• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Dore ibyo Koffi Olomide yatangaje nyuma y’urupfu rwa Papa Wemba

Ubwanditsi 25 Apr 2016 Mu Rwanda

Mugihe Papa wemba yari yaratangaje ko atazigera ababarira na rimwe inshuti ye akaba umuhanzi w’icyammare mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo Koffi Olomide yafashe iya mbere mu gutangaza agahinda yatewe n’urupfu rw’inshuti ye magara akaba n’umuhanzi mugenzi we.

Mukiganiro na radiyo Okapi umuhanzi w’icyamamare Koffi Olomide yagize ati:” sinigeze mbyizera, kugeza ubwo Hamed Bakayoko yampamagaye ampamiriza ko Papa Wemba yatabarutse, kuva na mbere nari nabihakanye natangiye kubyemera icyo gihe.”

Koffi Olomide yababajwe bikomeye n’igihombo umuziki wa Congo wongeye kugira

“kuri njye Agaciro ka muzika ya Congo karongeye karatakaye. Tabu ley yaragiye, Madilu yarapfuye kimwe na Pepe kale ndetse na Franco. None na Papa Wemba atuvuyemo” amagambo akomeye Kofi Olomide yatangarije radiyo Okapi agaragaza agahinda gakomeye yatewe n’urupfu rwa Papa Wemba.

Muri iki kiganiro KOFFI Olomide yagarutse kumubano wihariye yagiranye na nyakwigendera Papa Wemba cyane ko bafitanye album bise “wakeup”. Aha Koffi yagize ati:” yari umuvandimwe,twarakinaga twaratebyaga, mubyukuri ni agahinda pe.”
Koffi Olomide yasoje ikiganiro ahamya ko mu minsi mike agomba kujya I Abidja aho uyu muhanzi yaguye ari kurubyiniro.

Umuririmbyi Papa Wemba akaba yafatwaga nk’umwami w’injyana ya Lumba, yitabye Imana kuri iki Cyumweru ku myaka ye 66 aguye I Abidjan muri Cote d’Ivoire nk’uko byatangajwe na Radio Okapi.

-101.png

Ubwo Papa Wemba yituraga hasi ari kurubyiniro

Papa Wemba ubusanzwe amazina ye y’ukuri akaba ari Jules Hungu Wembadio Pene Kikumba, yandikaga indirimbo, akazitunganya, ndetse akaba yari n’umukinnyi wa filimi.

Iyi nkuru iravuga ko ubwo yari ari mu gitaramo I Abidjan mu ijoro ryo kuri uyu wa gatandatu, aho yari yitabiriye Iserukiramuco ryitwa Festival des Musiques urbaines d’Anoumabo (Femua), yumvise atameze neza akikubita hasi ari ku rubyiniro.

Imwe muri filimi Papa Wemba azwimo ni iyitwa La Vie est belle ya Ngangula Dieudonne Mweze na Benoît Lamy yo mu 1987. Indirimbo zumvikana muri iyi filimi nyinshi zikaba zaranditswe na Papa Wemba. Yongeye kugaragara kandi mu 1997 muri filimi “Combat de fauves” ya Benoît Lamy na none.

Bivugwa ko mu mwaka wa 2014 uyu muhanzi yagiye agirana ibibazo n’ubutabera bwo mu Bubiligi no mu Bufaransa, ndetse akaba yaraterewe muri yombi I Paris ashinjwa amanyanga mu bijyanye na visa nyuma y’uko yari yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zimuta muri yombi zashyizweho n’umucamanza w’Umubiligi, Jean Coumans.

Umwanditsi wacu

2016-04-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Gasana Janvier yakuwe ku buyobozi bwa REB

Ubwanditsi 15 Feb 2018
FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022
Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze

RUSHYASHYA 28 May 2026
Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Nyuma yo gutandukana na Haringingo, Police FC yasinyishije Francis Nuttall Elliot ukomoka mu Bwongereza nk’umutoza mukuru akazakorana na Kirasa Alain

Ubwanditsi 07 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa
ITOHOZA

Ishami rya Polisi(RPU) ryafashe toni 80 za magendu ya caguwa

Ubwanditsi 30 May 2017
ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU
Mu Mahanga

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

Ubwanditsi 10 Apr 2016
RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine
Mu Rwanda

RDC: Imvururu zimaze guhitana abantu 31 muri iyi minsi ine

Ubwanditsi 22 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru