• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Ubwanditsi 10 May 2017 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda kiratangaza ko abasirikare babiri bo mu ngabo z’igihugu batawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo kwica umuturage w’ i Gikondo mu Mujyi wa Kigali.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana yavuze ko mu basirikare bari ku burinzi i Gikondo ngo hari uwarashe umuturage bimuviramo urupfu.

Ibyo byabaye mu masaha ya saa saba z’igicuku zo kuri uyu wa 10 Gicurasi 2017.

Lt Col Ngendahimana avuga ko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ivan Ntivuguruzwa bamaze gutabwa muri yombi mu gihe iperereza rigikomeje.

Yagize ati “Ni byo byabaye ahagana mu ma saa saba za mugitondo, aho abasirikare bari bari ku burinzi bacunga umutekano muri ako gace ka Gikondo, umwe muri bo yarashe umuturage bimuviramo gupfa, gusa ntitutaramenya neza impamvu yateye uko kurasa no kwica uwo muturage, gusa icyo nakwizeza ni uko iperereza ryahise ritangira ndetse n’abasirikare bombi bafashwe ubu bari mu maboko y’ubugenzacyaha kugira ngo iperereza rishobore gukorwa mu ituze. Ikizava muri iryo perereza ni cyo kizagenderwaho ndetse n’ibyo amategeko ateganya ni byo bizashyikirizwa ubutabera bahanwe niba icyaha kibahama.”

Umunyamakuru: Umuturage wishwe koko yacuruzaga akabari?

Lt Col Ngendahimana: “Ibyo byose ni byo ntekereza ko iperereza rizagaragaza kuko haracyari kare kugira ngo umuntu abe yavuga ngo ibijyanye n’icyo kibazo byose ni uku biteye kandi byaba atari na byiza kuko bishobora kugira ingaruka kuri iryo perereza riri gukorwa.”

-6516.jpg

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yihanganishije umuryango wa nyakwigendera, avuga ko bifatanyije mu kababaro.

Yagize ati “Ubutumwa bwa mbere natanga ni ubwo kwihanganisha umuryango wabuze umuntu wabo, kuko gupfusha umuntu buri gihe biba biremereye ntawabyifuriza undi, kuba byabaye kandi bigakorwa n’umwe mu ngabo z’igihugu nta kuntu tutakwihanganisha, birababaje kandi tubafashe mu mugongo muri ibi bihe bikomeye barimo.”

-6515.jpg

Akabari byabereyemo i Gikondo

Lt Col Ngendahimana yavuze ko bijya bibaho ko iryo sanganya ryabaye bitewe n’impanuka, uburangare cyangwa amakosa, aho yemeza ko babifatira ingamba kugira ngo bitongera kubaho ukundi.

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Mugihe twiturije Abanyapolitiki n’Abaherwe barategura aho bazahungira

Ubwanditsi 13 Jan 2017
“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

“Abashimuta kandi bakica abantu bari iruhande rwa Museveni” Umushakashatsi Yusuf Serunkuma

Ubwanditsi 12 Sep 2019
RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

RNC ikomeje kwihakana Maj (Rtd) Habib Mudathiru, naho abayobozi bakuru ba FDLR barashinjwa kugambanira Lt Gen Mudacumura

Ubwanditsi 20 Oct 2019
Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Ubwanditsi 15 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Uwiyitaga umuvuzi gakondo yatawe muri yombi  kubera kwiha ububasha ku mirimo itari iye
Mu Mahanga

Rubavu: Uwiyitaga umuvuzi gakondo yatawe muri yombi kubera kwiha ububasha ku mirimo itari iye

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama
Mu Rwanda

Umugabo yishe umugore we utwite amezi 7 wari waramuhungiye i Ntarama

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo

Ubwanditsi 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru