• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

UGANDA : Perezida Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo imaze igihe

Ubwanditsi 02 Nov 2016 Mu Rwanda

Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni yafunze Kaminuza ya Makerere nyuma y’imyigaragambyo y’abanyeshuri n’abarimu yatangiye gukorwa mu mpera z’icyumweru gishize aho bagaragazaga byinshi bitagenda neza muri iyi kaminuza harimo no kuba bagaburirwa nabi, abarimu nabo bakavuga ko badahembwa ibirarane byabo.

Nkuko tubikesha Newvison imyigaragambyo yatangijwe n’abarimu bigisha muri iyo Kaminuza nyuma y’igihe kinini bari bamaze badahembwa dore ko bavuga ko bafite ibirarane by’amezi 9 batahembwe by’agahimbazamusyi, ibyo bigatuma bamwe bareka kwigisha. Abanyeshuri nabo baje kwifatanya n’abarimu mu myigaragambyo, basaba ubuyobozi bwa Makerere University ko bwagira ibyo buhindura bidatunganye dore ko nabo bavugaga ko bagaburirwa nabi ukongeraho no kuba abarimu baranze kwigisha kubera badahembwa.

Kuri uyu wa mbere nibwo ihuriro ry’abarimu ba Makerere University (Makerere University Academic Staff Association (MUASA) ryakoze inama ryemeza ko rigomba gukomeza imyigaragambyo. Ku wa kabiri nibwo abanyeshuri nabo bifatanyije na bo bazenguruka icyo kigo bahamagarira buri wese kwifatanya na bo kugeza ubwo bazibonanira na Perezida Museveni nk’uko bitangazwa Charles Wana-Etyemukuriye inama y’ubutegetsi bwa Makerere University, nyuma y’aho kaminuza yari yemeye kwishyura abarimu ukwezi kumwe ariko abarimu bakanga kunyurwa n’uwo mwanzuro.

Makerere Universuty yahise itumiza inama y’abarimu n’abanyeshuri ngo baganire ku bibazo byose ariko abandi ntibabyshimira kuko bo bifuzaga guhura na Perezida Museveni bakamugezaho ibibazo byose bafite. Kuri ubu amakuru agezweho ni uko iyi kaminuza yamaze gufungwa na Perezida Museveni kubwo gushaka umutekano w’ibintu n’abantu dore ko abanyeshuri bari basigaye bagendana amabuye n’ibindi bikoresho byabafasha kugirira nabi abayobozi b’iyi kaminuza. Biteganyijwe ko iyi kaminuza izafungurwa mu gihe kizatangazwa na Perezida Museveni nk’uko itangazo yashyize hanze ribivuga.

-4556.jpg

-4557.jpg

-4558.jpg

-4559.jpg

-4560.jpg

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Gicumbi: Umwana w’umuhungu yaciwe igitsina

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Alain Mukuralinda yitabye Imana azize indwara y’umutima

Ubwanditsi 04 Apr 2025
Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Abafana ba Nikuze wo muri “City Maid” bahura na we bagaturika bakarira

Ubwanditsi 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye
Mu Mahanga

Trump yahakanye gutanga amadolari yahawe umugore ukina filime z’urukozasoni bivugwa ko baryamanye

Ubwanditsi 06 Apr 2018
Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda batuye muri Australia bamaganye inkuru yanditswe na ABC news ko ari intasi z’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Sep 2019
Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro
POLITIKI

Burundi: Willy Nyamitwe ashishikariza Abarundi bahunze gutaha mu gihe umuryango we uheze mu buhungiro

Ubwanditsi 08 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru