• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Ubwanditsi 22 Sep 2016 Mu Rwanda

Hashize iminsi bivugwa ko hari abasirikare bashimutwa bakicwa abandi bagafungwa. Abandi bagatoroka igisilikare. Abibasiwe cyane ni abahoze mu gisirikare cya kera. Uwahoze ari umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi Col Gaspard Baratuza nawe biravugwa ko hashize icyumweru ntawe umuca iryera. Ese yaba yarashimuswe akicwa? Ese yaba afunzwe? yaba yarasanze abandi ? Biracyibazwaho.

Uku kwibaza aho Col Gaspard Baratuza yaba yaragiye, kuje nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa mu gisirikare cy’u Burundi bamwe batabwa muri yombi, by’umwihariko mu cyumweru gishize hakaba hari n’uwapfuye.

Ku ruhande rwa Baratuza, nta kintu na kimwe yigeze abivugaho cyangwa ngo agaragaze impamvu nk’uko yari asanzwe abigenza abinyujije mu itangazamakuru cyangwa ku rukutwa rwe rwa Twitter n’ahandi.

Ubwo byatangazwaga ko Adjudant Nyongera Eddy Claude yiturikirijeho gerenade ari mu maboko y’abashinzwe iperereza, amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa polisi, Pierre Nkurikiye ariko Baratuza nk’uwakabaye azi gahunda zose za gisirikare nta kintu na kimwe yabivuzeho.

Uyu yagize ati: “Mbe Baratuza yama ariko adefendant mugisoda ubu ari hehe ?Ururimi rwaragovye? Ba EX-FAB ntimworohewe kandi uburorero ntibubuze”.

Mu gisirikare cy’u Burundi hamaze iminsi havugwa itabwa muri yombi rya hato na hato ry’abasirikare bahoze ari aba Leta (EX FAB) mbere y’amasezerano yo muri 2005, uyu muvugizi akaba nta kintu na kimwe yigeze abivugaho kimwe n’ubundi buyobozi bwa gisirikare.

Twitter ye (Baratuza), muri iyi minsi hacishwagaho amakuru menshi ya siporo n’andi adafite aho ahuriye n’igisirikare mu gihe amahanga yo akomeje guhangayikishwa n’ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu ndetse n’amacakubiri akomeje kugaragara mu gisirikare.

Mu mpera za 2015, nibwo Human Right Watch, yatunze agatoki Col Gaspard Baratuza, imushinja guhakana nkana ubwicanyi bwakozwe mu mpere z’Ukuboza 2014 ndetse no muri Mutarama 2015 mu Cibitoke hafi y’umupaka w’u Rwanda,Burundi na RDC, anashinjwa guhisha imibare y’abishwe nyuma y’igitero cyo ku wa 12 Ukuboza 2015.

Ku bwe, yavugaga ko nta nzirakarengane zishwe by’umwihariko akavuga ko abantu bishwe icyo gihe mu Cibitoke bari baneshejwe n’ingabo za Leta bari bigometseho.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le monde ku wa 16 Ukuboza 2015, byateganywaga ko Col Baratuza Gaspard agirwa umuvugizi w’ingabo za MINUSCA (ingabo za ONU) muri Centrafrica, kubera ibyo byaha ashinjwa uwo mwanya arawimwa ndetse bitangazwa ko ibye bigiye kwigwaho.

Iki kinyamakuru kikaba cyaratangaje ko Col. Gaspard Baratuza agizwe umuvugizi w’ingabo za MINUSCA ko kwaba ari ukumukingira ikibaba mu gihe hari ibyaha avugwaho.

-4134.jpg

Col. Gaspard Baratuza

Ijambo Col Gaspard benshi bari bamushimiye ubwo imyigaragambyo yatangiraga mu Burundi muri Mata 2015, yasabaga abasirikare kurinda abaturage n’ubusugire bw’igihugu abasaba kwirinda kwivanga mu mvururu bari ku ruhande runaka, aho yagize ati: Murekere politiki abanyapolitiki (Laissez la politique aux politiciens”.

Aba Maneko benshi b’ u Burundi bakomeje gufatirwa kubutaka bw’u Rwanda bikekwa ko ari intasi z’igisilikare cya Nkurunziza cyane ko abafatwa abenshi ari abaslikare.

2016-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Clarisse Karasira yatanze ubutumwa bwo kudacika intege ndetse no guharanira imibereho myiza hagamijwe kwiteza imbere.

Clarisse Karasira yatanze ubutumwa bwo kudacika intege ndetse no guharanira imibereho myiza hagamijwe kwiteza imbere.

Ubwanditsi 27 Apr 2021
Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Uwari umuyobozi wa Radio Amazing Grace yahambirijwe nyuma yo gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura
Mu Mahanga

Uganda: Kubera imyenda yabeshye ko yashimuswe ngo abone ayo yishyura

Ubwanditsi 22 May 2018
Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman
IMIKINO

Indirimbo ya Asnah yaba ivuga inkovu yasigiwe na Riderman

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Name Change Request
KWAMAMAZA

Name Change Request

Ubwanditsi 22 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru