• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene
Muhigirwa Louis

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019 Mu Rwanda

Ibi n’ibyatangarijwe abanyamakuru inama rusange ya AJPRODHO-Jijukirwa irangiye, yabereye muri Hotel Classic ku Kicukiro, mu cyumba cy’iyi Hotel kuri iki cyumweru tariki ya 31/03/2019, na Bwana Muhigirwa Louis, Perezida w’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere cyane cyane mu rubyiruko AJPRODHO-Jijukirwa.

Uwiringiyimana Deo, mu buhamya bwe yavuze ko yarangije amashuri yisumbuye ashakisha icyo akora arakibura, nibwo yaje kuba umunyonzi aho yagize ati” Narangije amashuri yisumbuye mbuze akazi mfata igare njya kunyonga ntwara abantu. Mu by’ukuri ntacyo amafaranga nakoreraga nabonaga angezaho”

Akomeza avuga ko AJPRODHO-Jijukirwa, yabagiriye inama yo kwibumbira mu matsinda, aho bahereye ku mafaranga 200 nk’umugabane wa buri munyamuryango. AJPRODHO-Jijukirwa ngo yababwiye ko nubwo muri uwo mwanya babona batanze amafaranga make, ariko ku mwaka azaba yariyongereye, hakagurizwa abantu bagatanga inyungu.

Uwiringiyimana Deo, yakomeje adutangariza ko muri iryo tsinda yafashemo imyanya ine ihwanye na 800 F, ngo mu mwaka yafashe ibihumbi mirongo ine (40,000 Frw).

Nk’uko yakomeje abidutangariza ngo yibutse ko yari afite ikiroto cyo korora ingurube, yigurira iya 25,000 Frw, yaje kubwagura ibibwana 11 mu mwaka 2016.

Inyungu yakuye mu mushinga w’ubworozi bw’ingurube n’uko murumuna we yatsinze, iwabo bakabura ubushobozi bwo kumujyana ku ishuri, aha ngo yigiriye inama yo kugurisha bya bibwana asiga nyina yabibwaguye, amafaranga akuyemo murumuna we ayajyana ku ishuri.

Iyi ngurube kandi yasigaye yaje kubyara ibibwana 13 mu 2017, bimaze amezi atandatu agurisha ibibwana bitanu kimwe bamuha 70,000 Frw. Ubu ngo mu gace k’iwabo basigaye bamwita umukire.

Uwiringiyimana Deo, ufite ikiraro kinini cy’ingurube, mu mihigo ye ngo mu minsi iri imbere yiteguye kwirihira kaminuza, abikesha inama yagiriwe na AJPRODHO-Jijukirwa.

 AJPRODHO-Jijukirwa

Nk’uko Bwana Muhigirwa Louis, yakomeje abidutangariza ngo bunganira muri gahunda za Leta, zirimo kwihangira umurimo n’izindi zigamije kuzamura iterambere ry’Abanyarwanda. Aho ubu bagiye gushimangira umugoroba w’ababyeyi.

Yakomeje adutangariza ko bagiye guhugura abaturage ku burenganzira bwabo, aho asanga nibahugurwa batazajya bakomeza kugwa mu mutego wa ruswa.

Yakomeje atubwira ko bagiye guhugura urubyiruko rw’abakobwa bari mu mashuri, kwirinda gutwara inda batifuza, babigisha kwihangira umurimo ndetse n’abaguye muri icyo kibazo cyo gutwara inda bakabafasha gusubira mu mashuri.

Ikindi yavuze cyavuye mu myanzuro y’iyo nama y’inteko rusange ni aho abakozi babiri bo muri ngenzuzi bari barasezeye ku mirimo yabo, muri iyo nama rusange na perezida ngenzuzi yaje gusezera ku bushake ku mirimo yari ashinzwe. Aha ngo habayeho gutora andi maraso mashya muri ngenzuzi kugira ngo uru rwego rukomeze inshingano zarwo.

Jean- Claude Afurika

2019-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Ubwanditsi 10 Jan 2022
Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Abapagani bagiye kwamburwa Business zihabwe Abarokore -Dr. APÔTRE GITWAZA

Ubwanditsi 12 Jul 2018
Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Perezida wa Tanzania Magufuli yirukanye abakozi ba Leta ibihumbi 10 bahawe akazi badakwiye gukora

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026

RUSHYASHYA 05 Jul 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwungutse inkura 5 z’umukara rwakuye I Burayi

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2
Uncategorized

Muri Playoffs, Patriots yatsinze APR BBC imibare iba myinshi ku makipe yombi anganya imikino 2-2

Ubwanditsi 19 Sep 2024
Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Nkurunziza yongeye gusaba Museveni, gutumiza inama yiga ku mubano w’u Rwanda n’u Burundi

Ubwanditsi 30 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru