zisebya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo yahaye umutwe ugira uti: Kagame ari gusura u Rwanda, aho atangira avuga ngo ni uwahoze ari perezida w’u Rwanda, bituma bibaza ukuntu umuntu witwa ko ari umuhanga ufite doctorat afata igihe cyo kwandika ubusa bibaza niba nta kandi kazi agira kamutunze katari ugusebya igihugu cye.

Nk’uko yabyanditse muri iki gisa nk’inkuru cye, yagize ati: “Uwahoze ari perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’igihe gito.”

Ati: “Kagame yafashe konji avuye mu kuzenguruka isi yatangiye kuwa 08 Gicurasi 2018.”

Yakomeje avuga ibintu bigaragaza ko ashobora kuba amaze guta umutwe ndetse abantu bibaza niba atamaze gucanganyikirwa kubera urumogi rwinshi anywa.

Ati” Mu kuhagera, Kagame yakiriwe ku Kibuga cy’indege mpuzamhanga cya Kigali na minisitiri w’ubukungu n’ubukerarugendo, Clare Akamanzi wari ufite ikimenyetso cya Visit Rwanda. Kagame yashimiye Akamanzi ku kwishyura miliyoni 40$ ikipe y’umupira w’amaguru yo mu Bwongereza.” [ arangije kuri twitter ye ashyiraho ifoto iteye itya ya Perezida Kagame na Clare Akamazi ni icyapa cya Visit Rwanda]

Abantu baribaza bati ese Himbara yaba yarose perezida Kagame atakiri ku butegetsi? Clare Akamanzi se ko ari umuyobozi wa RDB, yabaye minisitiri w’ubukungu n’ubukerarugendo ryari? Ese iyo minisiteri ibaho?

Ibaze umuntu utazi u Rwanda kuri ubu asomye iyi nyandiko cyangwa umwana ukiri muto uri kwiga amateka y’u Rwanda n’iyo yaba ari umunyamahanga! Ashobora kugirango Kagame yahoze ari perezida w’u Rwanda ntakiriho cyangwa akagirango Clare Akamanzi niwe minisitiri w’ubukungu w’u Rwanda. Byose bikozwe n’umuntu uvuga ko ari umuhanga wize akaminuza.

Iki si igitangaza ariko kuri bamwe bamaze kumenyera David Himbara n’inyandiko ze kuko nta kiza na kimwe ajya avuga ku Rwanda ndetse agaragaza kutarwifuriza ineza aho aba ashishikariza amahanga guhagarika inkunga atera u Rwanda.

Umuntu akibaza ukuntu umuntu uvuga ko yifuriza ineza Abanyarwanda atinyuka gusaba amahanga guhagarika inkunga ahanini zifasha mu kurushaho kuzamura imibereho y’Abanyarwanda dore ko u Rwanda ruri no mu bihugu bikeya muri Afurika bizwiho gukoresha inkunga bihabwa ari nayo mpamvu inkunga ruterwa irushao kwiyongera nubwo benshi nka ba Himbara baba bifuza ko yahagarara kubera ishyari ry’ibyo u Rwanda rugeraho batabigizemo uruhare.

2018-05-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubutabera : Kumena icyumba cy’Umwami Kigeli V byari ububandi – Ubuhamya bwa Marie-Claire Cyibukayire

Ubutabera : Kumena icyumba cy’Umwami Kigeli V byari ububandi – Ubuhamya bwa Marie-Claire Cyibukayire

Ubwanditsi 03 Jan 2017
‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

‘Uyu mugore muto hari ibitekerezo ahagarariye’ Mushikiwabo avuga kuri D. Rwigara

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Ubwanditsi 24 Sep 2023
Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Umwami Kigeli yashimiye Rushyashya kumukiza amabandi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Rukundo
    May 30, 20181:55 pm -

    Aho ubivuze ukuli mwanditsi, umwana ucyiga amateka cg undi wese wifuza kumenya amakuru yi Rwanda.

    Aho mpuriza nawe nuko uyu mugabo asa nudakomeye mumutwe kubera ibyo yandika cg ashushanya ku mbuga nkoranya mbaga. Ibi byose binyereka ko nta bunyangamugayo byumuntu warezwe.
    Erega PHD ntacyo ivuze, aba PHD ni nka ba Donald bayoboye BAD, ba Kigabo ba BNR…

    Eh, reka mbibutse , muzi aka nyamakuru ubanza gakomoka Cameroune gaheruka kubona PHD , ngo kakoze ubushakashatsi ku cyateye Genocide , ngo ni FPR ubu abantu ba muvoma baramuririmba haba Belgique, france sinakubwira ngo yaravumbuye.
    Mbabwire burya gupfa sukuvamlo umwuka guisa, abantu nkaba bumva ko ali abanyabwenge mujye mubabwira muti , ubwenge burya ni cyimeza urabuvukana ukabusazana naho mumashuli nukukongerera kuko nabayaremye iyisumbaho ntiyigeze ayiga.
    Burya umuhanga nta matiku agira, muzasome mubitabo bya filosofia icyo abo nita abahanga banditse.

    Ngarutse kubyo yanditse, ibi burya yashakaga kwerekana ko kagame amara igihe kinini hanze kurusha mu Rwanda. nuko yazimije nyine, ibi yabikoze kuko abasomyi bakumva ali nko gucuranga imwe gusa, kuko ibi byo abihoza mmu kanwa….

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho  isoko rusange muri Afurika
INKURU NYAMUKURU

Museveni yasubitse urugendo rwe mu Rwanda aho yari ategerejwe mu nama yo gushyiraho isoko rusange muri Afurika

Ubwanditsi 19 Mar 2018
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?
Amakuru

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana
Mu Rwanda

Rusizi: Igitero cyitwaje intwaro cyahitanye babiri bishwe barashwe n’abantu bataramenyekana

Ubwanditsi 12 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru