• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 29 Mar 2016 Mu Mahanga

Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye gusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.

Sempabuka Jean Damascene utuye mu Murenge wa Kanzenze wahoze atuye muri Gishwati yagaraje ko kuva bakwimurwa batarishyurwa amafaranga y’ubutaka bwabo basize Gishwati.

Perezida Kagame avugana na Minisitiri ushinzwe umutungo kamere Dr Vincent Biruta yatangaje ko ingurane y’abaturage bimuwe Gishwati yari miliyari 1,8Frw kandi amaze kwishyurwa abaturage ari miliyari imwe na miliyoni 200Frw.

Minisitiri Biruta yasobanuye ko imbogamizi zatumye amafaranga ataratangiwe igihe ari abaturage bandikishije konti bafite mu ma banki nabi, abandi nimero z’irangamuntu ntizihuye, naho abandi babarirwa muri 700 ntibashoboye gusinya ku mpapuro zemeza imitungo yabo bari bafite Gishwati.

-2544.jpg

-2545.jpg

Perezida Kagame akemura ibibazo by’Abaturage

-2543.jpg

Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Biruta Vincent

Ikibazo cy’imitungo yabimuwe Gishwati cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga abaturage ba Nyabihu asaba ko gikemurwa.

Perezida Kagame yongeye gusaba abayobozi b’intara y’Uburengerazuba gukurikirana ibibazo by’abaturage batarishyurwa bimuwe muri Gishwati.

Perezida Kagame yabajije impamvu abana bata ishuri

Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo. Yagize ati “Mfite imibare hano kandi irasa nabi, imibare y’abana batajya mu ishuri, ibisobanuriro abayobozi bampa sinabyumva; ni imikorere mibi, abayobozi ndabasa bisuzume bafashe abaturage kohereza abana ku ishuri.”

Abayobozi basobanuye ko abo bana akenshi baba bagiye mu bucuruzi, ariko we abihakana avuga ko badacuruza kuko Rubavu ubucuruzi budateye imbere, ahubwo ngo birirwa ku mihanda bifashe mu mifuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatangaje ko abana bava mu ishuri bakajyanwa mu mirimo, ariko Perezida Kagame avuga ko abana bagomba kujya mu ishuri kuko amashuri yubatswe.

Perezida Kagame washimye urwego gukwirakwiza amashanyarazi akarere ka Rubavu kagezeho, yatangaje ko bikiri hasi.

Ibindi bikorwa bidindira birimo ibikorwa remezo birimo n’uruganda rwa Mukamira rugomba gutunganya amata, n’uruganda rwa Mudende rudakora neza, yavuze ko yifuza ko bikorwa bikarangira aho guhera mu magambo.

Ku ruganda rw’amakoro yasabwe

Perezida Kagame asubiza ku kibazo cy’uruganda yasabwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kijyanye no kubaka uruganda rutunganya amabuye y’amakoro yakoreshwa mu gukora imihanda, yavuze ko mu Rwanda hari abashoramari babigiramo uruhare habaye ubufatanye.

Ati “Ibi hano hari abashoramari babigiramo uruhare habaye n’ubufatanye, ntekereza ko mu kiganiro ndagirana n’abikorera tuza kubiganiraho.”

Amabuye y’amakoro atunganyije neza yatangiye gukoreshwa imihanda mu Karere ka Rubavu na Musanze kandi bitanga umusaruro mu gukora imihanda igendekamo n’imodoka neza.

Ubuyobozi buvuga ko bihendutse kurusha gukoresha kaburimbo kuko ikirometero kimwe cya kaburimbo kivamo ibirometero bibiri by’amakoro.

Umwanditsi wacu

2016-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Abarwanya ubutegetsi bwa Nkurunziza bashyizeho ubuyobozi bushya

Ubwanditsi 30 Nov 2017
Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Patrick Rugaba: Umwana w’Umujenosideri Wiyemeje Gusebya u Rwanda ku Mbuga Nkoranyambaga

Ubwanditsi 25 Aug 2025
Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Umwicanyi Callixte Mbarushimana yagaragaye mu myigaragambo I Paris asaba ko Rusesabagina arekurwa

Ubwanditsi 17 Jul 2021
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Ubwanditsi 16 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside
Amakuru

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017
Kigali : Ibihugu hafi  200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons
Mu Mahanga

Kigali : Ibihugu hafi 200 byemeranyijwe umugambi wo gukumira ibyuka bituruka mu byuma bikonjesha, hydrofluorocarcons

Ubwanditsi 15 Oct 2016
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.
Amakuru

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Ubwanditsi 28 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru