• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ikinyoma : Abanzi b’u Rwanda babiri ANJAN na NATHALIE banditse Igitabo : INKURU MBI; ABANYAMAKURU BANYUMA MU GIHUGU CY’IGITUGU

Ubwanditsi 05 Jan 2016 ITOHOZA

Iyi nkuru ni igitekerezo bwite cy’umwanditsi Sam Gody Nshimiyimana : Icyo navugaho nk’umuntu wakoranye nabo :

Hamaze kwandikwa igitabo ku Rwanda cyitwa “AMAKURU MABI ABANYAMAKURU BA NYUMA MU BUTEGETSI BW’IGITUGU “.Anjan SUNDARAM twakoranye muri INTERNEWS/EU I Kigali. Kuba Anjan SUNDARAM yaranditse igitabo ku Rwanda ntibyantunguye yarabimbwiye, gusa sinamenye icyo azandikaho, n’uburyo azandikamo.

Ariko nagiraga impungenge z’uko azagenda mu ngengabitekerezo y’umugore wamushatse, Nathalie BLAQUIERE, wangaga u Rwanda urunuka, akanabigaragaza mu bakozi bacu, aho yashyiraga imbere mu buryo butumvikana no mu mishahara, akurikije ko uri umurundi cyangwa umuzayirwa ( Congolais).Ngo yarazi kumenya n’Abahutu n’Abatutsi b’abanyarwanda ngo nubwo babihishaga. Bamwe bakamuseka cyangwa bakamugaya abandi bakabimushima!

Mbere yo kuza mu Rwanda yakoraga Ituri, abo bantu beza baho ntiyasubiye kubasura, n’imyaka yose yabaye mu Rwanda, ntiyigeze agira amatsiko yo kujya gutemberera I Bujumbura, mu gihugu yavugaga ko kiyobowe neza n’umutegetsi utera umupira unasenga. Nyamara yahoraga akata ku ma moto wenyine mu mabarabara ya Kigali , mu gihugu yitaga icyo abagome. Mu ntambara z’urudaca nahoragamo n’uwo mugore, Anjan ntiyazivangagamo. Yari afite icyo akurikiye!

Uyu Anjan Sundaram twamaranye imyaka itatu, nkorana n’umugore we muri Internews, iyo twagiraga amahugurwa y’abanyamakuru yadufashaga guhugura, ndetse yari umuhanga kurenza umugore we. Gusa umugore niwe wari ufite akazi, ari nawe muyobozi( mubi ) wanjye, umugore wahoraga ashaka kumva inkuru mbi zaba ku Rwanda. Byaje kurangiza, adashoboye kumvisha abaterankunga ikoreshwa ry’amafaranga, kuko icyo bayaduheraga wasangaga ntacyakozwe, ahubwo tugasubira mu byo twarangije gukora.

Uko niko inkunga z’ubumwe bw’I Burayi, na DFID zahagaze, aduta mu biro adasezeye, ajya gusaba akazi muri PNUD ya Kigali, aho yakoze umwaka umwe bikamunanira, ntibamwongerere contrat. Yagiye atyo na Anjan we, n’ubu imodoka ebyiri iya Defender n’iya Suzuki Grand Vitara, umushoferi wazitwaraga yarazijyaniye, utundi dukoresho tunyanyagiye mu bahoze ari abakozi. Leta y’u Rwanda nta ruhare na rumwe yagize mu ihagarara rya Internews mu Rwanda, kuko n’uruhusa rwo gukora rwari ruhari. Twahagaritswe n’imicungire mibi ya Nathalie Blaquiere, umubanyi wa Anjan.

Ngaruke kuri Anjan Sundaram. Uyu yajyaga yohereza amakuru ku Rwanda muri New York Times na Associated Press. Inkuru yohereje ku Rwanda zose zaraguzwe zigasohoka. Ku bitangazamakuru biba bidafite inyungu nyinshi muri tuno duhugu twacu, kugirango inkuru bazajye kuyemera n’uko kiba ari ikintu basanzwe batazi , ndetse batanakekaga.

Ubu isura ya Perezida KAGAME n’u Rwanda izwi muri America, ni iterambere, ikoranabuhanga, umutekano…. Kuvuga ko hari igihande cy’abantu kitagaragara mu ndorerwamo z’ igihugu , muri iryo terambere, uwo mutekano n’ikoranabunga, icyo kintu kikaba ubwisanzure bw’itangazamakuru, igitabo wakwandika cyabona ubusohokero kandi kikagurwa.

Nababwiye kandi ko Anjan SUNDARAM, ni umwana w’umuhanga kandi w’umwihanduzacumu. Aratinyuka cyane,yagiye kuba muri Kongo avuye mu ishuri muri USA, mu gihe n’abahabaga bahahungaga. Muri izo aventures niho yahuye na Nathalie, akora aventure ya kabiri baribanira! Ibitarashimishije ababyeyi bohereje umwana kwiga, akarita, akajya kwinjira abangana na nyina. Icyo gihe yari afite imyaka nka 23. Arashaka kuzereka ababyeyi be b’Abahindi, bamufata nk’uwataye umuco wabo, dore ko yarongoye Umuzungukazi ( Umufaransa wo muri Canada), wavutse muri 1964, umusore yaravutse muri 19985. Iwabo bamufataga nk’inzererezi itagira akazi, yinjira abakecuru kugirango ibeho.

-1569.jpg

ANJAN na NATHALIE

Arashaka kubereka ko afite intego, ubukire butava mu gucuruza gusa bimwe by’Abahinde! Azayabonera mu kwandika, kandi arimo araza ! Niyo mpamvu azi kwihanukirira inkuru, nk’iri zina yabatije iki gitabo. Azabona abasomyi, ariko se ibyo bazasoma nibyo ?
Abanyeshuri twigishije:Ati: “Bamwe batewe ubwoba ntibandika, abandi barafungwa, abandi barahunga, abandi baragurwa bahabwa imyanya ihemba neza.”

Abafungwaga: Twahoraga tuganira ku banyamakuru bafunzwe. Hari abafungwaga bagiye gusaba abantu amafaranga ngo “ Nutayampa ndakwandika”, ibyo mwese mwarabikuriye. Ahubwo baburana, ubunyamakuru bugatuma bagabanyirizwa igihano. Ati “ Hafunzwe umunyamakuru w’umugore”. Byatumye mfata Abonnement y’ibinyamakuru byose, tukajya tubikorera isesengura mu gihe cy’amasomo.

Byarangije abari mu isomo bose bemeje ko izo atari inkuru ari isebanya cg gutukana. Namubajije niba iwabo uunyamakuru ashyize kuri Perezida w’iwabo imisaraba ya Hitler, uko byagenda ? Ambwira ko n’umukuru w’ Intara bitashoboka. Mu bihugu bikomeye ikinyamakuru bagica za Miliyari kikagwa mu gihombo kitakwikuramo. Ibyo babigendera kure !

Abanyamakuru bahunga : Icyo gihe Gasasira Bosco yari amaze kugenda. Ubwe musobanuriye ibyanditswe mu nkuru za Gasasira, aravuga ati ni nk’umwiyahuzi. Ariko liste yari imaze kuba ndende irimo ba Kabonero, Gasana, ba MacDowell , Lucie Umukundwa…..

Namubwiye nk’umunyafurika yo munsi y’ubutayu bwa SAHARA. Ubonye wese icyanzu kimugeza i Burayi yumva ko ari Paradizo ! Kandi koko ayo babona y’imfashanyo, aruta ayo bavunikiraga ino aha! Muri kino gihugu ubuzima bw’ifaranga burakomeye. Ni ugukora cyane. Hari abiba wenda bakabizira, babisimbuka bakaramuka.

-1567.jpg

Igitabo BAD NEWS

Ubunyangamugayo bwari bumaze kuba buke mu itangazamakuru, uwemerewe amafaranga yanyuranyaga n’amasomo twabaga tumaze kumwumvisha ko umuntu yandika inkuru yacukumbuye, kandi ifitiye icyo imariye abasomyi. Aho nkagirango tubyumvikanyeho ! Ariko ni ubundi yarabyumvaga ni ukwigiza nkana, kuko haje agahebuzo uwitwa Alpfonse NSABIMAMA, avuga ko ahigwa kuko yandikaga mu museso.

Yaje guhungishirizwa i Kampala

Yari arangije amahugurwa yacu, afite na projet yo gukora ikinyamakuru. Yacyetse ko Internews mu nshingano zayo itera inkunga y’amafaranga abashinga ibinyamakuru. Inkunga twatangaga ni uguhabwa aho kwandikira na Internet. Ahindura umuvuno, ashaka icyamukura mu Rwanda. Yihererana Nathalie na Anjan,amubwira ko ashakishwa bikomeye, ndetse ko afunguwe mu nzego z’iperereza, ko yari afungiye ahantu hatazwi, n’abamufashe batazwi. bamuhungungishiriza iwabo mu rugo, ahamara ukwezi. Nyuma barabimbwira ngo kureba icyo azira. Naho yaraye muri Polisi i Nyamirambo, indaya babanaga ihuruje yayikubise ngo yamwanduje indwara ( Sida). Ntibyababujije kumwohereza i Uganda, agezeyo yakirwa n’imiryango harimo na Amnistie Internationale bari bamuteguriye kumwakira. Sinzi niba ariho akiba, ariko afite ibintu yandika online bisebya igihugu , nkaho aricyo cyamwirukanye. Uyu ni umwe mubabahaga ibinyoma bikubiye muri kiriya gitabo. Abandi, hari n’abakiri ino.

-1577.jpg

Umunyamakuru Alphonse Nsabimana

Anjan na Nathalie baje kumbwira ko umuterankunga bahaye Alphonse, yababwiye ko yaperereje agasanga abeshya ibyo avuga. Ngirango nabo bumvise ukuri nababwiye. Ariko hari izindi mpamvu bamuhoragaho. Bifuzaga ko haboneka iyindi mpunzi nshya y’umunyamakuru, bakuzuza liste. Uwo musore Alphonse, ise wabaye Burgmestre wa Mushubati, akatiwe burundu kubera genocide i Gitarama, uwo nawe yashakaga tike y’i Burayi.

Ngo hari n’abaterwa ubwoba cyangwa abagurwa bakajya mu mirimo ikomeye

Anjan Sundaram, nk’umuntu wamaze imyaka irenga itatu mu Rwanda kandi abana n’itangazamakuru, azi neza ko ikibazo atari uguterwa ubwoba, n’ababufite nibo babwiteramo. Ahubwo se bo baba banditse iki kandi bate ? Ese ibyo bitangazamakuru bibakoresha ni ibihe ? Bifite mutungo ungana ute ? Bibahemba bite ? Ngiyo impamvu nyamukuru ituma abarangije ishuri ry’Itangazamakuru bahitamo kujya kuba abavugizi b’ibigo, aho bazasanga umushahara uzabatunga, kuko abenshi bajyamo gushaka diplôme atariwo muhamagaro wabo.

-1574.jpg

Sam Gody NSHIMIYIMANA

Nitumara gusoma iki gitabo cyasohotse, tuzabasesengurira byimbitse impamvu n’imvo, kuko na kera mu gihe cy’aba « Philosophes », habagaho n’abandi bitwaga « Sophistes», baheraga ku gitekerezo cyiza cya ba « Philosophes », bakubakiraho indi nsobanura ijya mu ruhande rujya inyuma, bakarangiza bigaragaje ko na ba « philosophes » nabo ibitekerezo byabo nta gaciro bifite. Nguko uko iteka uko u Rwanda ruzajya rwihagararaho mu rwego mpuzamahanga, iteka hatazabura abazahahira ku kurushakira inenge.

Sam Gody NSHIMIYIMANA

2016-01-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana  wamwicishije

Ijwi ry’amaraso ya Padiri Nambaje yamenetse rikomeje kubuza amahwemo Thomas Nahimana wamwicishije

Ubwanditsi 10 Feb 2017
Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Urukiko rwatesheje agaciro ubujurire bw’umunyamakuru Mugabe Robert, uregwa gusambanya Abana kugahato

Ubwanditsi 02 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuwa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Ubwanditsi 29 Nov 2019
LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia
Mu Rwanda

LONI iraburirwa yuko Nkurunziza ashaka kohereza abicanyi muri Somalia

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029
Amakuru

Guverinoma y’u Rwanda imaze guhagarika amasezerano y’ubufatanye rwari rufitanye n’Ububiligi, akaba yari afite agaciro kuva muw’2024 kugeza muw’2029

Ubwanditsi 18 Feb 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru