• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko Polisi y’u Rwanda yashoje ibizamini ( Autopsy) ku murambo wa Jacques Bihozagara wabaye umuwe mu banyamuryango bakuru ba RPF-Inkotanyi akaza no kuba Minisitiri nyuma yo kubohoza igihugu cy’u Rwanda.

Umuryango we ntabwo wavuze byinshi kuri ibyo bizamani.

Umukuru w’umuryango Joseph Kilimandjalo yabwiye Ktpress ati, « Ibizamini byakorewe ku bitaro bya Polisi ariko ntabwo ndamenya ibyabivuyemo. »

Abashoboye kubona umurambo wa nyakwigendera ubwo wagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali bavuga ko mu maso ye hari hakomerekejwe cyane ku buryo hari ibice byashwanyaguwe.

Umuryango we wavuze ko umurambo wa Bihozagara ukiri mu buruhukiro bw’ibitaro bya polisi ku kacyiru.

Polisi ntacyo ibivugaho.

Ariko umuryango we uvuga ko uri bugire icyo uvuga ku bizamini byakozwe nyuma yo gushyingura.

Amakuru twabashije kumenya n’uko Bihozagara azashyingurwa byiyubashye mu buruhukiro nk’umuntu wakoreye igihugu, nyuma y’ibyumweru bibiri yiciwe muri gereza ya Mpimba mu Burundi, kw’itariki 30 z’ukwa gatatu 2016, aho yari yarafungiwe rwihishwa kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri 2015.

Akigezwa mu Rwanda kw’itariki 5 z’ukwa kane, umuryango we wasabye leta y’u Rwanda ko yamukorera ibyo bizamini kugirango hagaragazwe icyamwishwe. Mu gihe u Burundi bukekwa kigira uruhare mu rupfu rwa Bihozagara bwabanje kwanga gutanga umurambo we ngo keretse umuryango we ubanje gusinyira ko Bihozagara yapfuye urupfu rusanzwe.

Ariko nyuma y’igitutu cy’u Rwanda n’amahanga bemera kurekura umurambo ntagusinyisha umuryango we kubayeho.

Uvugira umuryango wa Bihozagara , Eugene Murigande yagize ati, “Icyo leta yacu yakoze kugeza ubu n’iryo tangiriro.” Ntacyo yabivuzeho byinshi ariko yagize ati, “leta irimo kuduha imfashanyo ikwiye.”

-2658.jpg

Umurambo wa Bihozagara ukigezwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe

Umurambo wa Bihozagara uzashyingurwa ku wa gatanu kuva saa tatu guhera murugo rwa Bihozagara muri Kibagabaga, basengere kuri Saint Ethienne mu Biryogo, Nyamirambo. Nyuma gushyingura ni mu irimbi rya rya Rusororo saa cyenda.

Umwanditsi wacu

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Zimbabwe: Perezida Mugabe aracyafunze, abaturage bategereje igikurikiraho batuje

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Ubwanditsi 02 May 2016
RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

RGB yagize icyo ivuga kubasha gusenga shitani

Ubwanditsi 29 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Ubwanditsi 05 May 2016
Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo  babyifuza gutanga  kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .
POLITIKI

Ishyaka PL rirashishikariza abayoboke bayo babyifuza gutanga kandidatire zabo mu matora y’Abadepite .

Ubwanditsi 11 Jun 2018
UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI
Mu Rwanda

UMUYOBOZI WA POLISI Y’U RWANDA YASUYE ITSINDA RY’ABAPOLISI B’U RWANDA BARI MU BUTUMWA BW’AMAHORO MURI HAITI

Ubwanditsi 08 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru