• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

DONALD TRUMP Ashobora kuba atazi ikimuhatse n’ubwo agiye kuba Perezida w’Amerika

Ubwanditsi 14 Jan 2017 ITOHOZA

Mbere yuko itariki ya 20 Mutarama 2017 igera ngo perezida watowe Donald Trump yicare mu ntebe yo gufatiramo ibyemezo, hari ibintu birimo kuba muri politike ya Amerika kuburyo bitanga isura y’ibibazo ubutegetsi bwa Trump buzahura nabyo. Ibi bikaba biterwa n’imyitwarire arimo kugaragaza y’ukuntu ashaka guhindura ibintu byose icyarimwe, akerekana ko abandi ntacyo bakoze ndetse inzego nyinshi akaba yaraziciye amazi, ibi bikaba ari muri bimwe bishobobora gutuma ashobora kugonga urukuta rwa beto.

Kuva aho inzego zitandukanye z’iperereza muri Amerika zitangiye kugirana ubwumvikane buke na perezida watowe Donald Trump, biragaragara ko nabo hari ibyemezo bashobora kuba barimo gufata kuko bari kubona ko imyitwarire ya Trump kuri bo itari myiza kandi ishobora kubabangamira mukazi kabo kihariye.

Nkuko tubikesha inkuru ya The Assoiated Press y’abanyamerika, umunyamakuru wayo washoboye kuganira numwe mubayobozi b’inzego z’iperereza yabwiwe ko nyuma yaho Trump agaragaje imyitwarire yo gusuzugura inzego zitandukanye z’igihugu, noneho mukiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuwa gatatu taliki 11 Mutarama 2017 Trump akagereranya imikorere y’inzego z’iperereza n’abanazi bo mubudage, ngo ibi ntibishobora gukomeza gutya ngo ntamuntu ufite uburenganzira bwo gutesha agaciro inzego z’igihugu cyabo kandi ariwe wakabaye uwambere kuzirengera ngo nubwo hari aho zaba zaragize intege nke muburyo runaka.

-5363.jpg

Visi Perezida Joe Biden

Mukiganiro visiperezida Joe Biden yagiranye n’umunyamakuru Josh Lederman yamubwiye ko hari impamvu zatumye inzego z’ubutasi z’amerika zemera ko amakuru ajyanye n’imyitwarire Trump yagiriye muri Russia mubyo aregwa byuko yakoreyeyo ubusambanyi ndetse nuko hari ibintu by’amafaranga ahabwa cg yaba yarahawe n’abarusiya. Biden yongeye ho ko kandi FBI yabanjye kubimenyesha Obama na Joe Biden babiganiraho ngo kubera uburemere bwabyo hafatwa icyemezo cyuko bigomba kujya hanze. Ariko yasobanuye ko yaba we cg Obama ataribo bafashe icyemezo cyo gusohora ayo makuru, ndetse nabo batunguwe no kumva ayo makuru ngo bo bakaba badashobora kubibazwa.

Ikindi Visi-prezida w’Amerika Joe Biden yavuze ko biragaragara ko Trump ari muruhande rw’umwanzi w’igihugu cyabo ariwe Uburusiya. Biden akomeza avuga ko kwangiza isura y’abanyamerika kandi uri muyobozi ko bidashobora kwihanganirwa ko bizagira aho bigarukira.

Umuyobozi Mukuru w’inzego z’ubutasi James Clapper we yavuze ko ariya makuru ari kumpapuro 35 bayafite kuva mukwezi kwa munani 2016, ngo nubwo yasohotse muri iki cyumweru ngo bafite impamvu byakozwe. Uyu muyobozi nawe yavuze ko Obama yamubajije impamvu babimumenyesheje amubwira ko ari ngombwa kandi ko na Trump azabimenyeshwa ngo kubera uburemere bwabyo. Gusa Obama na Joe Biden babimenyeshwa n’inzego ziperereza zababwiye ko bakigenzura niba koko ayo makuru ariyo mbere yuko hafatwa umwanzuro uwari wose cg se bisohoka.

-5364.jpg

Mu gihe harimo kugaragara urwobo runini mubwumvikane hagati ya Trump n’inzego ziperereza, nyuma yaho uyu perezida mushya w’ Amerika atukiye itangazamakuru akavuga ko ibigo bimwe byitangazamakuru ari ingarane z’ibishingwe by’amakuru hari impirimbanyi zishize hamwe zibarirwa mubihumbi zikaba ziturutse munzego zose harimo abanyamakuru, abashakashatsi,abakinnyi ba filime, aba rero barahamagarira umuntu wese ubishoboye kubafasha gutangira imyigaragambyo ya rukokoma kuhera kuwa gatandatu taliki 14 Mutarama 2017. Icyo bagamije rero barashaka guhagarika ubuzima mu gihugu cyane umunsi wirahira rya Trump ngo kuko bagomba kwanga ubuyobozi bwa Donald Trump na visi perezida we Pence Mike bakabwigomekaho.

Nkuko tubizi ko mubihugu byinshi atari umuntu uyobora ahubwo icyo twakwita amahame yashyizweho (system ) ariyo iyobora umuntu, kuri Trump we ashobora kuba atabikozwa, ibi bikaba bidashobora kuzamworohere mumitegekere ye kuko inzego zose ntabwo yazishyiramo abantu bafite imyumvire nkiye cyane mugihugu nka kiriya ibyemezo byinshi bigomba kwemezwa n’inzego zitandukanye.

Hakizimana Themistocle

2017-01-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Ubwanditsi 24 May 2021
Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya  Leta y’u Rwanda

Mozambique yahagurukiye Abanyarwanda icumbikiye barwanya Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 28 Oct 2016
Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Izindi ‘tracts’ nyinshi zafashwe mu biro by’Intara y’Amajyepfo

Ubwanditsi 15 May 2018
“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

“ Udashinga ntabyina” MPAYIMANA, NAHIMANA na HABINEZA kuyobora u Rwanda – twisekere !!!!

Ubwanditsi 14 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.
Amakuru

Agati kateretswe n’ Imana ntigakangwa n’inkubi y’umuyaga. Abafaransa bafungiraga Paul Kagame i Paris muri Nzeri 1991, ntibari bazi ko nyuma y’imyaka 10 gusa azahagaruka ari Umukuru w’Igihugu cyiyubashye.

Ubwanditsi 23 Apr 2021
Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League
Amakuru

Byasabye iminota 4 yonyine kugirango ikipe ya Real Madrid isange Liverpool ku mukino wa nyuma isezereye Manchester City muri UEFA Champions League

Ubwanditsi 05 May 2022
Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)
INKURU NYAMUKURU

Undi munyarwanda yashimutiwe Uganda n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikari (CMI)

Ubwanditsi 11 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru