• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Editorial 02 Jan 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG iravuga ko u Budage bukomeje kuba intangarugero mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

CNLG ivuga ko ibindi bihugu by’i Burayi birimo n’u Bufaransa, byagombye gufata urugero ku Budage rwo guhana abagize uruhare muri Jenoside.

Iyi Komisiyo yo kurwanya Jenoside kandi iravuga ko kuba Urukiko rw’Ubujurire mu Budage rwatakiye Onesphore Rwabukombe gufungwa burundu, ari ikimenyetso gikomeye cy’uko u Budage buha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Ukuboza 2015 nibwo Urukuko rukuru rw’i Frankfurt mu Budage, rwakatiye Onesphore Rwabukombe wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Muvumba gufungwa burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko u Rwanda rwishimiye uyu mwanzuro.

Dr Bizimana yavuze ko Onesphore Rwabukombe yagize uruhare mu kwica abatutsi bitari muri Jenoside gusa, ahubwo ngo yatangiye uyu mugambi guhera mu mwaka wa 1990.

Dr Bizimana yagize ati “Ibyakozwe n’Urukiko rw’ubujurire byahujwe neza n’ibyo uyu mugabo yakoze, kuko guhera mu mwaka wa 1990 yagize uruhare rukomeye muri Byumba aho yatotezaga, ndetse akica Abatutsi. Hagati kandi y’umwka wa 1992-1993 nabwo yagiye atoranya Abahutu b’Interahamwe bagahabwa imyitozo n’intwaro zo kwica Abatutsi.”

Dr Bizimana kandi aravuga ko Rwabukombe yafatanyije n’uwitwa Gatete Jean Baptiste mu kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Kiziguro, ibi akaba yarabikoze nyuma yo guhunga muri Muvumba ahari hamaze gufatwa n’ingabo z’Inkotanyi.

CNLG iravuga ko ibyakozwe n’u Budage bikwiye kubera urugero ibindi bihugu birimo u Bufaransa, abona bucumbagira mu gucira imanza abasize bahekuye u Rwanda.

Yagize ati “u Budage buratanga urugero rwiza, ibindi bihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi birimo u Bufaransa byagombye gukurikiza iby’iki gihugu gikora, ibihugu nk’u Bubirigi nabyo byagombye gudacibwa intege n’amafaranga bitanga mu kuburanisha imanza nk’izi kuko ubu urabona iki gihugu kirimo gucika intege.”

U Budage kandi bwashimiwe mu kuba bwarakatiye abandi banyarwanda babiri barimo Murwanashyaka Ignace wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa FDLR imyaka 13 na Straton Musoni wari umwungirije nawe ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani kubera ibyaha byibasiye inyoko muntu by’intambara FDLR bayoboraga yakoreye ku baturage bo mu Burasirazuba bwa bwa Congo Kinshasa.

Hari abandi banyarwanda bagishakishwa mu Budage

Uretse Rwabukombe wakatiwe gufungwa burundu, Dr Bizimana yabwiye iki kinyamakuru ko hari abandi banyarwanda bakiri mu Budage kandi bagize uruhare muri Jenoside.

-1539.jpg

Dr Bizimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Ifoto/Ububiko)

Aba barimo Maniragaba Baributsa, wahoze ari umwarimu mu ishuri rya Nyakinama, akaba yaranahoze mu ishyaka rya CDR.

Ngo yagendaga atanga imbunda muri Butare zo kwica Abatutsi.

Undi ni Shyirambere Barahira na we wagize uruhare mu gushinga ishyaka rya CDR, nubwo ngo atayikoze ariko kuba yaragize uruhare mu gushinga iri shyaka, ni uko yari afite amatwara nk’ayaryo.

Izuba rirashe

2016-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Editorial 18 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Editorial 14 Mar 2016
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Editorial 18 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Polisi y’u Rwanda, Ubushinjacyaha , Urugaga rw’abaganga n’abaganga b’amenyo basinyanye amasezerano y’ubufatanye

Editorial 14 Mar 2016
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016
Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Editorial 31 Jul 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru