• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Police y’u Rwanda yasoje ibizamini ku murambo wa Jacques Bihozagara

Ubwanditsi 13 Apr 2016 Mu Mahanga

Amakuru agera kuri Rushyashya aravuga ko Polisi y’u Rwanda yashoje ibizamini ( Autopsy) ku murambo wa Jacques Bihozagara wabaye umuwe mu banyamuryango bakuru ba RPF-Inkotanyi akaza no kuba Minisitiri nyuma yo kubohoza igihugu cy’u Rwanda.

Umuryango we ntabwo wavuze byinshi kuri ibyo bizamani.

Umukuru w’umuryango Joseph Kilimandjalo yabwiye Ktpress ati, « Ibizamini byakorewe ku bitaro bya Polisi ariko ntabwo ndamenya ibyabivuyemo. »

Abashoboye kubona umurambo wa nyakwigendera ubwo wagera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali bavuga ko mu maso ye hari hakomerekejwe cyane ku buryo hari ibice byashwanyaguwe.

Umuryango we wavuze ko umurambo wa Bihozagara ukiri mu buruhukiro bw’ibitaro bya polisi ku kacyiru.

Polisi ntacyo ibivugaho.

Ariko umuryango we uvuga ko uri bugire icyo uvuga ku bizamini byakozwe nyuma yo gushyingura.

Amakuru twabashije kumenya n’uko Bihozagara azashyingurwa byiyubashye mu buruhukiro nk’umuntu wakoreye igihugu, nyuma y’ibyumweru bibiri yiciwe muri gereza ya Mpimba mu Burundi, kw’itariki 30 z’ukwa gatatu 2016, aho yari yarafungiwe rwihishwa kuva mu kwezi kwa cumi na kabiri 2015.

Akigezwa mu Rwanda kw’itariki 5 z’ukwa kane, umuryango we wasabye leta y’u Rwanda ko yamukorera ibyo bizamini kugirango hagaragazwe icyamwishwe. Mu gihe u Burundi bukekwa kigira uruhare mu rupfu rwa Bihozagara bwabanje kwanga gutanga umurambo we ngo keretse umuryango we ubanje gusinyira ko Bihozagara yapfuye urupfu rusanzwe.

Ariko nyuma y’igitutu cy’u Rwanda n’amahanga bemera kurekura umurambo ntagusinyisha umuryango we kubayeho.

Uvugira umuryango wa Bihozagara , Eugene Murigande yagize ati, “Icyo leta yacu yakoze kugeza ubu n’iryo tangiriro.” Ntacyo yabivuzeho byinshi ariko yagize ati, “leta irimo kuduha imfashanyo ikwiye.”

-2658.jpg

Umurambo wa Bihozagara ukigezwa ku kibuga cy’indege cya Kanombe

Umurambo wa Bihozagara uzashyingurwa ku wa gatanu kuva saa tatu guhera murugo rwa Bihozagara muri Kibagabaga, basengere kuri Saint Ethienne mu Biryogo, Nyamirambo. Nyuma gushyingura ni mu irimbi rya rya Rusororo saa cyenda.

Umwanditsi wacu

2016-04-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Ubwanditsi 03 Jun 2016
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Prof Shyaka avuga ko gitekerezo cya Mgr Nzakamwita kitatakaye kuko cyaje ari cyiza

Ubwanditsi 22 Dec 2016
Ibihugu bitandukanye biraburira  abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda  kubera icyorezo cya Ebola  cyageze muri Uganda

Ibihugu bitandukanye biraburira abaturage babyo bakorera ingendo muri Uganda kubera icyorezo cya Ebola cyageze muri Uganda

Ubwanditsi 12 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwirukanwa ku butegetsi, Jacob Zuma ashobora gufungwa

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo
Mu Rwanda

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwashyizwe mu muhezo

Ubwanditsi 18 Oct 2017
Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo
IMIKINO

Bombori bombori hagati y’ abafana ba Kiyovu sport n’ ubuyobozi bwayo

Ubwanditsi 01 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru