• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Ubwanditsi 01 Sep 2016 Mu Rwanda

Hari ibintu bitanu igihugu cya Uganda gihuriyeho n’ikirwa cya Zanzibar muri Tanzania, ariko ubutegetsi muri Zanzibar bugomba kwirinda inzira Uganda yiyemeje ku kibazo cya gatanu kuko iyo nzira yagwa nabi cyane icyo kirwa.

Icyambere n’uko ibyo bihugu byombi muri uyu mwaka byakoze amatora ya Perezida wa Repubulika nay’abadepite, icya kabiri n’uko ayo matora yakozwe mu mwuka utari mwizanaho icyagatatu kikaba yuko abaperezida bari basanzwe ku butegetsi muri ibyo bihugu byombi aribo batangajwe na komisiyo y’amatora yuko aribo batsinze amatora.

Icya kane n’uko haba muri Uganda cyangwa muri Zanzibar abakandida bari bahanganye cyane n’abo mu mashyaka ari ku butegetsi banze kwemera ibyavuye mu matora bavuga yuko aribo bari batsindiye umwanya wa Perezida, naho icya gatanu kikaba yuko abo bakandida bombi ubu bakurikiranywe n’inzego z’ubutabera bashinwa ibyaha bigendanye no kubiba umwuka mubi mu gihugu kimwe no kwigomeka ku butegetsi !

Nyuma y’amatora yabaye mu kwa kabiri uyu mwaka muri Uganda, umukandida Kizza Besigye wari uhanganye cyane na Perezida Yoweri Kaguta Museveni yatangaje yuko ariwe watsinze amatora ariko komisiyo y’iamatora iza gutangaza yuko Museveni ariwe watsindiye umwanya wa Perezida wa Repubulika, ikavuga yuko Besigye yari yabonye amajwi angana na 36% gusa.

-3926.jpg

Kizza Besigye

-3925.jpg

Perezida Yoweli Museveni

Mbere gato yuko Museveni arahizwa gutangira manda ye ya gatanu nka Perezida wa Uganda, Besigye yafashe bibiliya arirahiza yuko ariwe Perezida wa Repubulika ya Uganda akaba agiye kuyobora manda ye ya mbere ! Museveni rero yarahijwe mu buryo bwemewe n’amategeko Besigye yarirahije kera mu buryo bwe budasanzwe !

Tariki 11 z’ukwezi gushize Besigye yarafashwe arafungwa aregwa ibyaha birimo icyo kugambanira igihugu. Tariki 1/6/2016 Besigye yari kugezwa mu rukiko ariko ubushinjacyaha buvuga yuko ataje ngo kubera yuko izanwa rye ryari gushobora guteza umutekano muke.

Ubushinjacyaha bwasabye yuko urubanza rwa Besigye rwazajya rubera aho afungiwe muri gereza ya Luzira iri mu mujyi wa Kampala. Umucamanza (Chief Magistrate) muri urwo rubanza, James Ereemye Mawanda, yatangaje yuko icyifuzo cy’ubushinjacyaha kizafatirwa umwanzuro tariki 15 uku kwezi. Muri Uganda uhamwe n’icyaha cyo kugambanira igihugu ahanishwa igihano cy’urupfu.

Mu kwa 10 umwaka ushize muri Zanzibar habaye amatora aho abari bahanganye cyane ku mwanya wa Perezida yari umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi muri Tanzania (CCM) akaba ari nawe wari usanzwe ari Perezida wa Zanzibar , Ali Mohamed Shein, hamwe n’umukandia wa CUF, Seif Shaif Hamad.

-3927.jpg

Seif Sharif Hamad

Igihe komisiyo y’amatora itaratangaza ibyavuye mu matora Hamad yatangaje yuko ariwe wayatsinze kandi bibujiwe n’amategeko yuko hari umuntu watangaza ibyavuye mu matora ku buryo bwa burundu usibye iyo komisiyo.

Icyakurikiyeho n’uko komisiyo y’amatora muri Zanzibar yasheshe ayo matora ivuga yuko hari ibintu by’uburiganya byagiye biyabamo, itangaza yuko amatora azasuburwamo ariko abakandida ari babandi kandi nta kongera kwiyamamaza. Ibyo CUF yarabyanze ihamagarira abayoboke bayo kutazayitabira.

-3924.jpg

Zanzibar, Ali Mohamed Shein

Ayo matora yasubiwemo mu kwa gatatu uyu mwaka aho komisiyo y’amatora yatangaje yuko Shein ariwe ratsinze n’amajwiasaga gato 91% naho Sharif ngo abona udusigaye !

Ibyo Sharif yarabyamaganye atangira kujya hirya no hino mu mu turere tugize Zanzibar, ubu akaba yari mu turere tugize intara ya Unguja. Amagambo ye hose aho yageraga yari yayandi yuko yatsinze amatora akbwa amajwi, ngo ubu Shein akaba agiye gutegeka manda ya kabiri ku bujura. Nyuma y’amatora Sharif yaje guhamagarwa na Polisi ngo yisobanure kuri iyo myitwrirere ye ariko nyuma iza ku murekura atanze akanatangirwa ingwate yuko azahora aboneka igihe cyose polisi izaba imukeneye.

Ibya Besigye muri Uganda ntabwo bitandukanye cyane n’ibya Sharif muri Zanzibar uretse gusa yuko umwe afunzwe undi akaba agihanyanyaza hanze. Gusa aho bitandukaniye cyane n’uko Besigye afatwa agafungwa buri gihe, abamufunga barambirwa bakamurekura. Muri Zanzibar uko umwuka umeze cyangwa usanzwe nibaramuka bafunze Sharif amaraso azameneka. Tanzania rero igomba kwirinda yuko Sharif yafatwa nk’uko Besigye yakomeje gufatwa muri Uganda.

Ariko na none irekurwa rya Besigye n’ifungwa ry’abapolisi bahohoteye abayoboke be, rikabera Tanzania isomo ryiza ryo kwigwa !

Kayumba Casmiry

2016-09-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021
‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

‘ntabwo Papa yaza kuri buri rugo ngo aze asabe imbabazi’- Min. Mushikiwabo

Ubwanditsi 04 Apr 2017
Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu tariki ya 30/06/2017

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu
Amakuru

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya
Mu Mahanga

Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016
Mu Mahanga

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ubwanditsi 08 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru