• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»UBUKUNGU»I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Ubwanditsi 22 Jan 2016 UBUKUNGU

Perezida Paul Kagame n’intumwa ayoboye, yitabiriye inama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu bw’Isi, World Economic Forum, itangira kuri uyu wa Gatatu, i Davos mu Busuwisi.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver ni umwe mu bagize itsinda ryaherekeje Umukuru w’Igihugu, ririmo Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr Vincent Biruta, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB, Francis Gatare na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, James Musoni.

Mu kiganiro yagiranye na The New Times aho ari mu Busuwisi, kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Gatete Claver, yavuze ko iyo nama izatanga amahirwe akomeye ku Rwanda mu kugaragaza aho rugeze mu rwego rw’ubukungu.

Yavuze ko iri huriro rya Davos rihuza abantu bakomeye ku Isi mu rwego rw’ubukungu, u Rwanda rukazaboneraho kugaragaza ibimaze kugerwaho ndetse bagakangurirwa kuza gukorera ubucuruzi mu gihugu.

Ati “Kuva Devos ihuza abantu bo mu nzego zifata ibyemezo, abo muri za kaminuza n’abandi b’ingenzi mu bukungu bw’Isi, bizadufasha kubereka uko u Rwanda ruri kwitwara mu rwego rw’ubukungu tubakangurire kuza kuhakorera ubucuruzi. Ni umwanya wo kubabwira icyo bashobora kubona mu Rwanda.”

Iyi ni inama ya 46 ngarukamwaka ya World Economic Forum, ibereye Davos-Klosters, mu Busuwisi, ikazanasuzumira hamwe ibindi bibazo bikomeye birimo umutekano, ihindagurika ry’ibihe, izamuka ry’ubukungu bw’Isi n’ibiciro ku bicuruzwa bitandukanye.

-12.gif

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Amb. Gatete Claver

Minisitiri Gatete kandi yatangaje ko iyi nama izafasha itsinda ryaturutse mu Rwanda, kungurana ibitekerezo n’izindi mpuguke mu bukungu zaturutse ahandi hanyuranye.

Yagize ati “Muri Davos inzego zinyuranye z’ubukungu ziganirwaho. Tuzungurana ibitekerezo n’abandi bahanga mu bukungu tunabigireho. Bizanaduha umwanya wo kubasha gukorana nabo.”

Biteganyijwe ko yitabirwa n’abasaga 2 500 baturutse mu bikorwa binyuranye by’ubucuruzi, za guverinoma, imiryango mpuzamahanga, imiryango itegamiye kuri leta, za kaminuza n’abandi.

Umwanditsi wacu

2016-01-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Akamanzi yasubije abibajije kuri ’Deal’ y’u Rwanda na Arsenal

Ubwanditsi 28 May 2018
Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi

RUSHYASHYA 27 May 2026
AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

AfDB yagurije u Rwanda miliyari 215 Frw zirimo azarangiza ikibazo cy’amazi i Kigali

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Uruganda  “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Uruganda “Master Steel ” rwabaye umushoramari w’umwaka mu bihembo bya RDB Business Excellence Awards 2019

Ubwanditsi 01 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi
Amakuru

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025
Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.
Amakuru

Nyuma y’imyaka icyenda itwaye iya mbere, Chelsea yo mu Bwongereza yegukanye Champions League yayo ya kabiri, itsinze Manchester city igitego 1-0.

Ubwanditsi 30 May 2021
Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Umuhanzi akaba n’inshuti ya hafi ya Bobi Wine yakaswe intoki ebyiri anakurwamo ijisho nyuma yo gushimutwa

Ubwanditsi 03 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru