• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Ubwanditsi 23 Feb 2016 Mu Mahanga

Ku manywa yo ku italiki ya 20 Gashyantare 2016, mu karere ka Nyagatare, umurenge wa Rukomo, akagari ka Gashenyi, umugabo witwa Habamahirwe Léonard, w’imyaka 33 y’amavuko, yafatiwe mu cyaha cyo gutanga ruswa.

Byabaye ibyo itsinda ry’abahinzwe umutekano muri koperative yitwa Nyagatare Motar cooperative Union security Guard ryamuhagaritse kuko ngo ryari rifite amakuru ko, uyu Habamahirwe usanzwe utunze moto ariko adakoresha mu gutwara abagenzi, atwaye magendu y’ibinini maze yanga guhagarara ariruka.

Nk’uko umwe muri bariya bashinzwe umutekano muri koperative y’abamotari abivuga, mu guhindura yasanze bamutegereje ariko noneho arahagarara, abasaba ko bakumvikana bakamworohereza kandi bakamugirira ibanga ku byo bamukekaho, nyuma y’uko bari bamubwiye ko moto ye ijyanwa kuri Polisi ngo ikurikiranwe nk’ikinyabiziga gitwara magendu.

Aha ngo niho yakuraga mu mufuka inoti y’amafaranga 5000 arayibaha ngo bamufashe maze bamureke yigendere, ari nabwo bahitaga bamufata bamushyikiriza Polisi ikorera ku murenge wa Gatunda ari naho afungiye na moto ye ifite nimero RD129E ngo hakorwe iperereza kubyo akurikiranyweho.

Kuri iki cyaha, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’iburasirazuba, Inspector of Police(IP) Emmanuel Kayigi, aragira inama abaturage ko batagomba gushukisha ruswa inzego zishinzwe kubatahuraho amakosa kuko zo zizi neza ko ari icyaha gihanwa n’amategeko kandi nabo bagomba kubimenya, ahubwo bakarindira ibyo ubutabera bugenera ababa bakekwaho ibyaha, dore ko biba bitaranabahama.

IP Kayigi yakomeje avuga ko ruswa ari mbi kandi imunga ubukungu bw’igihugu mu buryo bwinshi,akaba yasabye buri wese gutanga umusanzu we mu gukumira no kurwanya ruswa . Polisi nayo muri rusange ikaba izakomeza gufatanya n’izindi nzego zose kurwanya ruswa kuko idindiza iterambere ry’igihugu, akaba yanashimiye abashinzwe umutekano muri iriya koperative ko bakoze igikorwa cyiza cyo kwanga ruswa no gushyikiriza uriya mugabo Polisi.

Yagize ati:”N’abandi bakora akazi nk’aka barebereho, tuzi ko bahari mu gihugu hose kandi bahura n’ibibazo nk’ibi, ariko bumve ko urugamba rwo kurwanya ruswa rutareba Polisi yonyine ahubwo ari urwa buri wese nk’uko aba bamaze kubyumva, ni ibyo kwishimira kandi twizeye ko ari isomo no kubatekereza kuyitanga bamenye ko atari Polisi yonyine ibafata.”

Ingingo ya 641 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha cya Repubulika y’u Rwanda igira iti:” Umuntu wese uha undi muntu, ku buryo bweruye cyangwa buteruye, washatse kumuha, wamuhaye ku buryo buziguye cyangwa butaziguye, impano cyangwa indonke iyo ari yo yose cyangwa yamugiriye amasezerano yabyo kugira ngo amukorere cyangwa akorere undi muntu ibinyuranyije n’amategeko cyangwa areke gukora ibiri mu nshingano ze, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) kugeza ku myaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri ebyiri (2) kugeza ku icumi (10) z’agaciro k’indonke yatanze cyangwa yashatse gutanga”.

RNP

2016-02-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Denmark: Twagirayezu uregwa Jenoside araburana ku koherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 08 Jan 2018
Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Sudani y’Epfo : Abapolisi b’u Rwanda 239 bakorera mu Ntara ya Malakal bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Imyigaragambyo y’inkorabusa yagera ku ki itagezeho mu myaka 28 yose!

Imyigaragambyo y’inkorabusa yagera ku ki itagezeho mu myaka 28 yose!

Ubwanditsi 14 Feb 2022
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Ubwanditsi 04 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma
Amakuru

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Ubwanditsi 11 Jul 2021
RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye
Amakuru

RDB yatangaje ko imikino y’igikombe cy’Isi cy’Abakanyujijeho mu mupira w’Amaguru yagombaga kubera mu Rwanda itakibaye

Ubwanditsi 26 Jun 2024
Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago
HIRYA NO HINO

Urujijo k’urupfu rwa Ganza watunganyaga muzika, wari utuye Chicago

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru