• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»FERWAFA yareze Uganda muri CAF

FERWAFA yareze Uganda muri CAF

Ubwanditsi 27 Apr 2016 Mu Mahanga

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA ryareze Uganda kuba yarakinishije umukinnyi ufite ibyangombwa bitandukanye mu mikino ibiri Uganda yasezereyemo u Rwanda mu bakinnyi batarengeje imyaka 20.

Ikipe y’Igihugu y’umupira w’amaguru ya Uganda y’abatarengeje imyaka 20 yasezereye iy’u Rwanda ku giteranyo cy’ibitego 3-2 nyuma y’aho amakipe yombi anganyirije igitego 1-1 mu mukino ubanza wabereye mu Rwanda nyuma u Rwanda rugatsindwa na Uganda ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wabereye muri Uganda.

Nyuma yo gusezererwa na Uganda Hippos, Kuri uyu wa kabiri tariki ya 26 Mata 2016, Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda ryashyikirije Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF ikirego rishinja Uganda kuba yarakinishije umukinnnyi ufite ibyangombwa bidahuye.

Nkuko Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Degaule, yabibwiye Inyarwanda.com mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki ya 27 Mata 2016, FERWAFA yashyikirije Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru muri Afurika ikirego ku mukinnyi witwa Aheebwa James waba warakinishijwe afite ibyangombwa bidahuye.

Nzamwita yagize ati “ Ubundi hari itegeko rya CAF rivuga ko abakinnyi bakinira amakipe y’abatarengeje imyaka 20, ibyangombwa byabo byo muri CAF bigomba kuba bisa n’ibiri kuri `passeport’ ; hari umwe twasanze rero bidahuye na mba haba amatariki n’ukwezi ndetse n’imyaka, ibiri kuri passeport ntaho bihuriye rwose n’ibyangombwa bye biri muri muri CAF’’

Nzamwita yakomeje agira ati “ Twebwe rero nk’abantu bakunze kugirwaho ingaruka n’ayo mategeko , twaravuze tuti `reka natwe tujye turega rimwe na rimwe turebe niba hari icyo byatanga’’.

Degaule yavuze ko uyu mukinnyi batanzeho ikirego ari uwitwa James Ahebwa umunyezamu wari urinze izamu ku mukino wo kwishyura u Rwanda rwatsinzwemo ibitego 2-1 na Uganda ndetse akaba yari yinjiye mu kibuga asimbuye Saidi Keni wahawe ikarita itukura mu gice cya kabiri ku mukino ubanza wabereye mu Rwanda.

-2730.jpg

Perezida wa FERWAFA, Nzamwita Degaule

Perezida wa FERWAFA kandi yavuze ko batanze iki kirego bagiherekeresheje amadolari 2000 bazasubizwa mu gihe FERWAFA izaba itsinze iki kirego.

Mu gihe u Rwanda rwaba rutsinze iki kirego, Uganda yahita isezererwa u Rwanda rukazahura na Misiri yagombaga guhura na Uganda bahatanira itike y’igikombe cya Afurika cy’umupira w’amaguru cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Zambia.

2016-04-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ruharwa Bagosora apfuye bamaze kumubaga umutima inshuro zirenze eshatu aho yari afungiye muri Mali

Ubwanditsi 26 Sep 2021
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Ubwanditsi 04 Feb 2022
Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Isange Mobile Clinic yasuye abaturage ba Rwamagana

Ubwanditsi 23 Mar 2016
Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Ubwanditsi 13 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo
Mu Mahanga

Uganda: Abadepite bacyuye igihe bagiye guhabwa akayabo

Ubwanditsi 19 May 2018
NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira
ITOHOZA

NEW RNC yahinduye umuvuno ishaka kwiyegereza abo yitaga ko bayinukira

Ubwanditsi 09 Mar 2017
Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?
Amakuru

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Ubwanditsi 05 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru