• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Ubwanditsi 05 May 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’inama yari yateguwe ku bufatanye bwa Komisiyo y’igihugu y’itangazamakuru(RMC), Polisi y’u Rwanda n’abandi bafatanyabikorwa mu kwezi gushize, aho habayeho ibiganiro birambuye hagati y’abapolisi n’abanyamakuru kandi hakigwa ku ruhare rw’umupolisi mu gufasha abanyamakuru gutunganya akazi bashinzwe byose mu nyungu z’abanyarwanda,ubu bufatanye n’ubwumvikane ku mikoranire bwakomereje no mu yindi mitwe ya Polisi y’u Rwanda mu Ntara zitandukanye.

Ni muri urwo rwego ku italiki ya 2 Gicurasi, hanizihizwa umunsi mpuzamahanga w’umurimo, kuri sitade ya Rusizi, habaye umukino wahuje abapolisi bakorera muri aka karere ndetse n’abanyamakuru bakorera kuri Radiyo y’abaturage ya Rusizi,ukaba wararangiye amakipe yombi anganya igitego kimwe kuri kimwe.

Nyuma y’uwo mukino habaye ibiganiro byari bigamije kunoza ubufatanye hagati y’abakorera izo nzego , ikiganiro cyayobowe na n’uwari uhagarariye umuyobozi wa Polisi mu karere ka Rusizi, Inspector of Police (IP) Emmanuel Musafiri wagize ati:”

Ubuyobozi bwacu bwo bwabonye ko ubufatanye hagati y’abapolisi n’abanyamakuru ari inkingi ikomeye mu bukangurambaga bugenewe abaturage, natwe uyu munsi nibyo turimo gushimangira.”

IP Musafiri usanzwe ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Rusizi yakomeje avuga ko nyuma y’inama yari yahuje abapolisi n’abanyamakuru I Kigali, kandi ibyayivuyemo bikaba byaragejejwe ku bapolisi bose, yizera ko abapolisi bamaze kugera ku ntera y’imyumvire yo hejuru ku byo umunyamakuru akeneye ku mupolisi.

IP Musafiri yagize ati:” Polisi ihorana ubutumwa butandukanye bugenewe abaturage muri gahunda yo gukumira no kurwanya ibyaha, uretse ubutangirwa mu nama , ubundi butangirwa mu itangazamakuru ritaandukanye, irya radiyo niryo rikurikirwa cyane, murumva ko iyo muduhaye umwanya tukabutanga cyangwa mukabutanga ubwanyu, bifasha abakurikira radiyo yanyu n’igihugu muri rusange.”

IP Musafiri yarangije ashima abakozi ba Radiyo y’abaturage ya Rusizi n’abanyamakuru muri rusange ku bufatanye busanzwe hagati y’impande zombi, asaba ko bwakomeza.

Lambert Nkundineza, umuyobozi wa Radiyo y’abaturage ya Rusizi mu ijambo rye, yashimiye Polisi ikorera mu karere ka Rusizi ku bufatanye basanzwe bagirana aho yagize ati:”Twese tugomba gusenyera umugozi umwe kuko ibyo dukora biri mu nyungu z’abaturage, ibyo dufatanyamo cyane ni ubukangurambaga ku baturage kandi koko ni inkingi ikomeye ku mutekano, ku ruhande rwacu tuzakomeza kubushyigikira.”

Yakomeje avuga ko kuri ubu, imikoranire y’abapolisi n’abanyamakuru itakirangwamo urwikekwe aho yagize ati:” Bitandukanye no mu minsi yashize, ubu umunyamakuru yishimira gukorera no gutara amakuru aho umupolisi ari kuko hari icyizere ko imyumvire yahindutse ku mpande zombi , aharangwaga ubushyamirane ubu hari ubwuzuzanye.”

Nkundineza yarangije asaba ko ubufatanye bwakomeza ndetse bukiyongera kugira ngo umuturarwanda akomeze agire ubumenyi ku gukumira no kurwanya ibyaha biciye no mu itangazamakuru.

RNP

2016-05-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Uko bazimya umuriro w’Amatora!

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Mu Rwanda : RGB irashima intambwe imaze guterwa  mu iterambere ry’Itangazamakuru

Mu Rwanda : RGB irashima intambwe imaze guterwa mu iterambere ry’Itangazamakuru

Ubwanditsi 23 Jan 2017
Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubuparimehutu bushoye Gasana Anastase mu mutwe mushya w’ibyihebe , CFCR-Imvejuru , urota  guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Nov 2021
Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Tshisekedi arapfunda imitwe nk’uhiriye mu nzu: Ubu arakusanya abajenosideri ngo bamufashe kurwanya M23 no gutera u Rwanda

Ubwanditsi 08 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kwibuka 23: Minisitiri Uwacu yaganirije abapolisi ku kurinda ibyagezweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 11 Apr 2017
Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Mu Rwanda

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Abaturage bo mu karere ka Rulindo bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 01 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru