• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Itsinda ry’abapolisi bo muri Malawi mu rugendoshuri muri Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 21 Jun 2016 Mu Mahanga

Itsinda ry’abapolisi bakuru bane bavuye mu gihugu cya Malawi bageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere mu rugendoshuri rw’iminsi ibiri.

Iryo tsinda riyobowe n’umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Malawi, DIGP Jose Rodney, rigizwe kandi n’umuyobozi w’ubugenzacyaha, abashinzwe ubushakashatsi na kominiti polisingi muri Polisi ya Malawi.

Ku wa mbere, bakiriwe n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru aho baganiriye ku birebana n’urwego Polisi y’u Rwanda igezeho mu kurwanya ibyaha muri iyi myaka 16 imaze ishinzwe, ubufatanye bwayo mpuzamahanga, aho igeze yiyubaka n’ibindi.

DIGP Rodney yashimye umuhate Polisi y’u Rwanda yagize mu kwigisha abanyarwanda bakiva mu bihe bya jenoside kugeza ubwo babaye bamwe mu baturage batekanye kuri iyi si.

Yagize ati:” Mboneyeho umwanya wo gushima Polisi y’u Rwanda ku kazi kanini yakoze mu gihe gito ihangana n’ibibazo by’umutekano maze ihindura u Rwanda intangarugero aho abanyarwanda n’abanyamahanga batewe ishema no kurubamo.”

Yavuze ko iyi ari imwe mu mpamvu zatumye bahitamo u Rwanda nk’ahantu ho kugirira urugendoshuri ngo bavome ku bitekerezo n’ingamba z’akataraboneka mu by’umutekano.

Mu kiganiro yatanze nyuma gato y’inama n’Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, umuyobozi wa kominiti polisingi muri Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Damas Gatare, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yahanganye n’ibibazo bya nyuma ya jenoside byasabaga kuvugurura urwego rw’umutekano.

ACP Gatare yavuze ko bimwe mu byo Polisi y’u Rwanda ishyize imbere harimo guhugura abakozi, gushyiraho ingamba zo gukumira no kurwanya ibyaha, kurwanya ruswa, ubufatanye mpuzamahanga, guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ibindi.

Kuva yashingwa , Polisi y’u Rwanda yashyize imbaraga mu bufatanye n’abaturage mu gukumira no kurwanya ibyaha kuko yari imwe mu mirongo ngenderwaho yo kwimakaza ubufatanye, gukorera mu mucyo, kugira ngo ishobore guhangana n’ ibyaha, akaba yagize ati:” Gukorana n’abaturage bakiva mu bihe bya jenoside byari akazi gakomeye kasabaga ubwitange no gukora cyane kugirango tugere ku byagezweho ubu.”

ACP Gatare yongeyeho ati:” Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yavuyemo urwego rukomeye kandi rufite ibikoresho n’intumbero yo kuzagera kubyo rwateganyije kugeraho; inzira iracyari ndende ariko bizagerwaho cyane ko Leta ibishyigikiye ndetse n’abaturage bakaba barabigize ibyabo.”

Uruhare rw’ubufatanye n’abaturage

Yakomeje avuga ko abaturage bagize uruhare rugaragara mu myaka ishize yose biciye mu bukangurambaga bahawe no mu kugaragaza ibyaha n’abanyabyaha ndetse n’ikindi cyashoboraga guhungabanya ituze ryabo , bikaba byarabaye ingirakamaro.

Yavuze ko ubufatanye n’abaturage bufite uruhare rukomeye mu kubona umutekano bagizemo uruhare, mu gukemura amakimbirane ndetse no gukumira ibyaha.

Bimwe mu byo Polisi y’u Rwanda yagezeho mu myaka 16 ishize , harimo umubare w’abapolisi wikubye kane, ishyirwaho ry’ikigo gihugura abapolisi cy’icyitegererezo mu karere, amashuri ya Polisi, iterambere ry’uburinganire aho 20 ku ijana muri Polisi yose ari igitsinagore,n’ibindi,..

Ibindi ni ishyirwaho rya za Isange One stop Centers zigeze ubu kuri 27, kuba yarinjiye mu miryango yo mu karere na mpuzamahanga nka Interpol, EAPCCO, IACP.

-3022.jpg

ACP Gatare yarangije agira ati:” Ubufatanye n’inzego zose , izigenga n’iza Leta , amatsinda yo kurwanya ibyaha, urubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha, komite za kominiti polisingi, ikoreshwa ry’itangazamakuru mu bukangurambaga bwo kurwanya ibyaha , kugira umunsi w’imurikabikorwa no gufatanya n’amahanga n’ibindi,.. byagize akamaro kanini mu guhindura u Rwanda igihugu gitekanye.”

RNP

2016-06-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Ubwanditsi 15 Jul 2025
Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Tshisekedi ari guhezwa umwuka n’itaka ari kwicukuriraho

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Rutsiro : Abagabo 3 bafunzwe bakekwaho kunyereza arenga miliyoni 4,5

Ubwanditsi 13 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball
Amakuru

Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’intwari 2023, ku bufatanye na CHENO hateguwe amarushanwa mu magare ndetse no mu mukino wa Volleyball

Ubwanditsi 26 Jan 2023
Polisi yatahuye ibikoresho byibwe, bamwe mu bakekwaho ubwo bujura barafatwa
Mu Rwanda

Polisi yatahuye ibikoresho byibwe, bamwe mu bakekwaho ubwo bujura barafatwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi
ITOHOZA

Umwe mu batorokanye na Ntamuhanga wo mu idosiye ya Kizito, yatawe muri yombi

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru