• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Abasirikare babiri b’u Rwanda bakekwaho kwica umuturage i Gikondo batawe muri yombi

Ubwanditsi 10 May 2017 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda kiratangaza ko abasirikare babiri bo mu ngabo z’igihugu batawe muri yombi bakekwaho icyaha cyo kwica umuturage w’ i Gikondo mu Mujyi wa Kigali.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana yavuze ko mu basirikare bari ku burinzi i Gikondo ngo hari uwarashe umuturage bimuviramo urupfu.

Ibyo byabaye mu masaha ya saa saba z’igicuku zo kuri uyu wa 10 Gicurasi 2017.

Lt Col Ngendahimana avuga ko abakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Ivan Ntivuguruzwa bamaze gutabwa muri yombi mu gihe iperereza rigikomeje.

Yagize ati “Ni byo byabaye ahagana mu ma saa saba za mugitondo, aho abasirikare bari bari ku burinzi bacunga umutekano muri ako gace ka Gikondo, umwe muri bo yarashe umuturage bimuviramo gupfa, gusa ntitutaramenya neza impamvu yateye uko kurasa no kwica uwo muturage, gusa icyo nakwizeza ni uko iperereza ryahise ritangira ndetse n’abasirikare bombi bafashwe ubu bari mu maboko y’ubugenzacyaha kugira ngo iperereza rishobore gukorwa mu ituze. Ikizava muri iryo perereza ni cyo kizagenderwaho ndetse n’ibyo amategeko ateganya ni byo bizashyikirizwa ubutabera bahanwe niba icyaha kibahama.”

Umunyamakuru: Umuturage wishwe koko yacuruzaga akabari?

Lt Col Ngendahimana: “Ibyo byose ni byo ntekereza ko iperereza rizagaragaza kuko haracyari kare kugira ngo umuntu abe yavuga ngo ibijyanye n’icyo kibazo byose ni uku biteye kandi byaba atari na byiza kuko bishobora kugira ingaruka kuri iryo perereza riri gukorwa.”

-6516.jpg

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col René Ngendahimana

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yihanganishije umuryango wa nyakwigendera, avuga ko bifatanyije mu kababaro.

Yagize ati “Ubutumwa bwa mbere natanga ni ubwo kwihanganisha umuryango wabuze umuntu wabo, kuko gupfusha umuntu buri gihe biba biremereye ntawabyifuriza undi, kuba byabaye kandi bigakorwa n’umwe mu ngabo z’igihugu nta kuntu tutakwihanganisha, birababaje kandi tubafashe mu mugongo muri ibi bihe bikomeye barimo.”

-6515.jpg

Akabari byabereyemo i Gikondo

Lt Col Ngendahimana yavuze ko bijya bibaho ko iryo sanganya ryabaye bitewe n’impanuka, uburangare cyangwa amakosa, aho yemeza ko babifatira ingamba kugira ngo bitongera kubaho ukundi.

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Urunturuntu ku rupfu rw’Umupolisi Mukuru muri Uganda, AIGP Kaweesi

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Uvira: Abarundi n’Abanyarwanda bafunze bashinjwa ubunyeshyamba baratabaza

Ubwanditsi 07 Oct 2018
Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Inyandiko y’ibanga ya IGAD yagaragaje ko Uganda ariyo kibazo gikuru mu kugarura amahoro muri Sudan y’Amajyepfo

Ubwanditsi 18 Aug 2019
IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Ubwanditsi 16 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo  yavuganaga na pasiteri kuri telefone
ITOHOZA

Umugore yasutseho umugabo we amavuta ashyushye nyuma yo gushyamirana ubwo yavuganaga na pasiteri kuri telefone

Ubwanditsi 04 Oct 2016
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Ubwanditsi 22 Jan 2019
Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu
POLITIKI

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru