• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Amerika yagejeje mu Rwanda Dr Munyakazi ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Editorial 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Ubutabera bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagejeje mu Rwanda Dr. Léopold Munyakazi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu.

Uyu mugabo yari ategerejwe mu gitondo cyo kuri uyu Gatatu, ariko amasaha agenda ahinduka, kugeza ubwo indege yahageze ahagana saa kumi n’imwe zirenga hashyira saa kumi n’ebyiri.

Yururutse indege aseka, anasaba inzego z’umutekano kumutwara neza ubwo zamujyanaga ku modoka itwara imfungwa.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bw’u Rwanda, Faustin Nkusi, yabwiye itangazamakuru ko Munyakazi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Komine Kayenzi (Icyahoze ari Perefegitura ya Gitarama), ubufatanyacyaha muri Jenoside, n’ibindi byaha bya Jenoside ubushinjacyaha bugaragaza ko yanayigizemo uruhare ubwe akaniyicira abantu.

Yagize ati “Yakoze ibikorwa bitandukanye, harimo gutegura Jenoside, harimo gushishikaza, harimo kuyishyira mu bikorwa,… kujya kuri za bariyeri areba ko abantu bariho bashyira mu bikorwa gahunda zo kwica Abatutsi icyo gihe.”

-4191.jpg

Leoport Munyakazi

-4193.jpg

Umuvugizi w’Ubushinjacya, Faustin Nkusi aganira n’abanyamakuru (Ifoto/Mathias H.)

Akomeza avuga ko yagaragagaye henshi muri Kayenzi bakoresha amanama mu matariki menshi, yose akangurira anashishikariza Abahutu kwica abatutsi, kandi bishyirwa mu bikorwa.

Byongeye, Nkusi agaragaza ko Hari n’abo yagiye yica, asanga no mu mazu.”

Uyu mugabo wacitse Ubutabera bwo mu Rwanda mu 2004 afunguwe by’agateganyo yari yaratse uubwenegihugu bwa USA, ariko inkiko ziza kubumwambura.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bwandikiye mu mwaka ushize Ubutabera bwa USA busaba ko yakoherezwa mu Rwanda, bwishimiye igezwa mu Rwanda rya Munyakazi.

Akigezwa mu Rwanda, Uhagarariye Ambasade ya USA nawe yari kumwe n’abo mu Bushinjacyaha bw’u Rwanda, asinya ku nyandiko ko ashyikirijwe u Rwanda, ariko we nta cyo yashimye kubwira itangazamakuru, ahubwo kuri uyu wa Gatatu ngo harasohoka itangazo rivuga kuri iki gikorwa Amarika yakoranye n’u Rwanda.

-4192.jpg

Munyakazi agezwa mu maboko ya Polisi y’u Rwanda

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, yagaragarije abanyamakuru ko u Rwanda rushima Leta Zunze Ubumwe z’Amerika guhitamo koherereza abakekwaho ibyaha mu Rwanda.

Yagize ati“Muri make icyo navuga ni uko igihugu kimuzanye ni igihugu cya Amerika, tunashima cyane. Kubera ko bakomeje kugaragaza ubushake bwo kohereza abantu basize bakoze ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ngira ngo rero kuba aje, turabyishimiye, tunabyakiriye neza, twiteguye kumuha ubutabera kuko ariko dusanzwe mu Rwanda.”

Akomeza avuga ko uretse Dr Munyakazi uzanywe mu Rwanda, hari n’abandi batatu bamubanjirije Amerika yahaye u Rwanda rukababuranisha.

Agaragaza ko atari aboherejwe n’Amerika gusa, Nkusi avuga ko u Rwanda rumaze kugaragaza ko ari igihugu kimaze kugaragaza ubushobozi bwo gutanga ubutabera ku bakurikiranwaho ibyaha bazanwa mu Rwanda.

Yanagaragaje ko na Munyakazi azahabwa ubutabera bukwiye, byongeye akaba ageze mu Rwanda yamaze ngo gushakirwa umwunganira mu mategeko.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha yanavuze ko abandi bagiye boherezwa mu Rwanda, ugasanga binubira abavoka bahawe atari ikibazo, kuko hari abavoka benshi bari ku rutonde rw’Urugaga rw’Abavoka ku buryo uwakenera uwashaka yakwihitiramo.


N’andi mahanga yasabwe kurebera kuri Amerika

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda burahamagarira amahanga ko ataba indiri y’abakekwaho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, byongeye yanemejwe n’Umuryango Mpuzamahanga.

-4194.jpg

Acyururutswa indege

Ikindi kandi, bukagaragaza ko icyaha cya Jenoside kitakorewe Abatutsi gusa, cyakorewe n’amahanga nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu, buri gihugu kikaba gifite inshingano zo gukurikirana abagishinjwa.

Kubw’ibyo, burasaba ko igihugu icyo ari cyo cyose gucubikiye abashinjwa kuba barakoze Jenoside, cyabata muri yombi, bakoherezwa mu Rwanda kuburanishirizwa aho icyaha cyakorewe, cyangwa si kikamuburanisha amategeko akamuryoza ibyo yakoze.

Siboyintore Jean Bosco ushinzwe gukurikirana abakekwaho ibyaha bya Jenoside bihishe mumahanga yagize ati “Ariko nticyananirwa gukora byombi, nticyananirwa kumwohereza ngo kinanirwe no kumuburanisha.”

Ubushinjacyaha bwanavuze ku Bufaranfa, bugaragaza ko u Rwanda rutaranyurwa n’intera bukurikiranaho abakekwaho ibyaha bya Jenoside.

Mangingo aya, u Bufaransa bumaze kuburanisha abantu batatu, ariko nta n’umwe bwahisemo, kohereza mu Rwanda. Bwahisemo icyo kubaburanisha.

Simbikangwa yakatiwe imyaka 25 y’igifungo ariko yarakijuriye, naho Tito na Barahira bakatirwa gufungwa burundu ariko nabo barajurira.

Ku Isi hose, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bugaragaza ko bwohereje mu bihugu impapuro zo guta muri yombi abarenga 600, arikohafashwe mbarwa nyamara ari inshingano za buri gihugu.

Bukomeza buvuga ko bushyiramo imbara bugakorana n’imiryango itandukanye bwibutsa amahanga izo nshingano.

Nkusi Faustin ati”Hari igihe wenda bizagera bakoherezwa nta gucika integer. Icyangombwa ni uko icyaha cya Jenosidse kidasaza.

Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwagaragaje ko Munyakazi agiye kumenyeshwa ibyaha ashinjwa. Mu minsi itanu Ubushinjacyaha bukaba buzaregera Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugunga ku ifunga n’ifungurwa. Ubundi uyu mugabo akazaburanira mu rukiko rw’i Muhanga.

Source : Izubarirashe

2016-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa  Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Editorial 23 Jan 2016
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Editorial 29 Jan 2016
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Editorial 10 Nov 2016
‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa  Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Editorial 23 Jan 2016
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Editorial 29 Jan 2016
Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Editorial 25 Feb 2019
Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Mushikiwabo yagaragaje isomo Abanyarwanda bakuye mu matora yo muri Amerika

Editorial 10 Nov 2016
‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa  Rusagara na bagenzi be

‘Police state’ na ‘Banana Republic’ hitabajwe inkoranyamagambo mu kuyasobanura mu rubanza rwa Rusagara na bagenzi be

Editorial 23 Jan 2016
Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Mu Rwanda : Umunyamakuru Ntwali Williams yaraye mu gihome akekwaho gusambanya umwana

Editorial 29 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru