• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Editorial 14 Dec 2016 Mu Mahanga

Nk’uko iminsi mikuru isoza umwaka yegereje, Polisi y’u Rwanda yatangiye gukaza imikwabu yo kurwanya abacuruzi bashaka kuyitwaza banyereza imisoro ,aho yafashe bane bakurikiranyweho gutanga ibicuruzwa nta nyemezabuguzi zabugenewe cyangwa batanga ibicuruzwa biriho ibirango by’imisoro by’ibihimbano.

Mubafashwe, harimo Karangwa Jean de Dieu, umucuruzi wa caguwa, wafashwe ku italiki 12 Ukuboza ubwo yageragezaga guha ruswa umupolisi wari wamusanze atanga ibicuruzwa adakoresheje akamashini gasohora inyemezabuguzi kitwa EBM.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent (SP) Emmanuel Hitayezu yavuze ko ubwo umupolisi yari mu kazi, yahuye n’umuntu wari uranguye amabaro abiri ya caguwa, amubajije inyemezabuguzi arazibura ahubwo amwereka aho yaziguze, ahageze nyir’iduka ariwe Karangwa, ashaka kumuha ruswa y’amafaranga 50,000 ari nabyo byatumye ahita amufata ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gikondo.

SP Hitayezu yamaganye ibikorwa bibi nk’ibi, avugako bigira ingaruka kuri nyirabyo no ku bukungu bw’igihugu muri rusange.

Yagize ati:” Turashishikariza abacuruzi gukoresha buri gihe kariya kamashini ku cyo ari cyo cyose bagurishije , kutagakoresha birahanirwa, umuguzi nawe agomba kwaka inyemezabuguzi ikavuyemo kuko iyo abikoze nawe aba atanze umusanzu ku iterambere ry’igihugu .”

Yibukije ko Polisi y’u Rwanda , mu bufatanye n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro, hakajijwe imikwabu mbere y’iyi minsi mikuru yegereje kugirango Abanyarwanda bazayizihize neza .

Aha yagize ati:”Polisi y’u Rwanda yafashe ingamba zihamye kuri ruswa…kugirango abashaka kuyitanga, abayisaba n’abayakira bafatwe nk’uko biteganywa n’ingingo za 640, 641 na642 z’igitabo cy’amategeko ahana zibiteganya.”

Iya 640 ivuga ko, umuntu wese, mu buryo buziguye cyangwa butaziguye utanga impano mu buryo butemewe ku muntu utanga serivisi kugirango ayimuhe cyangwa ayihe undi, azahabwa igifungo kuva ku myaka ibiri kugera ku myaka itanu n’ihazabu ingana n’inshuro icumi z’agaciro k’icyatanzwe.

Naho iya 641 yo ivuga ko gusaba cyangwa kwakira ruswa bihanishwa igifungo kuva ku myaka itanu kugeza kuri irindwi cyangwa n’ihazabu inshuro kuva kuri ebyiri kugeza ku icumi z’icyatanzwe.

SP Hitayezu kandi ati:” Mu minsi mikuru, abantu benshi barahaha ariko hari n’abandi babyitwikira bagashaka gukora magendu no kunyereza imisoro, niyo mpamvu imikwabu yo kubafata irimo kwiyongera.”

Ni muri urwo rwego kandi, kuri uwo munsi, Polisi yafatiye i Musanze na Rubavu ibicurizwa by’agaciro ka miliyoni 5,7 z’amanyarwanda byose bya magendu.

Yari imikwabu igamije gufata ibicuruzwa bya magendu bifite ibirango byo gusora by’ibyiganano, mu byafashwe hakaba harimo za divayi, inzoga zikomeye, ibinyobwa bitera ingufu,imitobe, amavuta yo guteka n’ibindi bitemewe gucuruzwa.

Icyo gihe Polisi yanafashe abantu batatu basanzwe barimo gucuruza ibintu bifite ibyo birango by’ibyiganano.

Kuri uwo munsi kandi, mu mikwabu itandukanye, hafashwe imodoka Toyota Hiace RAB 481B ifatiwe i Shyorongi mu karere ka Rulindo ipakiye amakarito icumi y’amata y’ifu, amakarito 40 ya divayi, amakarito atanu ya Wisiki byose by’agaciro ka miliyoni esheshatu z’amanyarwanda.

-5017.jpg

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu

2016-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Editorial 18 Mar 2016
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Mar 2024
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Editorial 11 Sep 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Editorial 18 Mar 2016
Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Ndayishimiye na Tshisekedi basangiye igwingira mu mitekerereze, irangwa n’ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 26 Mar 2024
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Editorial 11 Sep 2016
UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

UmuNazi nyarwanda, Aloys Ntiwiragabo aragerageza gucecekesha abatangabuhamya bamufiteho ibimenyetso

Editorial 18 Jan 2023
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kuba maso kubera inkongi z’imiriro

Editorial 18 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru