• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Ibaruwa ifunguye Paulo V yandikiye Me. Evode Uwizeyimana ku kibazo cyo gushotora Musenyeri Nzakamwita.

Editorial 20 Dec 2016 ITOHOZA

Nyakubahwa Munyamabanga wa Leta ushinzwe itegeko Nshinga n’andi mategeko, ndagusuhuje! Mbere ya byose mbanje kukwifuriza kuzasohoza neza inshingano nshya uherutse guhabwa na Leta y’u Rwanda.

-5102.jpg

Njyewe umwanditsi Paulo V (Utari intumwa yo muri Bibiliya) maze kubona uburyo rubanda rwashavujwe n’imvugo ikarishye wakoresheje igihe mwari mu nama ya 14 y’umushyikirano kuwa 16/12/2016, ubwo mwasubizaga Musenyeri Nzakamwita Slyverien, nahise nifuza kukwandikira ibaruwa ifunguye kugira ngo nkubwire agahinda mfite.

Nyakubahwa, ubusanzwe tuzi ko muri Sosiyeti Nyarwanda dukunze kurangwa n’ubwubahane ndetse n’ubupfura mu rwego rwo kurushaho kubaka “UMURYANGO” nyarwanda ufite ejo heza kandi uzira amakemwa. Iyi ngingo nkeka dushobora kuba tuyemeranyaho.

Natangajwe cyane n’uburyo mwasubije “UMUBYEYI” ufite inshingano zo kuyobora imiryango ibihumbi n’agahumbagiza muri Diyoseze ya Byumba. Mbere yo gukomeza iyi baruwa yanjye, Nyakubahwa, nifuzaga kukwibutsa yuko muri Kiliziya ubusanzwe Umusasaridoti afatwa nk’umubyeyi mu muryango wa Gikristo, bityo mu nshingano ze za buri munsi akaba agomba gukemura ibibazo binyuranye biri mu miryango kuko aba yarabihuguriwe ku rwego rw’isanamitima “Counselor” Ibi bituma amenya amabanga y’ibibera mu ngo nubwo rwose aba ari mu buzima bwo kubaho nta mugore cyangwa se umwana yabyaye.

Mbere yo gukomeza kandi, reka nkwibutse ikindi kintu:

Sinzi niba ukunze kujya mu misa ariko nyemerera nkwibutse ivanjiri Yezu yigeze guha abigishwa be. Yarababwiye ati “Mbere yo kuvuga ijambo iryo ari ryo ryose, jya ubanza ukarage ururimi rwawe inshuro ndwi” Nagusabaga ko wasoma iri vanjiri muri Bibiliya yawe (Niba utayifite cyangwa se utayemera, nagutiza iyanjye ukarisoma) kuko no mu bihe bitaha hari icyo byazagufasha.

Nyakubahwa, natunguwe no kubona muvuga amagambo nk’ariya mutabanje byibuze gukaraga ururimi rwanyu inshuro 2 zonyine. Nk’umunyamategeko, nkeka ko mwaba mwarihuse mu mvugo nk’iriya isuzuguza, itesha agaciro umubyeyi twese twubaha kandi ufatiye runini Umuryango Nyarwanda.

Ku bwanjye ndamutse mbonanye nawe, nagusaba ko wazajya kwicara mu ntebe ya “PENETENSIYA” ukicuza iby’imvugo yawe benshi bise “Nyandagazi” maze ugahabwa umugisha wa Kiyobozi ndetse ukanahugurirwa kujya ubanza gukaraga ururimi aho biri ngombwa.

-5103.jpg

Nyakubahwa, iyo usesenguye amagambo wakoresheje, usanga arimo ukutamenya uwo wabwiraga ndetse n’umumaro afitiye igihugu. Nakwibutsaga ko ibyo Musenyeri yavuze byose, ari ikibazo gihangayikishije Umuryango nyarwanda muri iki gihe, ku buryo haramutse hafashwe ingamba zikomeye kuri cyo, twakwizera ko ejo h’urubyiruko rw’u Rwanda haba ari heza kurushaho.

Ntizimbye mu magambo, nasoza nkubaza nti;

Ese kuba twagira umutekano usesuye ariko tudafite umuryango muzima utarangwa n’ikinyabupfura, uburere ndetse n’indangagaciro za kirazira twaba tugana he?

Nsoje nkushimira uburyo urantiza umwanya wawe ugasoma iyi baruwa kuko nzi neza y’uko uba ufite imirimo myinshi.

Nkwifurije kuzagira iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.

Imana iguhe umugisha.

Umwanditsi Pawulo wa 5.

2016-12-20
Editorial

IZINDI NKURU

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Editorial 02 Mar 2017
Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Inzego z’umutekano muri Uganda zakwirakwije ikinyoma cy’uko abasirikare b’u Rwanda barasiye abaturage ku butaka bwayo

Editorial 26 May 2019
Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Umufasha wa Gen Castal arahamya ko yamenye ko abatutsi bagiye kwicwa ndetse na Perezida Habyarimana

Editorial 13 Apr 2017
Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Bruxelles : Udutsiko tw’abiyita abasirikare muri RNC dukomeje kwikoma Ikinyamakuru Rushyashya

Editorial 22 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG  aravuga ko Amerika ari intangarugero  igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside
Mu Mahanga

CNLG aravuga ko Amerika ari intangarugero igakebura u Buholandi bukinangira kohereza abakekwaho Jenoside

Editorial 29 Sep 2016
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye
Amakuru

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Editorial 29 Jan 2024
BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.
UBUKUNGU

BK Group Plc yabonye inyungu ya miliyari 7.5 Frw, ingana n’izamuka rya 23.4% ugereranyije n’igihembwe nk’iki mu mwaka ushize.

Editorial 30 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru