• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Ubwanditsi 11 Jun 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Kamena yatashye ibigega bya Peteroli biherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo, bikaba bifite ubushobozi bwo kubika litilo miliyoni 22 za Peteroli.

Ibyo bigega byubatswe na Société Pétrolière Ltd (SP) isanzwe icuruza ibikomoka kuri peteroli.

Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Sosiyete SP kubwo kubaka ibyo bigega bizafatira runini igihugu.

Byitezweho kongerera u Rwanda ubushobozi bwo kubika peteroli, aho kugeza ubu ibigega bihari bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 30 z’ibikomoka kuri peteroli.

Ibigega bisanzwe bihari byubatse mu Gatsata bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 15, iby’i Kabuye bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni eshanu.

Byiyongera ku bindi bigega biri ku kibuga cy’indege cya Kanombe no mu Rwabuye mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ igihugu mu kwihaza ku bikomoka kuri peteroli, Leta ifatanyije n’ibigo bicuruza ibikomoka kuri peteroli barashaka kuzamura ubwo bushobozi bukagera kuri litiro miliyoni 150.

Perezida Kagame yavuze ko ari byiza kuba ubu bushobozi bubonetse mu gihe igiciro cya Peteroli gikomeje kumanuka, kandi ko byerekana ibigerwaho iyo Leta n’Abikorera bafatanyije mu iterambere.

Yagize ati “Ni ibyo kwishimirwa. Imbaraga nk’izi zishyirwa mu bufatanye zadufasha kugera kuri byinshi birushijeho. Tuzikomeze. Tugomba gutekereza bijyane n’igihe, tugakora bijyanye n’igihe. Ntabwo tugomba gusigara inyuma mu iterambere.Abikorera nibakomeze bafatanye na Leta mu gushora imari mu bisubiza ibibazo by’iterambere dufite.”

-2924.jpg

-2923.jpg

-2922.jpg

Yakomeje agira ati “Ikoranabuhanga ryifashishwa muri ubu bubiko rituma bukora neza, n’umutekano w’ibiburimo ukabungwabungwa.Twizeye ko uyu mushinga uzakomeza kwaguka ukagera ku rwego twifuza mu gihe cya vuba.Ibi bigega biraduha kumera nk’abari ku cyambu kuko ubusanzwe peteroli imara iminsi mu nzira izanwe hano.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ahashorwa imari habe heza kurushaho.

Source: Igihe

2016-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje amafaranga asaga miliyoni 400 y’imisoro mu mezi ane ashize

Ubwanditsi 22 Nov 2016
Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Umurundi ushinjwa ubujura yirukanwe ku butaka bwa Amerika

Ubwanditsi 18 Apr 2018
Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120

Uganda : Umurinzi wa Museveni yatorokanye imbunda zirimo amasasu 120

Ubwanditsi 13 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo
Mu Mahanga

Kuki Polisi iba ikeneye abakandida beza bashaka kuyinjiramo

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera
Mu Mahanga

Nyamagabe: Gitifu w’Akarere yasabwe ibisobanuro na Njyanama, ahitamo gusezera

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha
INKURU NYAMUKURU

Gen. Alexis Kagame aremeza ko nta ntambara iri kubutaka bw’u Rwanda, Usibye Ibihuha

Ubwanditsi 07 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru