• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

DONALD TRUMP niwe utsindiye kuyobora Amerika, sobanukirwa ibintu 10 bitumye atsinda HILARY CLINTON.

Editorial 12 Nov 2016 POLITIKI

Mu matora yari ategerejwe na benshi kandi yavugishije benshi arangiye umukandida wo mu ishyaka ry’abarepubulika ariwe uyatsinze, Donald Trump w’imyaka 70 akaba ari we ugiye kuba President wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Atsinze mu gihe benshi batabikekaga ariko byagera ku banyepolitike bo bo muri Amerika bakaba batamushakaga dore ko n’abo mu ishyaka rye barimo ba Bush batigeze bagaragaza ko bamushyigikiye. Umuntu rero avuze ko ashyizweho n’Imana ngo avuguruze kandi agamburuze imigambi y’abana b’abantu ntiyaba abeshye.

Dore ibintu bitumye Donald Trump atsinda Hilary Clinton:

1. Agenda (gahunda) ye: Donald Trump atangira kwiyamamaza yavuze ibikora ku marangamutima y’abanyamerika benshi, ibyo abazungu benshi bifuzaga kumva kandi byari bimaze igihe bibaremereye mu mitima, bigaragaza ko Trump azi kumenya icyo abantu bashaka kandi akamenya kukibashakira kandi mu bagombaga gutora 70% bari abazungu:

Yavuze ko azagabanya imisoro

Yavuze ko azashyiraho urukuta hagati ya Mexico na America mu rwego rwo kwirinda ubucuruzi bwa magendu n’ubw’ibiyobyabwenge.

Yavuze ko azirukana abantu badafite ibyangombwa bibemerera kuba muri Amerika.

Yavuze ko atazaha abantu ibyo kurya by’ubuntu ( ibyo bita food stump muri Amerika).

Yavuze ko atazakundira abasilamu kwinjira muri Amerika hatabayeho isuzumwa rikomeye.

2. Uwo bari bahanganye Hilary Clinton nta cyizere gifatika yari afitiwe n’abanyamerika benshi kubera:

Ikibazo cy’ama emails y’akazi yohereje akoresheje email ye ku giti cye.

Kuba yari amaze igihe kirekire muri systeme kandi nta kintu gifatika yahinduye, abantu rero bari bakeneye impinduka.

-4606.jpg

Donald Trump

Kuba yari umugore wa Bill Clinton akaba incuti ya Obama hari benshi babonaga Kumutora ari ukongera gutora systeme ya Bill Clinton cyangwa se ya Obama. Hari benshi rero batashakaga kongera kuyoborwa n’umuryango umwe kandi batifuzaga kongera kuyoborwa n’aba Democrates.

Benshi bamufataga nk’umubeshyi n’indyadya
Hari benshi kandi bumva batiteguye kuba bayoborwa n’umugore muri Amerika.

3. Kuba atari ari muri systeme imaze igihe iyobora America byatumaga afatwa nk’umuntu utandukanye kandi wihariye kandi agafatwa nk’umuntu uzazana amaraso mashya agasenya byinshi bibi byari byarubatswe n’iyo systeme imaze igihe iyobora Amerika.

4. Benshi Kandi bamukundira kuba ari nta muntu atinya kandi akaba adatinya kuvuga ikimuri ku mutima n’ikiri ku mitima y’abandi banyamerika benshi akaba kandi adatinya no guhangara abitwa ko bakomeye.

5. Trump yari ashyigikiwe n’abantu bakuze kandi nibo kenshi bitabira amatora kurusha urubyiruko muri Amerika.

6. Trump yashyigikiwe cyane n’abakristo benshi badashyigikiye gahunda z’aba Democrates zimura Imana muri Amerika zikimika gahunda zihabanye n’Ijambo ry’Imana. Benshi rero bizera ko Trump ashobora kuba igikoresho kizagarura abanyamerika ku Mana.

7. Kuba Trump yifitiye umutungo we bwite byamuheshaga icyizere cyo gutorwa kurusha Hilary kuko adafite Inyota y’ubutunzi mu miyoborere ye ibyo bikamutandukanya na Hilary ubeshwaho n’inkunga z’abandi bantu kenshi cyane.

8. Benshi bizera ko bazabona akazi ku ngoma ye kuko ari umu businessman bibwira ko azashobora kongera imirimo muri Amerika.

9. Kwigirira icyizere, kudacika intege, kuba uwo uriwe, no kugira abajyanama beza kandi akemera kugirwa inama ni bimwe mu byafashije Trump gutsinda Hilary Clinton kuko uko yatangiye Campaign yagiye ahindura ibintu byinshi mu mivugire ye no mu myitwarire ye.

10. Trump yasengewe n’abakozi b’Imana batandukanye muri Amerika no ku isi hose kuko Bari bababajwe n’aho Amerika iri kugana mu buryo bwo mu mwuka, benshi rero bizera ko nubwo Amerika itahembuka mu by’ubukungu ku ngoma ya Trump ishobora guhembuka mu Mwuka inkike zari zarasenyutse zikongera kubakwa.

-4607.jpg

Hilary Clinton

Turakomeza kubakurikiranira ibirebana na Trump turabibagezaho mu nkuru zacu zitaha.

2016-11-12
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Editorial 28 Aug 2016
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Editorial 29 Jul 2016
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Editorial 04 Jan 2018
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Editorial 18 Jun 2017
Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Editorial 28 Aug 2016
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Editorial 29 Jul 2016
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Editorial 04 Jan 2018
Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Paul Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Editorial 18 Jun 2017
Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Ishyaka PSD: Dr. Biruta Vincent mu ihurizo ryo gushaka kwigizayo Professeur Ndayishimiye Eric, umukombozi w’umujene ushyigikiwe na benshi mu Ishyaka PSD!

Editorial 28 Aug 2016
DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

DUSENGE ABAGORE BAZAMUKE

Editorial 29 Jul 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru