• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Editorial 22 Jun 2017 SHOWBIZ

Zari uri mu bagore bazwi cyane mu bijyanye n’imyadagaduro mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba, yajyanywe mu bitaro abisikana n’umubyeyi we wari wafashwe n’indwara y’umutima.

Zari Hassan ni umwe mu bagore b’abaherwe mu bazwi mu by’imyidagaduro mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba. Yahoze ari umuririmbyi ariko aza kubihagarika. Kumenyekana kwe byaturutse ku gushakana n’umuherwe Ivan Ssemwanga nyuma akamuta akajya kubana n’umuhanzi Diamond.

Ibibazo by’uburwayi mu bafite aho bahurira n’uyu mugore, byatangiriye ku wahoze ari umugabo we, Ivan Ssemwanga, warwariye muri Afurika y’Epfo akaza no kwitaba Imana, hakurikiraho nyina wa Zari wajyanywe mu bitaro mu mpera z’icyumweru gishize akomerewe ngo akurikiranwe n’abaganga kubera indwara y’umutima.

Umuvandimwe wa Zari witwa Ashutalal wari watangaje amakuru y’uburwayi bw’umubyeyi wabo, yongeye kwandika kuri Instagram ahamya ko yakuwe mu bitaro kuri ubu akaba ari kuruhukira mu rugo.

Yagize ati “Mwarakoze mwese ku bw’amasengesho. Mama yavuye mu bitaro, aracyafite intege nke gusa ari kuzanzamuka neza. Imana ni nziza.”

Nyuma y’aho umubyeyi wa Zari ajyanywe mu bitaro ku bw’indwara y’umutima akaza gukurwamo, Diamond yahishuye ko uyu mugore we na we babisikanye amwifuriza kurwara ubukira nubwo atigeze atangaza indwara yamufashe.

Diamond yashyize ifoto ya Zari kuri Snapchat aryamye ku gitanda cyo kwa muganaga, yandika amwifuriza kurwara ubukira akoroherwa.

-7043.jpg

Hashize iminsi zari adakoresha imbuga nkoranyambaga nyuma y’aho bitangajwe ko arwaye

-7042.jpg

-7044.jpg

Diamond wifurije Zari koroherwa, mu minsi ishize bateye impaka ku mbuga nkoranyambaga umugabo agaragaza ko umugore ashobora kuba amuca inyuma undi arabinyomoza, hashize umwanya bombi barivuguruza bagaragaza ko nta mwuka mubi uri hagati yabo.

Aba bombi babanye badakoze ubukwe mu 2014, ni nyuma y’igihe kinini cyari gishize uyu mugore atandukanye n’umuherwe Ivan Ssemwanga. Nubwo Diamond na Zari bamaranye imyaka itatu, urukundo rwabo rwatangiye benshi barukemanga ndetse hari n’ibitangazamakuru bitatinyaga kwatura ko ‘ibyabo bitazaramba’.

2017-06-22
Editorial

IZINDI NKURU

Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Rwogera ni izina rishya mu muziki nyarwanda, yifashishije indirimbo ashimira ababyeyi be kubwo kwitanga kwabo ku buzima bwe.

Editorial 09 Jun 2021
Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Inama zagufasha guhitamo umusore nyawe mugihe ufite benshi bagukunda

Editorial 16 Dec 2017
Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Editorial 04 Apr 2018
Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Umuhanzi J Cole yemejwe nk’umwe mu bakinnyi bazakinira ikipe ya Patriots BBC mu mikino ya BAL igiye kubera mu Rwanda.

Editorial 11 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda
SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Editorial 04 Apr 2018
Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019
UBUKUNGU

Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wazamutse ku kigero cya 12.2% mu gihembwe cya kabiri cya 2019

Editorial 18 Sep 2019
Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu
POLITIKI

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Editorial 26 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru