• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Amashuri yigisha amategeko y’umuhanda ashyigikiye ikoranabuhanga mu gutanga serivisi

Ubwanditsi 29 Oct 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K Gasana tariki ya 28 Ukwakira, yagiranye inama n’abahagarariye amashuri yigisha gutwara ibinyabiziga hagamijwe kurebera hamwe intambwe imaze guterwa mu gutanga serivisi zitandukanye; by’umwihariko izitangwa n’urubuga Irembo ndetse no kurushaho gukomeza imikoranire myiza nabo.

Muri iyi nama, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye ko hakomeza kubaho ubufatanye bunoze bwa Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga kugira ngo abaturage bahabwe serivisi nziza kandi zinoze.

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga Gishoma Jean de Dieu yagize ati:” kubera ibitaragendaga neza, twiyemeje gushyiraho ihuriro ryacu kugira ngo tunoze imikorere. Uyu munsi twiyemeje ko mu mashuri yacu hazajya hasohokamo abashoferi bafite ubumenyi bwo ku rwego rushimishije”.

Muri iyi nama, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagaragaje ko hari ibitarakorwaga neza n’ayo mashuri ku buryo nyuma hifashishijwe serivisi z’ikoranabuhanga Leta yashyizeho kugira ngo bigende neza.

Iri koranabuhanga rikaba ryarakemuye ibibazo bitandukanye byaterwaga n’amwe mu mashuri yacaga abantu amafaranga yo kwiyandikisha aho gutanga ubumenyi buhamye mu kwigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Ayo mashuri akaba atarashimishijwe na serivisi zitangwa n’urubuga Irembo zo kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga bitewe n’inyungu yari abifitemo.

CP Rumanzi yagize ati:” Irembo ryakemuye ibintu byinshi birimo gukorera mu bwiru ku buryo byahaga icyuho ruswa. Icyo gihe abantu biyandikishaga bakoresheje umurongo umwe w’itumanaho rya MTN handikwa ubutumwa bukoherezwa ku mafaranga y’u Rwanda 60. Abiyandikishaga bishyuraga amafaranga hagati y’ibihumbi 5 na 35 bakayaha amashuri kugira ngo abandike; abandi banishyuraga amafaranga arenze ibihumbi 5 kugira ngo bakurikirane uruhushya rwe”.

Yongeyeho ko amashuri menshi yabonaga amafaranga menshi mu kwandika abanyeshuri aho kubaha ubumenyi bukwiye bwo kumenya amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga.

Yatanze urugero rw’aho kuva mu kwezi kwa Mata 2015 kugera muri Kamena 2016 amashuri yiyongereye cyane ava kuri 79 agera kuri 124. Serivisi z’Irembo zimaze gutangira nta shuri rishya ryigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga ryongeye gutangira.

CP Rumanzi yakomeje avuga ko muri iki gihe, kwiyandikisha gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bikorwa ku buntu, bigakorerwa kuri terefone cyangwa kuri mudasobwa utiriwe ukora urugendo kandi bigakorwa mu mucyo.

Yagize ati:” Abiyandikisha bahita babona ubutumwa n’igisubizo cy’ibyo basabye ndetse twanashyizeho abantu bashinzwe kubafasha; tukaba dufatanya n’ikigo cya RwandaOnline gukemura ibibazo iyo bibayeho ndetse tugaha amakuru abo bireba”.

Kubera ubufatanye n’imikoranire myiza kandi mishya hagati ya Polisi y’u Rwanda n’amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, abaturage bazajya bahabwa serivisi nziza kandi zihuse.

Nyuma y’inama n’abafite amashuri yigisha amategeko y’umuhanda no gutwara ibinyabiziga, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda Commissioner of Police (CP) George Rumanzi yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru, aho yababwiye ko abatwara ibinyabiziga bitarimo utugabanyamuvuduko batangiye kubihanirwa.

Yakomeje avuga ko imirongo mishya ibiri iherutse kongerwa ku yindi isanzwe ipima imiterere y’ibinyabiziga mu kigo gisanzwe gipima imodoka kiri mu karere ka Gasabo yatumye serivisi zihuta.

Yagize ati:” Muri rusange ikigo cyasuzumaga imodoka ziri hagati ya 400 na 500 ku munsi. Imodoka yashoboraga kumara iminota 90 iri ku murongo itarasuzumwa. Ariko imirongo mishya ibiri imaze kongerwaho, imodoka zipimwa ku munsi zariyongereye zigera kuri 600 ndetse n’umwanya wo gutegereza uragabanyuka ugera ku minota 40.

-4533.jpg

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, Umuyobozi w’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kubungabunga umutekano wo mu muhanda yari kumwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege n’abahagarariye Minisiteri y’ibikorwaremezo n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA.

RNP

2016-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Ubwanditsi 07 Apr 2016
FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

FERWAFA yatangaje ibiciro byo ku mikino ya FIFA Series 2026 izahuza ibihugu 8 bizakinira kuri Sitade Amahoro na Kigali Pele Stadium

RUSHYASHYA 02 Mar 2026
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite  Nyandwi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yihanganishije umuryango wa Depite Nyandwi

Ubwanditsi 17 Oct 2016
Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Abapolisi babiri bacunga umutekano mu muhanda bafashwe bakira ruswa

Ubwanditsi 27 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera
Mu Rwanda

Rubavu: Abanyekongo babiri basanganwe indwara ya kolera

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwada yakomereje ubukangurambaga mu kurengera ibidukikije mu karere ka Kamonyi

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025
Amakuru

Impano z’abakiri bato bavuye mu bihugu 14 bya Afurika, barahurira mu Rwanda mu mikino ya FIBA U16 AfroBasket 2025

Ubwanditsi 29 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru