• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

 
You are at :Home»MULTIMEDIA»Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka !

Ubwanditsi 29 Mar 2017 MULTIMEDIA

Ni kenshi abantu bagenda bagaragaza ko muri iki gihe Itorero ry’Imana ryamaze kwinjiramo “ABAHANUZI B’IBINYOMA” hari zimwe mu nkuru zagiye zibyandikwaho. Uyu munsi, tugiye kubagezaho birambuye, uburyo umuntu wese ashobora kureba agasesengura, mbese agatahura umuhanuzi w’ibinyoma bitamusabye ko yaba ari mu mwuka. Intumwa Pawulo nayo yabivuze neza ko abahanuzi b’ibinyoma bazaduka mu bihe bya nyuma. 2 Kor. 11:13 ; 1 Kor. 4:16

Ibi ni ibimenyetso 6 bigaragaza abahanuzi b’ibinyoma :

Abahanuzi b’ibinyoma uzababwirwa no “KWIGWIZAHO AMAZINA AREMEREYE” :
Iyo usomye muri Bibiliya, usanga Intumwa Paulo yarerekanaga intege nke ze mu rwego rwo kwicisha bugufi. Nta hantu na hamwe hagaragara ko yashyiraga imbere inyito yuko ari “INTUMWA” abashumba bataye umurongo uzabamenyeshwa no gukangisha abo bayoboye amazina aremereye.

2. Abahanuzi b’ibinyoma uzababwirwa no “KWEREKANA KO BAFITE UMUMARO” :

Henshi mu matorero yayobye, uzasanga mu gihe umushumba yinjira mu rusengero ategerejwe n’imbaga ariko wakwitegereza neza ukabona yinjiranye n’umubare w’abantu 5, umwe amutwaje Bibiliya, undi amutwaje umushwari we (Igitambaro cyo kwihanaguza ibyuya) undi amutwaje amazi, undi amutwaje IPAD cyangwa Telefoni ye igendanwa, undi nawe abagenda imbere kugira ngo aho akandagiye abe ari naho abandi banyura, mbese bimeze nko kubashakira umutekano. Iyo shusho yo kwereka abantu ko umushumba afite agaciro gakomeye kuruta ak’intama, itera impungenge z’ibimuturukamo.

Uyu ni umukino wo gukanga abantu. Iki ni icyaha Imana yanga urunuka “Ubwibone” Bene aba bashumba ntibatinda kugwa hasi.

3. Abahanuzi b’ibinyoma “NTIBAPFA KUBONEKA UKO BABONYE“ :

Iyo uganiriye n’umubare munini w’abakristo basengera mu matorero y’ubuyobe nk’aya niba bajya babona umwanya wo kubonana nabo kugira ngo babahe impuguro ziba zigenewe w’abakristo (umwe ku wundi) bakubwira ko ibyo ntaho babibona. Bavuga ko babona umushumba aza kwigisha gusa ubundi akinjizwa mu modoka huti huti n’abashinzwe kumuherekeza (Abasore b’ibigango) nuko bikarangirira aho, ku yindi minsi bakamuboneyeho ku Itorero bakamubona ku mateleviziyo cyangwa se bakamwumva ku maradiyo gusa.

Intumwa Pawulo yakoraga ibinyuranye cyane n’iyi myitwarire. Inshuro nyinshi wasangaga abana umunsi ku wundi n’abo yigishaga. Niba umushumba adashobora kumva ko ari ku rwego rumwe n’urw’abakristo ayoboye ngo bamwisanzureho, icyo gihe aba yarataye umurongo. Dore amagambo meza Intumwa Paulo yandikiye abatesalonike kuri iyi ngingo”

“Ni cyo cyatumye mudutera imbabazi tukabakunda cyane, tukishimira kutabaha ubutumwa bwiza gusa, ahubwo no kubaha ubugingo bwacu kuko mwatubereye inkoramutima cyane.” 1 Tesalonike 2:8

4. Abahanuzi b’ibinyoma bagaragaza ko ari “IBIHANGANGE“, bakerekana ko abantu babayeho ku bwabo :

“Nuko umwepisikopi akwiriye kuba inyangamugayo, no kuba umugabo w’umugore umwe, abe udakunda ibisindisha wirinda, ugira gahunda mu kubaho kwe, ukunda gucumbikira abashyitsi, ufite ubwenge bwo kwigisha,” 1Tim 3:2

Umushumba ugaragariza abakristo ayoboye ko aramutse adahari ubuzima bwabo bwaba buri mu kaga kuko yaba atakibahanuriye ibizababaho, uwo si uw’Imana ahubwo ni uwa Se Satani. Abashumba benshi bakoresha ububasha bwabo mu gukangisha abayoboke icyo bari cyo kugira ngo babayoboke bimariyemo.

5. Abahanuzi b’ibinyoma “NTIBEMERA GUKORANA N’ANDI MATORERO Y’UMWUKA”

Bene aba bashumba uzasanga badakunda kujya aho abandi bari ngo bahugurwe, usanga baba mu mwuka wo gusenya iby’abandi, bumva ko ari bo banyakuri. Ntibaba mu mahuriro y’amatorero y’umwuka kuko baba bazi ko hari igihe bagubwa gitumo n’abanyamwuka nyakuri. Bene aba uzasanga barashyizeho uburyo bwabo bwihariye bavugamo, uburyo bagenda n’ibindi bigamije kwereka abantu ko bafite umwihariko wabo utaba mu yandi matorero. Iyo abayoboke babavumbuye bakava mu matorero yabo, usanga basigara babavuma bikomeye !

6. Abahanuzi b’ibinyoma “BISHYUZA BURI SERIVISI IKORERWA MU RUSENGERO”

Iby’amafaranga n’amatorero yo muri iki gihe byo sinabyinjiramo cyane kuko ahari nziko hari abandusha kubimenya cyane. Aba bashumba uzasanga basaruza amafaranga ku gato no ku kanini, ariko badashobora kugira inkunga bagenera umukristo uri mu bibazo.

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka!

Ibimenyetso 6 byagufasha gutahura “ABAHANUZI B’IBINYOMA” bitagusabye kujya mu Mwuka!

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021
Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Agashya : 2016, umwaka uzaba ugizwe n’iminsi 366, aho kuba 365

Agashya : 2016, umwaka uzaba ugizwe n’iminsi 366, aho kuba 365

Ubwanditsi 06 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze
INKURU NYAMUKURU

Amayobera: Perezida Museveni yizeye Gen. kale Kayihura ariko ntiyizera urwego yamushinze

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe
POLITIKI

Burundi: Kamarampaka isize bamwe mu bayoboke ba Agathon Rwasa bishwe abandi bafunzwe

Ubwanditsi 18 May 2018
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’itsinda rimufasha mu mavugurura ya AU

Ubwanditsi 25 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru