• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Rubavu : Ikibazo cy’abimuwe mu ishyamba rya Gishwati cyongeye gukurura impaka imbere ya Perezida Kagame

Editorial 29 Mar 2016 Mu Mahanga

Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye gusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.

Sempabuka Jean Damascene utuye mu Murenge wa Kanzenze wahoze atuye muri Gishwati yagaraje ko kuva bakwimurwa batarishyurwa amafaranga y’ubutaka bwabo basize Gishwati.

Perezida Kagame avugana na Minisitiri ushinzwe umutungo kamere Dr Vincent Biruta yatangaje ko ingurane y’abaturage bimuwe Gishwati yari miliyari 1,8Frw kandi amaze kwishyurwa abaturage ari miliyari imwe na miliyoni 200Frw.

Minisitiri Biruta yasobanuye ko imbogamizi zatumye amafaranga ataratangiwe igihe ari abaturage bandikishije konti bafite mu ma banki nabi, abandi nimero z’irangamuntu ntizihuye, naho abandi babarirwa muri 700 ntibashoboye gusinya ku mpapuro zemeza imitungo yabo bari bafite Gishwati.

-2544.jpg

-2545.jpg

Perezida Kagame akemura ibibazo by’Abaturage

-2543.jpg

Minisitiri w’Umutungo Kamere, Dr. Biruta Vincent

Ikibazo cy’imitungo yabimuwe Gishwati cyagejejwe kuri Perezida Kagame ubwo yasuraga abaturage ba Nyabihu asaba ko gikemurwa.

Perezida Kagame yongeye gusaba abayobozi b’intara y’Uburengerazuba gukurikirana ibibazo by’abaturage batarishyurwa bimuwe muri Gishwati.

Perezida Kagame yabajije impamvu abana bata ishuri

Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo. Yagize ati “Mfite imibare hano kandi irasa nabi, imibare y’abana batajya mu ishuri, ibisobanuriro abayobozi bampa sinabyumva; ni imikorere mibi, abayobozi ndabasa bisuzume bafashe abaturage kohereza abana ku ishuri.”

Abayobozi basobanuye ko abo bana akenshi baba bagiye mu bucuruzi, ariko we abihakana avuga ko badacuruza kuko Rubavu ubucuruzi budateye imbere, ahubwo ngo birirwa ku mihanda bifashe mu mifuka.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yatangaje ko abana bava mu ishuri bakajyanwa mu mirimo, ariko Perezida Kagame avuga ko abana bagomba kujya mu ishuri kuko amashuri yubatswe.

Perezida Kagame washimye urwego gukwirakwiza amashanyarazi akarere ka Rubavu kagezeho, yatangaje ko bikiri hasi.

Ibindi bikorwa bidindira birimo ibikorwa remezo birimo n’uruganda rwa Mukamira rugomba gutunganya amata, n’uruganda rwa Mudende rudakora neza, yavuze ko yifuza ko bikorwa bikarangira aho guhera mu magambo.

Ku ruganda rw’amakoro yasabwe

Perezida Kagame asubiza ku kibazo cy’uruganda yasabwe n’umuyobozi w’Akarere ka Rubavu kijyanye no kubaka uruganda rutunganya amabuye y’amakoro yakoreshwa mu gukora imihanda, yavuze ko mu Rwanda hari abashoramari babigiramo uruhare habaye ubufatanye.

Ati “Ibi hano hari abashoramari babigiramo uruhare habaye n’ubufatanye, ntekereza ko mu kiganiro ndagirana n’abikorera tuza kubiganiraho.”

Amabuye y’amakoro atunganyije neza yatangiye gukoreshwa imihanda mu Karere ka Rubavu na Musanze kandi bitanga umusaruro mu gukora imihanda igendekamo n’imodoka neza.

Ubuyobozi buvuga ko bihendutse kurusha gukoresha kaburimbo kuko ikirometero kimwe cya kaburimbo kivamo ibirometero bibiri by’amakoro.

Umwanditsi wacu

2016-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abadepite b’u Burayi basuye Isange One Stop Centre

Abadepite b’u Burayi basuye Isange One Stop Centre

Editorial 22 Sep 2016
Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Editorial 15 Nov 2016
Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Editorial 21 Apr 2016
PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Editorial 14 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo
Amakuru

REG VC yerekeje muri Tunisia gukina imikino ya Champions League ihuza amakipe amakipe yabaye aya mbere mu bihugu byayo

Editorial 09 May 2023
Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba  “urudubi “
INKURU NYAMUKURU

Muri guverinoma ya Thomas Nahimana bikomeje kuba “urudubi “

Editorial 02 May 2018
Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri
Amakuru

Minisiteri ya Siporo yahaye ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda mu gikombe cya Afurika kizabera mu Misiri

Editorial 10 Sep 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru