• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene
Muhigirwa Louis

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019 Mu Rwanda

Ibi n’ibyatangarijwe abanyamakuru inama rusange ya AJPRODHO-Jijukirwa irangiye, yabereye muri Hotel Classic ku Kicukiro, mu cyumba cy’iyi Hotel kuri iki cyumweru tariki ya 31/03/2019, na Bwana Muhigirwa Louis, Perezida w’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere cyane cyane mu rubyiruko AJPRODHO-Jijukirwa.

Uwiringiyimana Deo, mu buhamya bwe yavuze ko yarangije amashuri yisumbuye ashakisha icyo akora arakibura, nibwo yaje kuba umunyonzi aho yagize ati” Narangije amashuri yisumbuye mbuze akazi mfata igare njya kunyonga ntwara abantu. Mu by’ukuri ntacyo amafaranga nakoreraga nabonaga angezaho”

Akomeza avuga ko AJPRODHO-Jijukirwa, yabagiriye inama yo kwibumbira mu matsinda, aho bahereye ku mafaranga 200 nk’umugabane wa buri munyamuryango. AJPRODHO-Jijukirwa ngo yababwiye ko nubwo muri uwo mwanya babona batanze amafaranga make, ariko ku mwaka azaba yariyongereye, hakagurizwa abantu bagatanga inyungu.

Uwiringiyimana Deo, yakomeje adutangariza ko muri iryo tsinda yafashemo imyanya ine ihwanye na 800 F, ngo mu mwaka yafashe ibihumbi mirongo ine (40,000 Frw).

Nk’uko yakomeje abidutangariza ngo yibutse ko yari afite ikiroto cyo korora ingurube, yigurira iya 25,000 Frw, yaje kubwagura ibibwana 11 mu mwaka 2016.

Inyungu yakuye mu mushinga w’ubworozi bw’ingurube n’uko murumuna we yatsinze, iwabo bakabura ubushobozi bwo kumujyana ku ishuri, aha ngo yigiriye inama yo kugurisha bya bibwana asiga nyina yabibwaguye, amafaranga akuyemo murumuna we ayajyana ku ishuri.

Iyi ngurube kandi yasigaye yaje kubyara ibibwana 13 mu 2017, bimaze amezi atandatu agurisha ibibwana bitanu kimwe bamuha 70,000 Frw. Ubu ngo mu gace k’iwabo basigaye bamwita umukire.

Uwiringiyimana Deo, ufite ikiraro kinini cy’ingurube, mu mihigo ye ngo mu minsi iri imbere yiteguye kwirihira kaminuza, abikesha inama yagiriwe na AJPRODHO-Jijukirwa.

 AJPRODHO-Jijukirwa

Nk’uko Bwana Muhigirwa Louis, yakomeje abidutangariza ngo bunganira muri gahunda za Leta, zirimo kwihangira umurimo n’izindi zigamije kuzamura iterambere ry’Abanyarwanda. Aho ubu bagiye gushimangira umugoroba w’ababyeyi.

Yakomeje adutangariza ko bagiye guhugura abaturage ku burenganzira bwabo, aho asanga nibahugurwa batazajya bakomeza kugwa mu mutego wa ruswa.

Yakomeje atubwira ko bagiye guhugura urubyiruko rw’abakobwa bari mu mashuri, kwirinda gutwara inda batifuza, babigisha kwihangira umurimo ndetse n’abaguye muri icyo kibazo cyo gutwara inda bakabafasha gusubira mu mashuri.

Ikindi yavuze cyavuye mu myanzuro y’iyo nama y’inteko rusange ni aho abakozi babiri bo muri ngenzuzi bari barasezeye ku mirimo yabo, muri iyo nama rusange na perezida ngenzuzi yaje gusezera ku bushake ku mirimo yari ashinzwe. Aha ngo habayeho gutora andi maraso mashya muri ngenzuzi kugira ngo uru rwego rukomeze inshingano zarwo.

Jean- Claude Afurika

2019-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Barafinda ari mugahinda  nyuma y’uko ngo  hari abantu bakomeje kumutwara  ‘Udukoryo’

Barafinda ari mugahinda nyuma y’uko ngo hari abantu bakomeje kumutwara ‘Udukoryo’

Ubwanditsi 04 Sep 2017
Prophet Fire [ Pastor Bosco ]  avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Prophet Fire [ Pastor Bosco ] avuye i Burayi ahatangije itorero Patmos ndetse ngo ibitangaza byarakoretse

Ubwanditsi 12 Oct 2017
Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa kabiri w’irushanwa rya Basketball Africa League BAL yakinaga na GNBC yo muri Madagascal amanota 78 kuri 72.

Ubwanditsi 19 May 2021
Umugore utaramenyekana yishe umwana yari amaze kubyara amujugunya muri ruhurura

Umugore utaramenyekana yishe umwana yari amaze kubyara amujugunya muri ruhurura

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe
ITOHOZA

Lt Gen Karenzi Karake na Maj. Gen Jack Nziza mu basirikare bakuru basezerewe

Ubwanditsi 21 Jul 2017
Abaturiye n’abakoresha ibiyaga n’inzuzi barishimira serivisi bahabwa n’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi
Mu Mahanga

Abaturiye n’abakoresha ibiyaga n’inzuzi barishimira serivisi bahabwa n’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona
IMIKINO

Manchester United yatsikiye bihesha Manchester City igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru