• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Urusobe rw’ibibazo PAC yagaragaje byamunze REB

Ubwanditsi 13 Oct 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Abadepite Ishinzwe kugenzura Ikoreshwa ry’Imari n’umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje uruhuri rw’ibibazo byamunze Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, aho ivuga ko hatagize igikorwa inshingano zacyo zitagerwaho.

Ubwo REB yitabaga PAC, abadepite bagaragaje ibibazo bigaragara muri iki kigo bifitanye isano n’imicungire y’imari, imikoranire y’inzego itanoze ndetse no kutagira umurongo uhamye w’imikorere. Ibyo byose bikaba byaragaragajwe na raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya Leta y’umwaka wa 2014-2015.

Bimwe mu bibazo abadepite babona ko byamunze REB…

Ikibazo cyo kutagira ububiko bw’abahawe inguzanyo za buruse

Abadepite bavuze ko REB itagira ububiko (database) bugaragaza imibare y’abanyeshuri bahawe inguzanyo babereyemo Leta umwenda, aho ngo REB igaragaza ko uwo mwenda ungana na miliyari 3 ariko hakaba hatagaraga umwenda wa buri muntu ndetse n’ayo buri muntu yishyuye.

Depite Kankera Marie Josée avuga ko hari miliyari hafi 6 zishyuwe ariko ngo REB ntigaragaza abishyuye abo ari bo ndetse n’umubare w’amafaranga yagiye yishyurwa na buri muntu.

Yagize ati “Iyo bandika mu bitabo byabo ntabwo bagaragaza amafaranga y’umwenda ndetse n’inkunga Leta yagiye itanga atabarwa nk’inguzanyo.”

Uyu mudepite avuga ko ubwo REB yatumizwaga muri PAC umwaka ushize na bwo ari uko icyo kibazo cyari giteye.

Umuyobozi Mukuru wa REB, Gasana Janvier yasubije agira ati “Iki kibazo cy’inguzanyo tukigeze kure ndetse dusa nk’aho twakirangije, ubu twamaze gukora igitabo kigaragaza abantu bose babereyemo Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga,ubu twagiha BRD.”

Umuyobozi wa REB yabajijwe umubare w’abantu bose bafitiye Leta umwenda w’inguzanyo zo kwiga, avuga ko atahita awumenya, aho bahise bamubaza niba kugira ngo avuge imibare y’ukuri byasaba ko umuntu amusanga mu biro.

Ikibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utaragezweho

Abadepite bavuze birambuye ku kibazo cy’umushinga wa One Laptop per Child utarageze ku ntego zawo bitewe ni uko wateguwe nabi.

Aha bagaragaje ko uyu mushinga watwaye akayabo utigeze ugira inyandiko iwusobanura.

Agaragaza icyo kibazo, Depite Kankera yagize ati “iyi porogaramu nta nyandiko iyisobanura ihari, nta buryo buhari izashyirwa mu bikorwa, nta gahunda yo gukurikirana uko bikorwa ihari, mu by’ukuri nta logical framework y’iyi porogaramu yagenwe.

Iyo logical framework ni yo yakagaragaje ngo iyi porogaramu ifite intego zimeze gutya izakora ibikorwa bimeze gutwa, izakorwa na nde? Ryari? Ikoreshe uburyo bumeze gute, amafaranga angana gute? Izakurikiranwa ite? Ibyo mbere ntabwo byigeze bisobanurwa.Ubwo rero umuntu yahita yibaza ngo ese iyi gahunda ibyo yagombaga kugeraho yari kubigeraho ibyo bitakozwe?”

Uyu mudepite yagaragaje ko hamaze kugurwa mudasobwa zisaga 248,908, aho hatanzwe miliyari zisaga 36.

Depite Kankera ati “Icyari kigamijwe byari ukugira ngo ikoranabuhanga rishyirwe mu burezi bwacu kandi bitume ireme ry’uburezi ritera imbere kurushaho ariko ukurikije ibibazo byagaragayemo ubushize n’iby’uyu munsi, ahari sinzi niba barakoze igenzura baraza kutubwira icyo uwo mushinga wagezeho.”

Muri mudasobwa zatanzwe kugeza ubu ngo hari izigera ku bihumbi 18 zaburiwe irengero, aho abadepite bavuga ko ari imikorere mibi ya REB kuko hari aho yagiye itanga mudasobwa nyinshi zirenze kure umubare w’abanyeshuri.

Ku wa 1 Ugushyingo 2013, ngo REB yari ifite mu mubiko mudasobwa zisaga ibihumbi 4298, itumiza izindi 42978 zose ziba 47276 babura aho bazishyira kuko batari bagennye abo bari buzihe, babuze aho bazishyira bakodesha inzu, aho ngo igihe Umugenzuzi w’imari ya Leta yajyagayo bari bamaze kwishyura amafaranga yo gukodesha inzu amafaranga asaga miliyoni 582.

Uretse izo mudasobwa, ngo haguzwe serveurs zagombaga gushyirwa mu byumba by’amashuri kugira ngo mudasobwa zahawe abana zibashe gukora, aho zaguzwe hafi miliyari y’amafaranga y’u Rwanda.

Izo serveurs kugeza ubu ngo ntabwo zigeze zikoreshwa keretse mu mashuri make ndetse hakaba hari n’izapfuye.

Uretse gutanga izo mudasobwa, ngo ni uko bazitanze mudasobwa ariko ku nteganyanyigisho y’amasomo nta mwanya wo kuzigisha wagenwe, aho ngo n’abarimu batazi kuzikoresha.

REB yabajijwe ko ibyo umugenzuzi yagaragaje niba ari ukuri Umuyobozi Mukuru wayo avuga ko babyemera ngo kuko batari gusinya ibyo batemera. Gusa Gasana Janvier yavuze ko amakosa yabaye ariko hari ingamba zihari zo kuyakosora.

REB ngo yica amategeko nkana mu mitangire y’amasoko

Ikigo gishinzwe amasoko ya Leta cyashyize mu majwi REB ko mu mitangire y’amasoko yayo itajya itanga raporo, aho ibi bifatwa nko kwica nkana amategeko.

Irindi kosa ryagaragajwe ni irijyanye n’imitangire n’imitegurire y’amasoko aho mu mwaka wa 2014-2015 yari yateganyije nko izatanga amasoko 140, uwo mwaka ukarangira hatanzwe amasoko 8 gusa.

Ikindi cyatangaje abadepite ni uburyo gutanga amasoko ari byo byafashe ingengo y’imari y’ikigo kuruta ibindi bikorwa, aho ngo amasoko 140 yari yapanzwe yari gutwara miliyari 30 mu gihe ingengo y’imari ya REB yari miliyari 42.

Abadepite banagaragaje uburyo REB itinda kwishyura ba rwiyemezamirimo baba bayigemuriye ibikoresho kandi na bo ari abacuruzi ndetse banatanga imisoro ya Leta.

Mu bindi bibazo, abadepite bavuze ku kibazo cyo kuba REB yarakoze amakosa akomeye aho Umugenzuzi w’imari ya Leta yagiye gukora igenzura bakamwereka ko hari rwiyemezamirimo ufite isosiyete yitwa SOCOMU barimo umwenda wa miliyoni 110 bajya kureba uwo muntu we akavuga ko REB imurimo miliyoni 50 gusa.

Aha Ubuyobozi bwa REB bwisobanuye buvuga ko bwemera ikosa, aho ngo hari umukozi wishyushye miliyoni 59 bakibagirwa gukuramo ayo mafaranga mu mwenda wari usanzwe.

-4344.jpg

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere

Hari n’ikindi kibazo cyagaragajwe cyo kuba REB yarishyuye rwiyemezamirimo umwe ikarenzaho amafaranga angana na miliyoni 51, aho yemeye na bwo yemeye iri kosa ikavuga ko ubu uwari wahawe ayo mafaranga yatangiye kuyasubiza, kugeza ubu akaba ngo amaze kwishyura miliyoni 34.

Gusa abadepite bibajije impamvu abakozi baba bakoze amakosa mu kazi bakomeza gukora aho gufatirwa ibyemezo.

Depite Nkusi Juvenal Perezida wa PAC yasabye Ubuyobozi bwa REB kuvugurura imikorere yabwo, aho byagaragaye ko iki kigo gifite imikorere mibi mu nzego zose.

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Tshisekedi arashumika inzu agahisha umwotsi: Yahakanye ubusabe bwe bwo kwimurira muri Kongo abajenosideri babaga muri Niger

Ubwanditsi 18 Sep 2024

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Ubwanditsi 11 Dec 2024
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Ubwanditsi 06 Mar 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti
INKURU NYAMUKURU

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Ubwanditsi 19 Aug 2019
USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago
INKURU NYAMUKURU

USA: Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’umuyobozi w’Umujyi wa Chicago

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Bishop Rugagi  yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Bishop Rugagi yaba yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru