• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene
Muhigirwa Louis

AJPRODHO-JIJUKIRWA: Mu gufasha urubyiruko rugera 9,000 kwivana mu bukene

Ubwanditsi 03 Apr 2019 Mu Rwanda

Ibi n’ibyatangarijwe abanyamakuru inama rusange ya AJPRODHO-Jijukirwa irangiye, yabereye muri Hotel Classic ku Kicukiro, mu cyumba cy’iyi Hotel kuri iki cyumweru tariki ya 31/03/2019, na Bwana Muhigirwa Louis, Perezida w’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu n’iterambere cyane cyane mu rubyiruko AJPRODHO-Jijukirwa.

Uwiringiyimana Deo, mu buhamya bwe yavuze ko yarangije amashuri yisumbuye ashakisha icyo akora arakibura, nibwo yaje kuba umunyonzi aho yagize ati” Narangije amashuri yisumbuye mbuze akazi mfata igare njya kunyonga ntwara abantu. Mu by’ukuri ntacyo amafaranga nakoreraga nabonaga angezaho”

Akomeza avuga ko AJPRODHO-Jijukirwa, yabagiriye inama yo kwibumbira mu matsinda, aho bahereye ku mafaranga 200 nk’umugabane wa buri munyamuryango. AJPRODHO-Jijukirwa ngo yababwiye ko nubwo muri uwo mwanya babona batanze amafaranga make, ariko ku mwaka azaba yariyongereye, hakagurizwa abantu bagatanga inyungu.

Uwiringiyimana Deo, yakomeje adutangariza ko muri iryo tsinda yafashemo imyanya ine ihwanye na 800 F, ngo mu mwaka yafashe ibihumbi mirongo ine (40,000 Frw).

Nk’uko yakomeje abidutangariza ngo yibutse ko yari afite ikiroto cyo korora ingurube, yigurira iya 25,000 Frw, yaje kubwagura ibibwana 11 mu mwaka 2016.

Inyungu yakuye mu mushinga w’ubworozi bw’ingurube n’uko murumuna we yatsinze, iwabo bakabura ubushobozi bwo kumujyana ku ishuri, aha ngo yigiriye inama yo kugurisha bya bibwana asiga nyina yabibwaguye, amafaranga akuyemo murumuna we ayajyana ku ishuri.

Iyi ngurube kandi yasigaye yaje kubyara ibibwana 13 mu 2017, bimaze amezi atandatu agurisha ibibwana bitanu kimwe bamuha 70,000 Frw. Ubu ngo mu gace k’iwabo basigaye bamwita umukire.

Uwiringiyimana Deo, ufite ikiraro kinini cy’ingurube, mu mihigo ye ngo mu minsi iri imbere yiteguye kwirihira kaminuza, abikesha inama yagiriwe na AJPRODHO-Jijukirwa.

 AJPRODHO-Jijukirwa

Nk’uko Bwana Muhigirwa Louis, yakomeje abidutangariza ngo bunganira muri gahunda za Leta, zirimo kwihangira umurimo n’izindi zigamije kuzamura iterambere ry’Abanyarwanda. Aho ubu bagiye gushimangira umugoroba w’ababyeyi.

Yakomeje adutangariza ko bagiye guhugura abaturage ku burenganzira bwabo, aho asanga nibahugurwa batazajya bakomeza kugwa mu mutego wa ruswa.

Yakomeje atubwira ko bagiye guhugura urubyiruko rw’abakobwa bari mu mashuri, kwirinda gutwara inda batifuza, babigisha kwihangira umurimo ndetse n’abaguye muri icyo kibazo cyo gutwara inda bakabafasha gusubira mu mashuri.

Ikindi yavuze cyavuye mu myanzuro y’iyo nama y’inteko rusange ni aho abakozi babiri bo muri ngenzuzi bari barasezeye ku mirimo yabo, muri iyo nama rusange na perezida ngenzuzi yaje gusezera ku bushake ku mirimo yari ashinzwe. Aha ngo habayeho gutora andi maraso mashya muri ngenzuzi kugira ngo uru rwego rukomeze inshingano zarwo.

Jean- Claude Afurika

2019-04-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Unity Club irateganya gutangiza ishuri ry’imiyoborere

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Amb. Karega yashimye uko Abanyarwanda batuye mu Majyepfo ya Afurika bitabiriye amatora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Hari gukorwa amavugurura kuri zone , izasimburwa na rejiyo,tube uturere dutanu aho gukomeza kuba turindwi:Bugingo

Ubwanditsi 09 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima
INKURU NYAMUKURU

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Ubwanditsi 15 Jun 2018
Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?
Amakuru

Umudagekazi w’imyaka 93 yashyizwe muri gereza azira guhakana jenoside yakorewe Abayahudi: Kuki Ingabire Victoire n’abandi bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bo bakomeza kwidegembya?

Ubwanditsi 04 Apr 2022
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN
Amakuru

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru