• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Editorial 07 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Djibouti wagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Mu rwego rwo gufasha mu bucuruzi n’ubuhahirane n’ibindi bihugu byo hirya no hino ku Isi, mu 2013 Djibouti yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 bubarurirwa ku byambu by’icyo gihugu.

Ambasaderi Nsengimana Joseph uhagarariye u Rwanda muri Djibouti muri icyo gihe ariko akaba yari afite icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia, icyo gihe yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Djibouti mu rwego rwo gusinya ihabwa ry’ubwo butaka buzafasha u Rwanda mu bucuruzi n’ubuhahirane n’ibindi bihugu hirya no hino ku Isi.

Ubu butaka buzagirira akamaro kanini u Rwanda kuko bubarurirwa hafi y’ibyambu bizwi nk’icyambu cyigenga cya Djibouti (PAID), bizoroshya ubuhahirane n’icyambu mpuzamahanga cya Dubai.Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubutwererane na Djibouti inatanga icyangombwa cy’ubutaka yahaye iki gihugu, bungana na hegitari 10 buherereye mu gice cyagenewe inganda mu Karere ka Gasabo.

-2374.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na mugenzi we Ali Youssouf nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubutwererane

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali kuri uyu wa 5 Werurwe 2016, mbere gato y’ikiganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye n’itangazamakuru.

-2375.jpg

Abanyamakuru mu kiganiro n’abakuru b’ibihugu byombi

Djibouti na yo yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 mu mwaka wa 2013.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye abikorera bo mu Rwanda kugira uruhare mu kubyaza umusaruro ubu butaka bashora imari mu kubaka ibikorwa remezo byoroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ku Nyanja Itukura.

Nk’igihugu gituriye inyanja, Perezida Kagame yavuze ko hazakoreshwa nk’icyambu cy’ibicuruzwa bivuye mu Nyanja itukura, bizajya bihavanwa bizanwa mu Rwanda hifashishijwe indege.

Yagize ati “Icyo dushaka ni uko abikorera bashyira imbaraga muri ibyo bikorwa noneho guverinoma ikazababera umufatanyabikorwa nk’uko bisanzwe ndetse tuzakorana na guverinoma ya Djibouti.”

U Rwanda rwemereye Djibouti ko ruzakomeza gutsura umubano na yo binyuze mu kwishyira hamwe k’ibihugu byombi n’ibyo mu karere ndetse n’umugabane wa Afurika muri rusange bigafasha mu kwihutisha iterambere.

Perezida wa Djibouti Ismaïl Omar Guelleh, yatangaje ko yishimiye gusura u Rwanda mu gihugu cyiza kandi ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we Paul Kagame, kuva yagera mu Rwanda.

Yatangaje ko ibihugu byombi bifite umubano mwiza ugaragazwa na byinshi by’umwihariko n’amasezerano bamaze gusinya ku bijyanye n’ubutaka bahawe.

Perezida Paul Kagame yemereye mugenzi we wa Djibouti ko azasura icyo gihugu mu gihe cya vuba.

-2366.jpg

-2364.jpg

-2365.jpg

2016-03-07
Editorial

IZINDI NKURU

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Madamu Jeannette Kagame yasabye abifite kuzamura abanyantege nke

Editorial 13 May 2016
Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Editorial 26 Oct 2017
Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Editorial 23 Aug 2016
Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga

Prof. Shyaka asanga itangazamakuru mu Rwanda ryigenga kandi rigerageza gukora kinyamwuga

Editorial 07 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye
INKURU NYAMUKURU

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Editorial 02 Mar 2018
Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana
INKURU NYAMUKURU

Musenyeri Bimenyimana wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu yitabye Imana

Editorial 12 Mar 2018
Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United
IMIKINO

Mourinho yikomye abayobozi ba Manchester United

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru