• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

2016: Uko Padiri Thomas Nahimana yasebeye ku kibuga cy’indege ( JKIA ) I Nairobi-Kenya

Editorial 03 Jan 2017 ITOHOZA

Padiri Thomas Nahimana ni umuyobozi w’ Ishyaka “Ishema ry’u Rwanda” akaba n’umuyobozi w’ikinyamakuru “Le Prophète.fr”. Azwiho cyane amagambo y’urwango, ivangura rishingiye ku moko, akaba yanga urunuka Abatutsi n’ubuyobozi buriho.

Uyu mugabo amaze iminsi agundagurana no kuza mu Rwanda gukora Politiki y’amacakubiri, itahuka rye rikaba rigamije kwitegura guhatanira umwanya wa perezida wa Repubulika, mu matora ateganyijwe muri Kamena 2017.
Ese uyu mugabo yaba ari muntu ki ?

Uyu mupadiri wiyise “Umutaripfana ” akomoka muri Diyoseze ya Cyangugu yanakoreyemo imirimo y’ubusaserodoti. Avuka mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba.

-5205.jpg

Padiri Nahimana, Nkurunziza Venant na Claire Nadine Kasinge n’umwana we w’amezi 7

Padiri Nahimana w’imyaka 45 yatangiye kumenyekana mu Rwanda mu mwaka wa 2005 nyuma yo gutangiza igitangazamakuru gikorera kuri murandasi “Le Prophete.fr”.
Icyo kinyamakuru ni nacyo yagiye akoresha kugeza magingo aya mu nyungu ze zo gusakaza amakuru yangisha abaturage ubuyobozi ndetse n’ingengabitekerezo ya jenoside.

Abakurikirana hafi itangazamakuru na politiki muri rusange bemeza ko icyo gitangazamakuru kuva cyashingwa, gitangaza amakuru yuzuye urwango n’amacakubiri ashingiye ku moko, biranga uyu muhezanguni Padiri Nahimana.
Nahimana yaje kwinjira mu bikorwa bya politiki ku buryo bugaragara ku wa 28 Mutarama 2013 ashinga ishyaka yise “Ishema ry’u Rwanda” aribera Umunyamabanga Mukuru.

Kuya 25 /11/2016 we n’ itsinda rigizwe na Nahimana Thomas, Venant Nkurunziza, Claire Nadine Kasinge n’umwana we w’amezi 7 ( bivugwa ko yashatse gukoresha nk’itirufu mu gutera imbabazi) baheze muri Transit ya JKIA muri Kenya aho bari guteza akavuyo ngo babashe kujya mu Rwanda byanga bikunze.

-5207.jpg

-5204.jpg

Padiri Nahimana na Nkurunziza Venant ( abataripfana ) baryamye ku ntebe z’ikibuga cy’indege Nairobi.

Nyirabayazana w’ihagarikwa rya Padiri Nahimana ni uko yari afite Passport y’Ubufaransa yanakoresheje asaba visa y’ubukerarugendo ihuriweho hagati ya Uganda, Kenya n’u Rwanda yahawe na Ambassade ya Kenya mu Bufaransa.
Nguko uko Padiri yabujijwe n ’ubuyobozi bwa Kenya airways kwinjira mu ndege ijya mu Rwanda.

Ibi bikaba byarabaye nyuma y’amakuru inzego z’abinjira n’abasohoka muri kenya bamenyeye ko Padiri Nahimana ashaka kubaca murihumye akinjira mu Rwanda akoresheke ikibuga cyabo JKIA yitwaje ko aje mu bukerarugendo kandi yari amaze iminsi atangaza ko aje muri politiki mu Rwanda.

Nyuma y’umunsi umwe gusa bari muri Transit ya JKIA Padiri Nahimana yari yatangiye gushyamirana na Nahimana kubera icyizere yari yamuhaye cyamaze kuyoyoka.

Claire Nadine Kasinge yahisemo gusubira inyuma dore ko yarimo kotswa igitutu n’umugabowe ndetse n’amasade ya Canada ngo agarure umwana kuko umwana afite ubwenegihugu bwa Canada, mu busanzwe umugabo wa Kansinge ni umunyarwanda usanzwe ari umusilikare mu ngabo za leta ya Canada, ariko Kansinge yahisemo kugenda atamubwiye asiga umugabo muri Barracks, yirukankana n’ inshoreke ye Nahimana ngo bagiye gukora politiki mu Rwanda.

-5206.jpg

-5203.jpg

Claire Nadine Kasinge n’umwana we w’amezi 7

Nyuma aza guhura n’uruva gusenya asiga Nahimana mukaga asubira muri Canada aciye mu Bufaransa, Kansinge ni umwe mu bayobozi b’Ishyaka Ishema ry’u Rwanda bivugwako afitanye urukundo rw’ibanga na Thomas Nahimana. Kuri ubu Kansinge urugo rwe rurihafi gusenyuka kuko afitanye ibibazo n’umugabo kubera iyi mpamvu.

Amakuru avuga ko Kansinge akigera murugo umuriro watangiye kwaka umugabo we yamubujije kumwinjirira murugo arahukana ajya gucumbika mu nshuti ze zahafi kugeza n’ubu Kansinge ntaragaruka murugo cyane ko umugabowe atumva ibyo umugore abamo bya politiki irwanya igihugu cy’u Rwanda, avuga ko kiyobowe neza, amuregera inshuti guta urugo atamubwiye kuko Kansinge ajya kugenda umugabo we yari mukigo cya gisilikare mukazi ndetse akamurega n’ ubusambanyi we na Nahimana.

Ibiri mu mutwe wa Padiri Thomas Nahimana

Cyiza D.

2017-01-03
Editorial

IZINDI NKURU

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Leah Karegeya afite agahinda ko gufungwa kwa Tumukunde no gusiragizwa na Kayumba Nyamwasa wamucucuye ibyo umugabo we yasize nareke kwitwaza Rushyashya itangaza ibiriho  

Editorial 30 Mar 2020
Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara  umwe ashobora kwica undi

Hagati ya Major Robert Higiro na David Himbara umwe ashobora kwica undi

Editorial 02 Sep 2016
Impamvu  Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Impamvu Karekezi Olivier nabagenzibe bakina muri “Rayon Sport ” Rutanga Eric na Mukunzi batawe muri yombi , yamenyekanye

Editorial 20 Nov 2017
Impamvu zateye Tanzania guha  inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Impamvu zateye Tanzania guha inshingano zikomeye Kaberuka ititaye yuko ari umunyarwanda

Editorial 23 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside
POLITIKI

Ubu kuyobora itorero birasaba kwiga Kaminuza no kuba utarakoze Jenoside

Editorial 12 Jul 2018
Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage
Mu Mahanga

Imipaka y’u Rwanda na Congo yatangiye guhuzwa ku nyungu z’abaturage

Editorial 04 Oct 2018
Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe
INKURU NYAMUKURU

Ikinyamakuru cyari igitoni kuri Leta y’u Burundi cyahagaritswe

Editorial 12 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru