• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Nirukiye ubutunzi nsiga urukundo nyakuri none mbuze byose, nkore iki?

Ubwanditsi 04 Mar 2017 HIRYA NO HINO

Mu rwego rwo kugishiriza inama abantu batandukanye kuri ubu dufite umugore wangiye umusore ubushobozi ashaka undi amukundiye ubutunzi none yatangiye kwicuza, arashaka ko twamugira inama.

Yateruye agira ati “Ndi umugore w’imyaka 26 mfite ikibazo kinkomereye cyane nifuza ko mwangiraho inama.”

“Nkirangiza amashuri yisumbuye nakundanaga n’umuhungu wakoraga akazi ku buganga, twarakundanaga pe, ariko nkumva gahunda afite iyo kubana izaza nka nyuma y’imyaka itanu.

Ubuzima nakuriyemo ntago twari twifashije iwacu bigatuma mpora numva ntashobora gushaka umusore udafite ubushoboozi bufatika. Ubwo tumaranye imyaka itatu mbona ubuzima bwe budahinduka kandi n’ibyo kubana nawe abishyira mu nzagihe cyane, naje kubona undi musore ufite inzu, ufite imodoka, ufite ubushobozi ku buryo byagaragaraga, ansaba ko twakundana, bityo kubera uburyo nifuzaga umugabo umeze nk’uwo, nawe naramwemereye ntitaye ko mpemukiye wa muganga twakundanaga bya nyabyo.

Ubwo uwo musore yaje mu rugo papa aramukunda cyane abo mu muryango bose bansaba kuba ariwe nakunda kuko yari akize. Nawe ntitwamaranye n’umwaka ahita ansaba dukora ubukwe turabana, gusa ibyo nari niteze byo kuba ngiye kubaho neza siko byagenze!

Mu rugo ntacyo tubuze dufite ubushobozi ariko nta mutuzo, nta mahoro njyewe mfite rwose mbaho nabi kuva kuwa mbere kugeza ku wundi wa mbere! Umugabo aransuzugura cyane, amfata nk’umukozi wo murugo rwe, nyuma y’ukwezi gusa tubana yahise ahinduka nk’ikirere, gukora ku mafaranga ye binsaba inzira ndende cyane, mbese ndahangayitse bikomeye ku buryo nsigaye nicuza icyatumye nirukira uyu mugabo.”

Yakomeje agira ati “Hagati aho mbere yo gushakana nawe wa muganga twakundanaga yarababaye cyane, ambwira amagambo ko ngomba kubigendamo gacye kuko nshobora gushaka uwo mugabo ubuzima ntibugende neza nkuko nari mbyiteze.

Uko yabimbwiye niko byagenze pe, hanze abantu baba babona nishimye ariko imbere muri njye ibibazo ari byose, nabiganirije wa muganga arambwira ngo nzashake uko namwiyenzaho nake gatanya dore ko ntaranasama ngo mbe wenda mfite umwana w’uyu mugabo tubana.

-6015.jpg

Ansaba ngo nzake gatanya ngo nze aracyankunda twibanire, kandi nanjye numva aho bigeze umutima munini umpatiriza kuba nava muri uru rugo none nabuze inzira byacamo, niba naba mfashe icyemezo cya nyacyo bikanyobera”

Uyu mugore akeneye inama zanyu!

2017-03-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Maj. Ntuyahaga  kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Maj. Ntuyahaga kuki avuga ko aje mu Rwanda ubuzima bwe bwajya mu kaga, abahari babaye iki ?

Ubwanditsi 05 Oct 2018
Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Hamuritswe igitabo cyiswe ”amakayi y’urwibutso” kivuga ku nzira y’umusaraba Abatutsi banyuzemo

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Umubare w’abarwayi ba COVID-19 mu Rwanda wiyongereyeho bane ugera kuri 54

Ubwanditsi 28 Mar 2020
KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

KIGALI: Umusore yapfiriye mu birori bya Silent Disco byabereye ku gasongero k’inyubako ya Remera Corner

Ubwanditsi 31 Mar 2019

2 Ibitekerezo

  1. KAYISIRE Belyse
    January 29, 20193:08 pm -

    Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

    Subiza
    • KAYISIRE Belyse
      January 29, 20193:40 pm -

      Njye uko ndikumva uwo mugore biramukomereye pe.gusa icyo namubwira kandi nanamusaba mbere na mbere nabanze yumve icyo umutima namawe umusaba gukora maze yumve nizo tumugira,naho ubundi uyu mugabo niba yatagiye kwitwara uko ntagihe bamaranye nareke kuba umwana areke batandukane ariko yitonde ntasame kuko aramutse abyaye umwana yazahura nibibazo atazi uko byatagiye,ikindi kandi baramutse batandukanye azitonde yokuyita yirukanyira gushaka undi azabanze atuze maze azabe ashaka niba uwo muganga akimukunda azakomeza amutegereze,azamubwireko atarabyakira kandi azashishoze,murakoze cyane.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta  Abanyarwanda
ITOHOZA

Inzego z’ubutasi za Uganda [ CMI ] zubuye ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda

Ubwanditsi 29 Mar 2018
AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini
INKURU NYAMUKURU

AMANOTA YASOHOTSE : “SMS” n’urubuga rwa REB nibyo biri kwifashishwa mu kureba amanota y’bizamini

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix
Amakuru

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ubwanditsi 06 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru