• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Editorial 11 Jun 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Kamena yatashye ibigega bya Peteroli biherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo, bikaba bifite ubushobozi bwo kubika litilo miliyoni 22 za Peteroli.

Ibyo bigega byubatswe na Société Pétrolière Ltd (SP) isanzwe icuruza ibikomoka kuri peteroli.

Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Sosiyete SP kubwo kubaka ibyo bigega bizafatira runini igihugu.

Byitezweho kongerera u Rwanda ubushobozi bwo kubika peteroli, aho kugeza ubu ibigega bihari bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 30 z’ibikomoka kuri peteroli.

Ibigega bisanzwe bihari byubatse mu Gatsata bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 15, iby’i Kabuye bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni eshanu.

Byiyongera ku bindi bigega biri ku kibuga cy’indege cya Kanombe no mu Rwabuye mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ igihugu mu kwihaza ku bikomoka kuri peteroli, Leta ifatanyije n’ibigo bicuruza ibikomoka kuri peteroli barashaka kuzamura ubwo bushobozi bukagera kuri litiro miliyoni 150.

Perezida Kagame yavuze ko ari byiza kuba ubu bushobozi bubonetse mu gihe igiciro cya Peteroli gikomeje kumanuka, kandi ko byerekana ibigerwaho iyo Leta n’Abikorera bafatanyije mu iterambere.

Yagize ati “Ni ibyo kwishimirwa. Imbaraga nk’izi zishyirwa mu bufatanye zadufasha kugera kuri byinshi birushijeho. Tuzikomeze. Tugomba gutekereza bijyane n’igihe, tugakora bijyanye n’igihe. Ntabwo tugomba gusigara inyuma mu iterambere.Abikorera nibakomeze bafatanye na Leta mu gushora imari mu bisubiza ibibazo by’iterambere dufite.”

-2924.jpg

-2923.jpg

-2922.jpg

Yakomeje agira ati “Ikoranabuhanga ryifashishwa muri ubu bubiko rituma bukora neza, n’umutekano w’ibiburimo ukabungwabungwa.Twizeye ko uyu mushinga uzakomeza kwaguka ukagera ku rwego twifuza mu gihe cya vuba.Ibi bigega biraduha kumera nk’abari ku cyambu kuko ubusanzwe peteroli imara iminsi mu nzira izanwe hano.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ahashorwa imari habe heza kurushaho.

Source: Igihe

2016-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Editorial 25 Mar 2016
Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Editorial 06 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Editorial 10 Oct 2021
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Editorial 25 Mar 2016
Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Editorial 06 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Polisi y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa itegeko ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 28 Oct 2016
U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

U Rwanda rwatsinzwe na Uganda 1-0 mu mukino w’umunsi wa kane wo mu matsinda yo guhatanira gukina igikombe cy’Isi 2022

Editorial 10 Oct 2021
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Editorial 25 Mar 2016
Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Inzu ya Depite Nkusi yaraye ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka

Editorial 06 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru