• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Perezida wa Djibouti avuye mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ( Yavuguruwe )

Ubwanditsi 07 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Djibouti wagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda.

Mu rwego rwo gufasha mu bucuruzi n’ubuhahirane n’ibindi bihugu byo hirya no hino ku Isi, mu 2013 Djibouti yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 bubarurirwa ku byambu by’icyo gihugu.

Ambasaderi Nsengimana Joseph uhagarariye u Rwanda muri Djibouti muri icyo gihe ariko akaba yari afite icyicaro i Addis Ababa muri Ethiopia, icyo gihe yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Djibouti mu rwego rwo gusinya ihabwa ry’ubwo butaka buzafasha u Rwanda mu bucuruzi n’ubuhahirane n’ibindi bihugu hirya no hino ku Isi.

Ubu butaka buzagirira akamaro kanini u Rwanda kuko bubarurirwa hafi y’ibyambu bizwi nk’icyambu cyigenga cya Djibouti (PAID), bizoroshya ubuhahirane n’icyambu mpuzamahanga cya Dubai.Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano y’ubutwererane na Djibouti inatanga icyangombwa cy’ubutaka yahaye iki gihugu, bungana na hegitari 10 buherereye mu gice cyagenewe inganda mu Karere ka Gasabo.

-2374.jpg

Minisitiri Mushikiwabo na mugenzi we Ali Youssouf nyuma yo gushyira umukono ku masezerano y’ubutwererane

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Kigali kuri uyu wa 5 Werurwe 2016, mbere gato y’ikiganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye n’itangazamakuru.

-2375.jpg

Abanyamakuru mu kiganiro n’abakuru b’ibihugu byombi

Djibouti na yo yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 20 mu mwaka wa 2013.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yasabye abikorera bo mu Rwanda kugira uruhare mu kubyaza umusaruro ubu butaka bashora imari mu kubaka ibikorwa remezo byoroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ku Nyanja Itukura.

Nk’igihugu gituriye inyanja, Perezida Kagame yavuze ko hazakoreshwa nk’icyambu cy’ibicuruzwa bivuye mu Nyanja itukura, bizajya bihavanwa bizanwa mu Rwanda hifashishijwe indege.

Yagize ati “Icyo dushaka ni uko abikorera bashyira imbaraga muri ibyo bikorwa noneho guverinoma ikazababera umufatanyabikorwa nk’uko bisanzwe ndetse tuzakorana na guverinoma ya Djibouti.”

U Rwanda rwemereye Djibouti ko ruzakomeza gutsura umubano na yo binyuze mu kwishyira hamwe k’ibihugu byombi n’ibyo mu karere ndetse n’umugabane wa Afurika muri rusange bigafasha mu kwihutisha iterambere.

Perezida wa Djibouti Ismaïl Omar Guelleh, yatangaje ko yishimiye gusura u Rwanda mu gihugu cyiza kandi ko yashimishijwe n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we Paul Kagame, kuva yagera mu Rwanda.

Yatangaje ko ibihugu byombi bifite umubano mwiza ugaragazwa na byinshi by’umwihariko n’amasezerano bamaze gusinya ku bijyanye n’ubutaka bahawe.

Perezida Paul Kagame yemereye mugenzi we wa Djibouti ko azasura icyo gihugu mu gihe cya vuba.

-2366.jpg

-2364.jpg

-2365.jpg

2016-03-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Ubwanditsi 26 Jan 2022
Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Icyo Perezida Kagame avuga kuri Padiri Nahimana

Ubwanditsi 13 Dec 2016
Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Gatsibo: Abamotari biyemeje kuba abafatanyabikorwa mu kwicungira umutekano

Ubwanditsi 19 Feb 2016
Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ababyeyi n’abayobozi b’Ibigo by’amashuri barasabwa gukurikirana umutekano w’abana mu modoka zibajyana ku ishuri zikanabacyura

Ubwanditsi 28 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu
ITOHOZA

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Ubwanditsi 30 Sep 2016
“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.
Amakuru

“Fight Impunity”, ikiguri cy’Umubiligikazi Maria Arena, Umunyekongo Denis Mukwege, n’abandi baryi ba ruswa biyemeje guharabika u Rwanda.

Ubwanditsi 16 Jan 2023
Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi
Mu Rwanda

Rubavu: Umusore yarasiwe ku mupaka arapfa abandi bariruka, basiga imifuka y’urumogi

Ubwanditsi 03 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru