• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’inama yari yateguwe ku bufatanye bwa Komisiyo y’igihugu y’itangazamakuru(RMC), Polisi y’u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa mu kwezi gushize, aho habayeho ibiganiro birambuye hagati y’abapolisi n’abanyamakuru kandi hakigwa ku ruhare rw’umupolisi mu gufasha abanyamakuru gutunganya akazi bashinzwe byose mu nyungu z’abanyarwanda,ubu bufatanye n’ubwumvikane ku mikoranire bwakomereje no mu yindi mitwe ya Polisi y’u Rwanda mu Ntara zitandukanye.

Ni muri urwo rwego ku italiki ya 2 Gicurasi, hanizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umurimo, kuri sitade ya Rusizi, habaye umukino wahuje abapolisi bakorera muri aka karere ndetse n’abanyamakuru bakorera kuri Radiyo y’abaturage ya Rusizi,ukaba wararangiye amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe.

Nyuma y’uwo mukino habaye ibiganiro byari bigamije kunoza ubufatanye hagati y’abakorera izo nzego , ikiganiro cyayobowe na n’uwari uhagarariye umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rusizi, Inspector of Police (IP) Emmanuel Musafiri wagize ati:”

Ubuyobozi bwacu bwo bwabonye ko ubufatanye hagati y’abapolisi n’abanyamakuru ari inkingi ikomeye mu bukangurambaga bugenewe abaturage, natwe uyu munsi nibyo turimo gushimangira.”

IP Musafiri usanzwe ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Rusizi yakomeje avuga ko nyuma y’inama yari yahuje abapolisi n’abanyamakuru I Kigali, kandi ibyayivuyemo bikaba byaragejejwe ku bapolisi bose, yizera ko abapolisi bamaze kugera ku ntera y’imyumvire yo hejuru ku byo umunyamakuru akeneye ku mupolisi.

IP Musafiri yagize ati:” Polisi ihorana ubutumwa butandukanye bugenewe abaturage muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha, uretse ubutangirwa mu nama , ubundi butangirwa mu itangazamakuru ritaandukanye, irya radiyo niryo rikurikirwa cyane, murumva ko iyo muduhaye umwanya tukabutanga cyangwa mukabutanga ubwanyu, bifasha abakurikira radiyo yanyu n’igihugu muri rusange.”

IP Musafiri yarangije ashima abakozi ba Radiyo y’abaturage ya Rusizi n’abanyamakuru muri rusange ku bufatanye busanzwe hagati y’impande zombi, asaba ko bwakomeza.

Lambert Nkundineza, umuyobozi wa Radiyo y’abaturage ya Rusizi mu ijambo rye, yashimiye Polisi ikorera mu karere ka Rusizi ku bufatanye basanzwe bagirana aho yagize ati:”Twese tugomba gusenyera umugozi umwe kuko ibyo dukora biri mu nyungu z’abaturage, ibyo dufatanyamo cyane ni ubukangurambaga ku baturage kandi koko ni inkingi ikomeye ku mutekano, ku ruhande rwacu tuzakomeza kubushyigikira.”

Yakomeje avuga ko kuri ubu, imikoranire y’abapolisi n’abanyamakuru itakirangwamo urwikekwe aho yagize ati:” Bitandukanye no mu minsi yashize, ubu umunyamakuru yishimira gukorera no gutara amakuru aho umupolisi ari kuko hari icyizere ko imyumvire yahindutse ku mpande zombi , aharangwaga ubushyamirane ubu hari ubwuzuzanye.”

Nkundineza yarangije asaba ko ubufatanye bwakomeza ndetse bukiyongera kugira ngo umuturarwanda akomeze agire ubumenyi ku gukumira no kurwanya ibyaha biciye no mu itangazamakuru.

RNP

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Imikoranire myiza ya Polisi n’abaturage ba Huye yatumye hafatwa ibiyobyabwenge bitandukanye

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

Munyampeta Jean Luc wamamaye mu ndirimbo zo guhimbaza Imana akomeje kwifatanya n’ibigarasha

RUSHYASHYA 06 Nov 2025
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga
Amakuru

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

RUSHYASHYA 01 Apr 2026
Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya
Amakuru

Simba SC yatangaje ko Uwayezu François Régis wari Vice-Chairman wa APR FC ariwe muyobozi mukuru wayo mushya

Ubwanditsi 26 Jul 2024
Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye abashyira imbaraga mu kubungabunga ingagi

Ubwanditsi 03 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru