• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Tariki 02 Gashyantare 2022, Emmanuel Rukundo, umwe mu bajenosideri bahoze bafungiye muri Mali bakaza kurekurwa, yasabye urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Mali kongerera agaciro uruhushya rwe rwo gutura muri Mali by’agateganyo, kuko urwo yari asanganye rwarangije igihe.

Urwo rwego rwamuteye utwatsi, ndetse rumwambura n’impapuro yari yitwaje, Emmanuel Rukundo ataha nta cyangombwa na mba kimwemerera kuba muri Mali.

Ibisobanuro yahawe ni uko we na bagenzi be bari bemerewe kuba muri Mali nk’imfungwa gusa, kuba bararekuwe rero bakaba bagomba gushaka ahandi berekeza.

Emmanuel Rukundo n’abandi bajenosideri bagenzi be, aribo Ferdinand Nahimana, Obed Ruzindana, Samuel Manishimwe na Paul Bisengimana, bahise bashya ubwoba kuko bari muri Mali mu buryo butemewe n’amategeko, maze ejo kuwa kane tariki 03 Gashyantare 2022 bandika inyandiko ndende yuzuyemo amaganya, basaba Umwanditsi Mukuru w’Urwego rwashinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda, ngo abingingire Leta ya Mali ireke kubirukana ku butaka bwayo, mu gihe bagishakirwa ikindi gihugu kibakira.

Aba Banyarwanda ni bamwe mu boherejwe gufungirwa muri Mali ubwo bari bamaze guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Hari mu rwego rw’amasezerano ibihugu binyuranye, birimo na Mali, byagiranye na Loni yo kwakira imfungwa z’Urukiko Mpuzamahanga rwa Arusha.

Bamwe barangije ibihano, abandi bafungurwa mu buryo budasobanutse, hitwajwe ko bamaze muri gereza hejururu ya ¾ by’igihano bakatiwe. Bamaze gufungurwa babuze amajyo, Mali ibaha ibyangombwa by’igihe gito bibemerera kuba bagumye muri icyo gihugu.

Ayo mahirwe rero niyo arimo kubayoyokana, bakaba bagiye kuba nka Gahini wishe umuvandimwe we Abeli, isi ikamubana nto.

Mali ije yiyongera kuri Niger iherutse guha igihe ntarengwa abandi bajenosideri 8 b’Abanyarwanda ngo babe bayiviriye ku butaka.

Abo bagikerakera muri Mali ntibazi amaherezo yabo, kuko n’ubu nta gihugu na kimwe kiremera kubakira.
Nyamara Leta y’u Rwanda yakomeje kuvuga ko yiteguye kwakira abo Banyarwanda, kandi ko ntacyo bazongera gukurikiranwaho.

Ikanavuga ariko ko mu gihe baba bahisemo kujya mu bindi bihugu, ari uburenganzira bwabo, icyakora ibihugu bibacumbiye bikababuza kuhakomereza ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ikigaragara nta gihugu cyifuza kwigerekaho umutwaro wo gucumbikira aba bagome. Nyamara baba abari muri Mali, baba n’abari muri Niger ntawe ukozwa ibyo kuza mu Rwanda, kubera ipfunwe ry’ibyo basize bahakoze.

Bahisemo gukomeza kubunza akarago, kugeza bashizemo umwuka, dore ko abenshi muri bo bageze no mu zabukuru.

Agatima gake basigaranye kari gakwiye kubagira inama bagataha mu Rwanda, kandi Abanyarwanda bazabakira kuko ibyaye ikiboze irakirigata.

2022-02-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Ubwanditsi 05 Nov 2017
Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Hakim Sahabo yatijwe ikipe ya K. Beerschot V.A. avuye muri Standard de Liège zose zo mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jan 2025
Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Mu gihe urubanza rwa Paul Rusesabagina  rukomeje, bamwe mu bamushyigikiye cyane b’Abanyamerika bashobora nabo kujyanwa mu  nkiko

Ubwanditsi 12 Mar 2021
RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi

RDC: Maneko W’urwego Rw’igihugu Rw’ubutasi (ANR) Yishwe Arashwe N’umupolisi

Ubwanditsi 10 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kurubona rwifitemo inyota yo gutanga umusanzu mu kubaka igihugu

Ubwanditsi 27 Jun 2016
Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye
IMIKINO

Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa yeguye

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika
Mu Mahanga

Umuganura 2016 uzahuza iby’i Rwanda n’Umuco Nyafurika

Ubwanditsi 27 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru