• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Perezida Kagame yatashye ibigega bya peteroli bizajya bibika litilo miliyoni 22

Editorial 11 Jun 2016 Mu Mahanga

Perezida wa Repubulika Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 11 Kamena yatashye ibigega bya Peteroli biherereye i Rusororo mu Karere ka Gasabo, bikaba bifite ubushobozi bwo kubika litilo miliyoni 22 za Peteroli.

Ibyo bigega byubatswe na Société Pétrolière Ltd (SP) isanzwe icuruza ibikomoka kuri peteroli.

Perezida Kagame yashimiye byimazeyo Sosiyete SP kubwo kubaka ibyo bigega bizafatira runini igihugu.

Byitezweho kongerera u Rwanda ubushobozi bwo kubika peteroli, aho kugeza ubu ibigega bihari bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 30 z’ibikomoka kuri peteroli.

Ibigega bisanzwe bihari byubatse mu Gatsata bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni 15, iby’i Kabuye bifite ubushobozi bwo kubika litiro miriyoni eshanu.

Byiyongera ku bindi bigega biri ku kibuga cy’indege cya Kanombe no mu Rwabuye mu Ntara y’Amajyepfo.

Mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’ igihugu mu kwihaza ku bikomoka kuri peteroli, Leta ifatanyije n’ibigo bicuruza ibikomoka kuri peteroli barashaka kuzamura ubwo bushobozi bukagera kuri litiro miliyoni 150.

Perezida Kagame yavuze ko ari byiza kuba ubu bushobozi bubonetse mu gihe igiciro cya Peteroli gikomeje kumanuka, kandi ko byerekana ibigerwaho iyo Leta n’Abikorera bafatanyije mu iterambere.

Yagize ati “Ni ibyo kwishimirwa. Imbaraga nk’izi zishyirwa mu bufatanye zadufasha kugera kuri byinshi birushijeho. Tuzikomeze. Tugomba gutekereza bijyane n’igihe, tugakora bijyanye n’igihe. Ntabwo tugomba gusigara inyuma mu iterambere.Abikorera nibakomeze bafatanye na Leta mu gushora imari mu bisubiza ibibazo by’iterambere dufite.”

-2924.jpg

-2923.jpg

-2922.jpg

Yakomeje agira ati “Ikoranabuhanga ryifashishwa muri ubu bubiko rituma bukora neza, n’umutekano w’ibiburimo ukabungwabungwa.Twizeye ko uyu mushinga uzakomeza kwaguka ukagera ku rwego twifuza mu gihe cya vuba.Ibi bigega biraduha kumera nk’abari ku cyambu kuko ubusanzwe peteroli imara iminsi mu nzira izanwe hano.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Leta izakomeza gukora ibishoboka byose kugira ngo ahashorwa imari habe heza kurushaho.

Source: Igihe

2016-06-11
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Editorial 01 Oct 2019
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Editorial 13 May 2016
Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Abayobozi muri Polisi ya Namibiya mu rugendoshuri mu Rwanda

Editorial 08 Jun 2016
Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Loni ntishyigikiye igabanywa ry’abasirikare ba Monusco muri Congo

Editorial 04 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane
POLITIKI

Perezida Kagame asanga Afurika ikwiye gukuraho inzitizi z’ubuhahirane

Editorial 02 Jul 2017
ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO
ITOHOZA

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Editorial 24 Jul 2016
Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho  kwica  Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko
ITOHOZA

Cape Town : Umunye-Congo ukekwaho kwica Dr Dusabe yagejejwe imbere y’urukiko

Editorial 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru