• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG iravuga ko u Budage bukomeje kuba intangarugero mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

CNLG ivuga ko ibindi bihugu by’i Burayi birimo n’u Bufaransa, byagombye gufata urugero ku Budage rwo guhana abagize uruhare muri Jenoside.

Iyi Komisiyo yo kurwanya Jenoside kandi iravuga ko kuba Urukiko rw’Ubujurire mu Budage rwatakiye Onesphore Rwabukombe gufungwa burundu, ari ikimenyetso gikomeye cy’uko u Budage buha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Ukuboza 2015 nibwo Urukuko rukuru rw’i Frankfurt mu Budage, rwakatiye Onesphore Rwabukombe wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Muvumba gufungwa burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko u Rwanda rwishimiye uyu mwanzuro.

Dr Bizimana yavuze ko Onesphore Rwabukombe yagize uruhare mu kwica abatutsi bitari muri Jenoside gusa, ahubwo ngo yatangiye uyu mugambi guhera mu mwaka wa 1990.

Dr Bizimana yagize ati “Ibyakozwe n’Urukiko rw’ubujurire byahujwe neza n’ibyo uyu mugabo yakoze, kuko guhera mu mwaka wa 1990 yagize uruhare rukomeye muri Byumba aho yatotezaga, ndetse akica Abatutsi. Hagati kandi y’umwka wa 1992-1993 nabwo yagiye atoranya Abahutu b’Interahamwe bagahabwa imyitozo n’intwaro zo kwica Abatutsi.”

Dr Bizimana kandi aravuga ko Rwabukombe yafatanyije n’uwitwa Gatete Jean Baptiste mu kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Kiziguro, ibi akaba yarabikoze nyuma yo guhunga muri Muvumba ahari hamaze gufatwa n’ingabo z’Inkotanyi.

CNLG iravuga ko ibyakozwe n’u Budage bikwiye kubera urugero ibindi bihugu birimo u Bufaransa, abona bucumbagira mu gucira imanza abasize bahekuye u Rwanda.

Yagize ati “u Budage buratanga urugero rwiza, ibindi bihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi birimo u Bufaransa byagombye gukurikiza iby’iki gihugu gikora, ibihugu nk’u Bubirigi nabyo byagombye gudacibwa intege n’amafaranga bitanga mu kuburanisha imanza nk’izi kuko ubu urabona iki gihugu kirimo gucika intege.”

U Budage kandi bwashimiwe mu kuba bwarakatiye abandi banyarwanda babiri barimo Murwanashyaka Ignace wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa FDLR imyaka 13 na Straton Musoni wari umwungirije nawe ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani kubera ibyaha byibasiye inyoko muntu by’intambara FDLR bayoboraga yakoreye ku baturage bo mu Burasirazuba bwa bwa Congo Kinshasa.

Hari abandi banyarwanda bagishakishwa mu Budage

Uretse Rwabukombe wakatiwe gufungwa burundu, Dr Bizimana yabwiye iki kinyamakuru ko hari abandi banyarwanda bakiri mu Budage kandi bagize uruhare muri Jenoside.

-1539.jpg

Dr Bizimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Ifoto/Ububiko)

Aba barimo Maniragaba Baributsa, wahoze ari umwarimu mu ishuri rya Nyakinama, akaba yaranahoze mu ishyaka rya CDR.

Ngo yagendaga atanga imbunda muri Butare zo kwica Abatutsi.

Undi ni Shyirambere Barahira na we wagize uruhare mu gushinga ishyaka rya CDR, nubwo ngo atayikoze ariko kuba yaragize uruhare mu gushinga iri shyaka, ni uko yari afite amatwara nk’ayaryo.

Izuba rirashe

2016-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Perezida Tshisekedi yegetse ibibazo bye byose ku Rwanda, arashaka gusunika amatora

Ubwanditsi 21 Sep 2022
Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Za Minisiteri na Polisi y’u Rwanda mu isuzuma rya za Isange One Stop Center mu gihugu.

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 09 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi
IMIKINO

Uko isoko ry’abakinnyi rihagaze ku mugabane w’uburayi

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30
Mu Rwanda

Nyamasheke: Umucungamari wa koperative afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 30

Ubwanditsi 16 May 2017
Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki
Mu Mahanga

Afunze akurikiranyweho impapuro mpimbano yibishije amafaranga 950,000 muri banki

Ubwanditsi 21 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru