• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Ubwanditsi 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana tariki ya 28 Ukwakira, yagiranye inama n’abahagarariye amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga hagamijwe kurebera hamwe intambwe imaze guterwa mu gutanga serivisi zitandukanye; by’umwihariko izitangwa n’urubuga Irembo ndetse no kurushaho gukomeza imikoranire myiza nabo.

Muri iyi nama, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye ko hakomeza kubaho ubufatanye bunoze bwa Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga kugira ngo abaturage bahabwe serivisi nziza kandi zinoze.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga Gishoma Jean de Dieu yagize ati:” kubera ibitaragendaga neza, twiyemeje gushyiraho ihuriro ryacu kugira ngo tunoze imikorere. Uyu munsi twiyemeje ko mu mashuri yacu hazajya hasohokamo abashoferi bafite ubumenyi bwo ku rwego rushimishije”.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagaragaje ko hari ibitarakorwaga neza n’ayo mashuri ku buryo nyuma hifashishijwe serivisi z’ikoranabuhanga Leta yashyizeho kugira ngo bigende neza.

Iri koranabuhanga rikaba ryarakemuye ibibazo bitandukanye byaterwaga n’amwe mu mashuri yacaga abantu amafaranga yo kwiyandikisha aho gutanga ubumenyi buhamye mu kwigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Ayo mashuri akaba atarashimishijwe na serivisi zitangwa n’urubuga Irembo zo kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bitewe n’inyungu yari abifitemo.

CP Rumanzi yagize ati:” Irembo ryakemuye ibintu byinshi birimo gukorera mu bwiru ku buryo byahaga icyuho ruswa. Icyo gihe abantu biyandikishaga bakoresheje umurongo umwe w’itumanaho rya MTN handikwa ubutumwa bukoherezwa ku mafaranga y’u Rwanda 60. Abiyandikishaga bishyuraga amafaranga hagati y’ibihumbi 5 na 35 bakayaha amashuri kugira ngo abandike; abandi banishyuraga amafaranga arenze ibihumbi 5 kugira ngo bakurikirane uruhushya rwe”.

Yongeyeho ko amashuri menshi yabonaga amafaranga menshi mu kwandika abanyeshuri aho kubaha ubumenyi bukwiye bwo kumenya amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Yatanze urugero rw’aho kuva mu kwezi kwa Mata 2015 kugera muri Kamena 2016 amashuri yiyongereye cyane ava kuri 79 agera kuri 124. Serivisi z’Irembo zimaze gutangira nta shuri rishya ryigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga ryongeye gutangira.

CP Rumanzi yakomeje avuga ko muri iki gihe, kwiyandikisha gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bikorwa ku buntu, bigakorerwa kuri terefone cyangwa kuri mudasobwa utiriwe ukora urugendo kandi bigakorwa mu mucyo.

Yagize ati:” Abiyandikisha bahita babona ubutumwa n’igisubizo cy’ibyo basabye ndetse twanashyizeho abantu bashinzwe kubafasha; tukaba dufatanya n’ikigo cya RwandaOnline gukemura ibibazo iyo bibayeho ndetse tugaha amakuru abo bireba”.

Kubera ubufatanye n’imikoranire myiza kandi mishya hagati ya Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, abaturage bazajya bahabwa serivisi nziza kandi zihuse.

Nyuma y’inama n’abafite amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, aho yababwiye ko abatwara ibinyabiziga bitarimo utugabanyamuvuduko batangiye kubihanirwa.

Yakomeje avuga ko imirongo mishya ibiri iherutse kongerwa ku yindi isanzwe ipima imiterere y’ibinyabiziga mu kigo gisanzwe gipima imodoka kiri mu karere ka Gasabo yatumye serivisi zihuta.

Yagize ati:” Muri rusange ikigo cyasuzumaga imodoka ziri hagati ya 400 na 500 ku munsi. Imodoka yashoboraga kumara iminota 90 iri ku murongo itarasuzumwa. Ariko imirongo mishya ibiri imaze kongerwaho, imodoka zipimwa ku munsi zariyongereye zigera kuri 600 ndetse n’umwanya wo gutegereza uragabanyuka ugera ku minota 40.

-4533.jpg

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda yari kumwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege n’abahagarariye Minisiteri y’ibikorwaremezo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA.

RNP

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Ubwanditsi 03 May 2021
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Ubwanditsi 28 Jul 2025
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021
Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Mu Bufaransa: Urukiko rw’Ubujurire rwemeje ifungwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana

Ubwanditsi 03 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni yashoboye kwinjiza bitemewe intwaro nyinshi mu gihe cy’ubutegetsi bwa Id Amin na Obote Milton n’uruhare Karuretwa yabigizemo

Ubwanditsi 21 Jan 2019
Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited
Mu Mahanga

Rwanda signs USD 39 million mining deal with Tri Metals Mining (Rwanda) Limited

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo
Mu Rwanda

Gasabo: Babiri bafunzwe bakurikiranyweho kwiba arenga miliyoni 2 mu rugo bakoragamo

Ubwanditsi 29 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru